• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Editorial 03 Feb 2016 Mu Mahanga

Ku wa 31 Mutarama, umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Kayenzi, Inspector of Police (IP) Augustin Mbonyumugenzi yagiranye inama n’urubyiruko rugera kuri 500 rwa Paruwasi gaturika za Kabgayi mu karere ka Muhanga na Kayenzi mu karere ka Kamonyi, rwari rwahuriye i Kayenzi, aruha ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu , n’uko bakwirinda kugwa mu mutego w’abarikora.

Iyo nama yagiranye na rwo yabereye mu kagari ka Bugarama, ikaba yaritabiriwe kandi na Padiri wa Paruwasi ya Kayenzi, Munyangaju Ronald.

IP Mbonyumugenzi yabwiye urwo rubyiruko ko icuruzwa ry’abantu ritarafata intera ndende mu Rwanda, ariko yongeraho ko, n’ubwo bimeze bityo, hari abantu bamwe na bamwe bafashwe ndetse bashyikirizwa inkiko kubera kubugiramo uruhare.

Yababwiye ati:”Abakora ubwo bucuruzi bigaragaza nk’abanyampuhwe bagamije gufasha abo baba bashaka kujya gucuruza, ariko mu by’ukuri, ibigaragara nko kugira neza biba byihishe inyuma iyo migambi mibisha.”

Yakomeje abasobanurira ko bene abo bantu bizeza abo bashaka kujya gucuruza ko bazabaha cyangwa bakabashakira imirimo n’amashuri byiza mu mahanga.

IP Mbonyumugenzi yababwiye kandi ati:”Iyo babagejejeyo, babambura ibyangombwa byose, hanyuma bakabakoresha imirimo y’agahato ndetse y’ingufu kandi nta gihembo, cyangwa bakabacuruza mu bikorwa binyuranye by’ubusambanyi.”

Yagize ati:”Ni gute umuntu mutaziranye, mutanafitanye isano, aza akakwizeza ibitangaza nka biriya ukabyemera ! Uba ukwiriye guhita utahura ko izo mpuhwe ari iza bihehe, ko zihishe inyuma umugambi mubisha, bityo ukamwamaganira kure, kandi ugahita ubimenyesha Polisi y’u Rwanda cyangwa izindi nzego zibishinzwe zirimo iz’ibanze kugira ngo ahite afatwa atararenga umutaru.”

IP Mbonyumugenzi yabahaye kandi ubumenyi ku bwoko bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi zabyo, kandi abasaba kubyirinda no kubirwanya baha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa, ababitunda, n’ababicuruza.

Yabwiye urwo rubyiruko ko ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, no gusambanya abana bikorwa akenshi n’abanyoye ibiyobyabwenge nk’urumogi ndetse n’ibindi.

Yarusobanuriye ko bishobora kandi kubashora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi bukurikirwa rimwe na rimwe n’ingaruka zirimo kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina,cyangwa gutwara inda zitateganyijwe.

Padiri Munyangaju yashimye Polisi y’u Rwanda kuri ubwo bumenyi yahaye urwo rubyiruko, maze arusaba gukurikiza inama zose rwagiriwe no kuzabusangiza urundi rubyiruko rugenzi rwarwo.

Umwe muri rwo witwa Niyonsenga Papias yagize ati:”Sinari nsobanukiwe ukuntu umuntu yacuruza undi, ariko nyuma y’iyi nama nabimenye bihagije ku buryo nta wagira aho ampera ngo abinkorere, ndetse n’uwahirahira abihingutsa, nahita mbimenyesha Polisi y’u Rwanda kuko nomero za terefone zayo ndazizi.”

Yongeyeho ko yamenyeye muri iyo nama ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka zabyo , n’uruhare rwe mu kubirwanya.

RNP

2016-02-03
Editorial

IZINDI NKURU

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Editorial 04 Oct 2019
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Editorial 20 May 2024
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Editorial 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Editorial 05 Sep 2021
Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!
Amakuru

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Editorial 31 Dec 2020
Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana
HIRYA NO HINO

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Editorial 30 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru