• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017 Mu Mahanga

Abaturage bo muri Uvira, ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baraye mu icuraburindi baramukira mu bwoba bwinshi nyuma y’aho abantu bitwaje intwaro baje mu mato bagabye igitero mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 28 Nzeri kuri uyu mujyi uherereye ku nkengero z’ikiyaga cya Tanganyika.

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 27 Nzeri, abo bantu bitwaje ibirwanisho bari bagerageje gutera Uvira baturutse mu misozi ikikije umujyi mu burengerazuba, ariko ingabo za Congo zibasha kubasubiza inyuma.

Inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai wa William Yakutumba zari zasezeranyije ko zigiye kwigarurira Uvira nyuma yo gufata agace ka Mboko ku Cyumweru gishize, itariki 24 nzeri.

Nk’uko byemejwe n’abatangabuhamya batifuje ko amazina yabo atangazwa, ngo mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, abantu bitwaje ibirwanisho bagabye igitero kuri Uvira baje mu mato, ingabo za leta zibarasaho ndetse ngo zangiza amato abiri.

-8153.jpg

Mai Mai. William Yakutumba

Umwe mu batangabuhamya aragira ati: “Hano ibintu biteye ubwoba mu by’ukuri. Hari ukurasa hirya no hino. Hari amato yaturutse ku ruhande rw’umwanzi. Amato ane yaje ariko abiri yamaze gusenywa.”

Uyu mutangabuhamya yakomeje avuga ko batazi aho abateye baturutse mu Kiyaga cya Tanganyika, ariko ko amato ane ari yo yateye Uvira ariko ngo kubw’amahirwe FARDC ikaba yasenye abiri andi abiri agahunga.

Iyi nkuru dukesha RFI irakomeza ivuga ko imirwano yabereye ahitwa Kabimba, mu majyepfo ya Uvira, aho ngo amasasu yatangiye kumvikana ahagana saa kumi n’imwe za mugitondo ariko ngo kubw’amahirwe ingabo za leta zikaba zari ziri maso.

Umwe mu batangabuhamya kandi uvuga ko baheze mu mazu bakaba bumva gusa ibintu biturika, avuga ko kuri ubu inyeshyamba ziri mu nkengero z’umujyi zitarabasha kuwinjiramo.

2017-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Bugesera: Afunzwe akekwaho kwiyitirira imirimo adakora akanatanga ibyangombwa by’ibihimbano

Bugesera: Afunzwe akekwaho kwiyitirira imirimo adakora akanatanga ibyangombwa by’ibihimbano

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye
HIRYA NO HINO

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir
IMIKINO

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru