• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017 POLITIKI

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa 4 w’igihugu cya Kenya kuva tariki 9 Mata 2013, ni umugabo wubatse ufite umugore witwa Margaret Gakuo Kenyatta bafitanye abana batatu barimo uwitwa Jaba Kenyatta, Jomo Kenyatta ndetse na Nagina Kenyatta. Amateka y’uyu mugabo yarushijeho kuba umwihariko tariki 01 Nzeri 2017 ubwo hatangazwaga inkuru ivuga ko we ubwe yemereye urukiko rw’ikirenga gusubiramo amatora yari yatsinze ku majwi 54%

Uhuru Kenyatta Muigai wavutse tariki 26 Ukwakira 1961, ni umuhungu wa Jomo Kenyatta wabaye Perezida wa mbere wa Kenya. Uyu muryango ufite inkomoko mu bo biba Ababantu bo muri Kikuyu ku butaka bw’igihugu cya Kenya ari naho Uhuru Kenyatta yakuriye, aza kwiga amashuri ye abanza mu murwa mukuru wa Nairobi ayisumbuye ayiga ku ishuri rya St Mary’s School naryo riherereye muri uyu mujyi wa Nairobi. Yaje gukomereza muri kaminuza ya Amhrest College yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yavuye agaruka muri Kenya gukomeza ubuzima busanzwe no kwita ku muryango we.

Ibitangaje kuri uyu mugabo ni byinshi birimo no kuba yaratsinze amatora bigatangazwa ku isi hose ko ari we wabaye Perezida atsinze amatora n’amajwi 54% nyuma hategerejwe ko arahira agatangira imirimo, isi yose yumva ngo amatora yaseshwe azasubirwamo. Hari ibindi bintu bitangaje tugiye kugarukaho muri iyi nkuru.

Uhuru Kenyatta, Umugore we Margaret Kenyatta hamwe n’abana babo batatu

1. Yavutse se umubyara amaze amezi abiri avuye muri gereza

Uhuru Kenyatta ni umuhungu wa Jomo Kenyatta na Nanga Kenyatta, bamwibarutse mu bihe bigoye cyane ko aribwo iki gihugu cyari kiri mu nkundura yo kurwanira ubwigenge cyabonye mu mwaka w’1964 ndetse Jomo Kenyatta ahita akibera Perezida wa mbere kugeza mu mwaka w’1978. Mu gihe Uhuru yavukaga se umubyara Jomo Kenyatta yari umwe mu bari bayoboye iyi nkundura yo guharanira ubwigenge bwa Kenya bikaba byaraje kurangira koko iki gihugu kigobotoye ingoyi y’Abongereza bari barabakoronije

2. Izina rye risobanuye byinshi ku gihugu cya Kenya

Uhuru Kenyatta wavutse se ari umwe mu bari bayoboye inkundura yo guharanira ko Kenya iva mu maboko y’abakoroni b’Abongereza ndetse aranabifungirwa gusa yaje gufungurwa mbere gato y’ivuka ry’umuhungu we yahise yita izina rya Uhuru. Iri zina rikaba ari ijambo ry’igiswayire risobanuye ubwigenge (Freedom).

Urubuga Wikipedia rugaragaza ko iri zina (Uhuru) Jomo Kenyatta yaryise umuhungu we ahanini kubw’ubwigenge igihugu cya Kenya cyiteguraga kubona, Kugeza ubu hari n’ibikorwa byinshi byitiriwe iri zina rya Uhuru aho usanga hari nk’umuhanda cyangwa ivuriro ryitwa Uhuru. ubusanzwe Jomo Kenyatta akaba yarabyaye abana 8 barimo abakobwa bane n’abahungu bane.

3. Uhuru yakundaga umukino wa Rugby

Uhuru Kenyatta mu mabyiruka ye by’umwihariko ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye yakundaga gukina umukino wa Rugby ndetse akaba yari n’umwe mu bakinnyi ikipe y’ikigo itabashaga gukina atarimo kuko yari umuhanga muri uyu mukino. Mu bijyanye n’imyidagaduro bivugwa ko akunda cyane ibihangano bya Bob Marley,

4. Yabanje gukora muri Bank

Bivugwa ko n’ubwo Uhuru Kenyatta yavukiye mu muryango w’abanye-politiki ariko we yatinze kwinjira mu bikorwa bya Politiki cyane ko akirangiza kaminuza yabanje kujya mu bikorwa by’ubucuruzi nyuma aza kubivamo akora muri bank ya KCB(Kenya Commercial Bank) kugeza mu mwaka w’1989 ari nabwo yatangiye kuvugwa mu ruhando rwa Politiki yo muri Kenya.

5. Mbere yo kuba Perezida yakoze imirimo inyuranye muri Guverinoma

Kenyatta yagizwe umudepite na Perezida Daniel arap Moi wayoboraga Kenya muri 2001 nyuma gato muri 2002 aza kugirwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu.
Muri 2005 Kenyatta yahatanye mu matora y’ishyaka rya KANU gusa aza gutsindwa na Nicholas Biwott. Ibikorwa bya Politiki kuri Kenyatta byakomeja ubwo nyuma gato muri uyu mwaka nibwo yaje gufatanya n’iri shyaka rya KANU mu kwamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga.

Tariki 13 Nzeri 2007, Uhuru Kenyatta yiyamarije bwa mbere kuba Perezida wa Kenya ariko atsindwa na Kibaki gusa Kenyatta yavuze n’ubwo atatsinze amatora bwose atifuzaga kuba Perezida.

Perezida Moi Kibaki wari watsinze amatora muri 2007, yaje kongera kugirira icyizere Uhuru maze amugira Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Nyuma gato tariki 13 Mata 2008 Uhuru Kenyatta yagizwe Minisitiri w’intebe icyo gihe yari anashinzwe ubucuruzi
Muri 2010 , Kenyatta yashyikirijwe urukiko mpanabyaha rwa ICC ashinjwa guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu abinyujije mu gutera inkunga abahohoteraga abaturage ba Naivasha na Nakuru.

Tariki 9 Werurwe nibwo Uhuru Kenyatta yabaye Perezida wa kane wa Kenya.

6.Kenyatta afite umwihariko wo gutsinda amatora agateshwa agaciro

Tariki 01 Nzeri 2017, Inkuru idasanzwe yumvikanye mu batuye isi by’umwihariko abo mu gihugu cya Kenya ivuga ko Urukiko rw’Ikirenga rwo muri iki gihugu rwemeje ko Perezida Uhuru Kenyatta uherutse gutorerwa kongera kuba Perezida mu matora yabaye tariki 8 Kanama 2017, yatowe mu buryo budakurikije amategeko ndetse ibyavuye mu matora bikaba byateshejwe agaciro mu buryo budasubirwaho.

Benshi mu batuye isi by’umwihariko abakurikirana ibya Politiki ya Afurika bahanze amaso iki gihugu cya Kenya bategereje uko Uhuru Kenyatta aza kwakira ibyatangajwe n’uru rukiko nyuma y’igitutu gikomeye uru rukiko rwari rwakomeje kotswa na Raila Odinga uhagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenyatta n’ishyaka ayoboye rya Jubilee.

Uhuru Kenyatta ntabwo yigeze azuyaza ndetse byafashwe nk’ibitunguranye ubwo nawe yemeye ko amatora asubirwamo ndete agategeka ko komisiyo y’amatora ihita itangaza itariki y’amatora ndetse abakandida barongera batangira kwiyamamaza bundi bushya ari narwo rugendo bakirimo kugeza ubu

Raila Odinga na Uhuru Kenyatta bakunze guhora bahanganye

Kugeza ubu nyuma y’uko itariki yo gusubiramo aya matora yakomeje kujya itangazwa impande zombie ntiziyivugeho rumwe noneho ubu byamaze kwemezwa ko ku wa 26 Ukwakira aribwo aya matora y’umukuru w’igihugu,ibi bikaba byashimangiwe mu mpera z’icyumweru n’aba bayobozi babiri baba bahanganye ( Uhuru Kenyatta na Raila Odinga) ubwo bari bahuriye mu muhango wo gushyingura

Uhereye I Bumoso:Jaba Kenyatta , Nagina Kenyatta, Margaret(Umugore), Uhuru Kenyatta, ndetse na Jomo Kenyatta



Uhuru Kenyatta Muigai, Umuhungu wa Jomo Kenyatta umwe mu baharaniye ubwigenge bwa Kenya

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi
Mu Mahanga

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Ubwanditsi 06 Apr 2016
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri
Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru