• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Akaichi ku ruhande rwa Tunisia n’ibindi bibiri bya Camara Agogo ku ruhande rwa Guinea, ni byo bibonetse mu mukino wa mbere wo mu itsinda C kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Mutarama 2016, aho amakipe yombi anganyije 2-2.

-1858.jpg
Abakinnyi ba Tunisie bameze gutsindwa igitego

Ni umukino wabimburiye iyindi yose izakinirwa kuri stade Regional ya Nyamirambo muri CHAN y’uyu mwaka, iri kuba ku nshuro ya kane hano mu Rwanda. Tunisia imaze kwegukana iri rushanwa inshuro imwe, mu 2011 ubwo ryaberaga muri Sudani mu nshuro imwe rukumbi yarikinnye mu myaka yashize, yatangiye yugarira bikomeye imbere ya Guinea yakinaga CHAN ku nshuro ya yo ya mbere.

Tunisia yabonye koruneli ya mbere ku munota wa 4, ku mupira wari uhinduwe na Mathlouthi ariko barawurenza. Ku munota wa 8, Guinea yabonye amahirwe y’igitego ku buryo bukomeye bwa Alseny Camara Agogo ariko umupira uca hejuru y’izamu.

-1859.jpg
Abakinnyi ba Guinea barigaragaje cyane

Tuniziaya yakomeje kotsa igitutu Guinea, ibona koruneli ebyiri zitagize icyo zitanga.
Guinea na yo yanyuzagamo igasatira ariko igasanga ubwugarizi bwa Tunisia bugizwe na Bergali, Ben Amor, Maâloul na Boughattas, buhagaze neza.

Ku munota wa 21, arebana n’izamu rya Tunisia, Haba yananiwe kwinjiza umupira mu rushundura, ari nako umupira ujya muri koruneli nyuma yaho myugariro wa Tunisia yari awukozeho. Sily national, ikipe y’igihugu ya Guinea yakomeje gusatira bikomeye, obona koruneli zitandukanye ariko bikomeza kwanga.

Tunizia yabonye coup-franc yo ku murongo w’urubuga rw’amahina rwa Guinea ubwo Conde yakoreraga ikosa kuri Akaichi. Bguir yahannye iri kosa ariko ishoti yateye rigarurwa n’urukuta. Nyuma y’amasegonda make, Ahmed Akaichi yacomotse muri bamyugariro ba Guinea, ahagurutsa abafana bake ba Tunisia bari i Nyamirambo ku munota wa 33.

Tunisia yongeye kubona amahirwe budateye kabiri, ariko Akaichi arobye umunyezamu wa Guinea, umupira ukubita umutambiko w’izamu usubira mu kibuga.
Guinea yasimbuje hakiri kare ubwo Mohamed Youla yinjiraga mu mwanya wa Conde wavunitse. Abanya Guinea bahushije uburyo bw’igitego bwari bubonywe na Sylla Iyanga.

-1860.jpg
Rutahizamu wa Guinea Camara wigaragaje cyane

Ku munota wa 40 w’umukino, Camara Agogo wari wahushije uburyo butandukanye mu minota yabanje yishyuye igitego cya Guinea ku mupira wari uhinduwe na Sylla Iyanga wakinaga imbere ku ruhande rw’ibumoso.

Mbere y’uko bajya mu karuhuko, Guinea yongeye kubona andi mahirwe ubwo Bangourra yahinduraga umupira ariko Haba umutwe we ntiwakundira.
Sankhon yateye ishoti rikomeye mu minota y’inyongera ahana ikosa rya Tunisia, ariko umuzamu Jridi awushyira muri koruneli.

Ku munota wa 50, Tuniziya yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Akaichi nyuma yo kwiruka agasiga ab’inyuma ba Guinea, anyuze ku ruhande rw’iburyo maze umunyezamu Keita wa Guinea, ahindukiye asanga incundura zinyeganyega.
Tuniziya yongeye kubona andi mahirwe ariko noneho Keita abasha kugarura umupira wari utewe na Rejaibi.

Aboubacar Kyle yabuze amahirwe yo kwishyurira Guinea ubwo umupira yateraga wagarurwaga na Mathlouthi, abenshi bakikanga ko yawugaruje ukuboko, maze umusifuzi yemeza koruneli itagize icyo itanga.
Guinea yihariye igice cya kabiri cyabonestemo guhusha ibitego byabazwe ku mpande zombi.

Ku mupira wari uvuye muri Corner ya Daouda Camara, Alseny Camara Agogo yatsinze igitego cyo kunganya ku munota wa 83 w’umukino.
Impande zombi zakomeje gushaka igitego cy’intsizi ariko iminota 90 y’umukino irangira banganya ibitego 2-2.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uhuza Nigeria na Niger, ibihugu by’ibituranyi mu burengerazuba bwa Afurika, byisanze hamwe mu itsinda rya gatatu.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Tunisia: 1 R. Jridi, 21 Z. Derbali, 12 A. Maâloul, 4 Z. Boughattas, 14 M. Ben Amor, 13 K. Aouadhi, 15 M. Manser, 11 A. Rejaibi, 18 S. Bguir, A. Akaïchi, 17 H. Mathlouthi
Umutoza: Henry Kasperczak

Guinea: 16 A. Keita, 13 Alseny Camara, 21 I. Conde, 23 Aboubacar Leo Camara, 3 I. Bangoura, 8 I. Soumah, 6 I. Sankhon, 12 Aboubacar Sylla Iyanga, 7 B. Haba, 15 Alseny Camara Agogo, 17 D. Camara
Umutoza: Luis Miguez Fernández

M.Fils

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Ubwanditsi 25 Sep 2019
APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa”  -Padiri Nahimana
Mu Mahanga

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa” -Padiri Nahimana

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup
Amakuru

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Ubwanditsi 15 Aug 2022
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro
POLITIKI

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru