• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amateka ya Chan kuva igitangira

Amateka ya Chan kuva igitangira

Ubwanditsi 06 Jan 2016 IMIKINO

Irushanwa mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CHAN riteganyijwe gutangira tariki ya 16 Mutarama kugeza tariki ya 7 Gashyantare 2016, mu gihugu cy’U Rwanda hazakinirwa imikino y’igikombe cy’Afurika gihuza bakinnyi baba bakina mu makipe mu bihugu byabo batarabigize umwuga ku mugabane w’Uburayi. Cyangwa ahandi mu bindi bihugu.

-1677.jpg

Iyo mikino ni ku nshuro ya kane igiye gukinwa, kuko ku nshuro ya mbere iyo mikino yakiniwe mu gihugu cya Côte d’Ivoire hagati y’itariki ya 22 Gashyantare kugeza tariki ya 08 Werurwe mu mwaka 2009.

Igitekerezo cyo gutangiza iri rushanwa rizwi ku izina rya (African Nations Championship) cyemejwe tariki ya 11 Nzeri 2007, cyemejwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Amakipe yatangiye amajonjora, amakipe yabonye itike aza gupagwa uko azakina hari kuwa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2008, uwo muhango wabereye mu mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Iryo rushanwa rikinwa bwa mbere ryitabiriwe n’amakipe 8, ariyo Côte d’Ivoire (Host country) nk’igihugu cyakiriye iryo rushanwa, Libya, Senegal ,Ghana, Congo DR, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

-1678.jpg

Igikombe cyegukanywe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itsinze ikipe y’igihugu ya Ghana ibitego 2-0.

Ikipe yabashije kwegukana umwanya wa gatatu n’ikipe y’igihugu ya Zambia nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Senegal ibitego 2-1.

Imikino ya CHAN 2009, yakiniwe muri Côte d’Ivoire imikino yose yabereye mu mijyi ibiri Bouaké na Abidjan, bakiniraga kuma Stade abiri iyitwa Stade Bouaké yakira abantu ibihumbi 35 hari kandi Stade Félix Houphouët-Boigny yakira nayo abantu ibihumbi 35, hakinwe imikino 16 hinjiramo ibitego 29.

Umukinnyi watsinze ibitego byishi (Top scorer) ni Given Singuluma yinjije ibitego bitanu (5 goals) umunnyi wakiniraga Zambia.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Tresor Mputu, wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku nshuro ya kabiri irushanwa rya CHAN, ryabereye mu gihugu cya Sudan hari mu mwaka 2011.

-1679.jpg

Igikombe cyegukanywe na Tunisia nyuma yo gutsinda Angola ibitego 3-0. Kuva iki gihe nibwo irushanwa ryatangiye kwitabirwa n’amakipe 16 bitandukanye n’irushanwa ryabaye ku nshuro ya mbere.

Mu mikino 32 yakinwe hinjiyemo ibitego 59.

Abakinnyi batsinze ibitego byishi (Top scorers) ni batanu binjije ibitego bitatu (3 goals): El Arbi Hillel Soudani, wo muri Algeria, Myron Shongwe, wo muri Afurika y’epfo, Mudathir El Tahir, wo muri Sudan na Zouheir Dhaouadi, Salema Gasdaoui, bo muri Tunisia.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Zouheir Dhaouadi, wo muri Tunisia.

Ku nshuro ya gatatu irushanwa ryabereye mu gihugu cya Afurika y’epfo mu mwaka 2014, ni nyuma yaho igihugu cya Libya kitaryakiriye nkuko byari biteganyijwe ko ariho imikino izabera.

Libya nubwo itakiriye imikino niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Ghana kuri Penaliti 4-3 naho umukino wari warangiye nta kipe ibashije gutsinda indi igitego 0-0.

-1680.jpg

Mu mikino 32 yakinwe hinjiyemo ibitego 73.

Umukinnyi watsinze ibitego byishi (Top scorer) ni Bernard Parker yinjije ibitego bine (4 goals) umunnyi wakiniraga Afurika y’Epfo.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Ejike Uzoenyi, wo muri Nigeria.

-11.gif

Ku nshuro ya kane CHAN 2016 igiye kubera mu Rwanda, amakipe 16 azitabira

-1681.jpg

imikino agabanyije mu matsinda akurikira.

Itsinda rya mbere: Rizakinira kuri sitade Amahoro

• Rwanda
• Cote d’Ivoire
• Morocco
• Gabon
Itsinda rya Kabiri: Rizakinira i Huye

• DRC
• Ethiopia
• Cameroun
• Angola
Itsinda rya 3: Rizakinira i Nyamirambo

• Tunisia
• Guinea
• Niger
• Nigeria
Itsinda rya 4: Rizakinira i Rubavu

• Zimbambwe
• Zambia
• Uganda
• Mali

Irushanwa rya CHAN 2018 biteganyijwe ko rizabera muri Kenya, naho CHAN 2020 iteganyijwe kuzabera muri Ethiopia.

M.Fils

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Ubwanditsi 05 Feb 2018
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Ubwanditsi 09 Aug 2016
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 01 Oct 2025
Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga
INKURU NYAMUKURU

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru