• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Feb 2016 Mu Mahanga

Ku wa 31 Mutarama, umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Kayenzi, Inspector of Police (IP) Augustin Mbonyumugenzi yagiranye inama n’urubyiruko rugera kuri 500 rwa Paruwasi gaturika za Kabgayi mu karere ka Muhanga na Kayenzi mu karere ka Kamonyi, rwari rwahuriye i Kayenzi, aruha ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu , n’uko bakwirinda kugwa mu mutego w’abarikora.

Iyo nama yagiranye na rwo yabereye mu kagari ka Bugarama, ikaba yaritabiriwe kandi na Padiri wa Paruwasi ya Kayenzi, Munyangaju Ronald.

IP Mbonyumugenzi yabwiye urwo rubyiruko ko icuruzwa ry’abantu ritarafata intera ndende mu Rwanda, ariko yongeraho ko, n’ubwo bimeze bityo, hari abantu bamwe na bamwe bafashwe ndetse bashyikirizwa inkiko kubera kubugiramo uruhare.

Yababwiye ati:”Abakora ubwo bucuruzi bigaragaza nk’abanyampuhwe bagamije gufasha abo baba bashaka kujya gucuruza, ariko mu by’ukuri, ibigaragara nko kugira neza biba byihishe inyuma iyo migambi mibisha.”

Yakomeje abasobanurira ko bene abo bantu bizeza abo bashaka kujya gucuruza ko bazabaha cyangwa bakabashakira imirimo n’amashuri byiza mu mahanga.

IP Mbonyumugenzi yababwiye kandi ati:”Iyo babagejejeyo, babambura ibyangombwa byose, hanyuma bakabakoresha imirimo y’agahato ndetse y’ingufu kandi nta gihembo, cyangwa bakabacuruza mu bikorwa binyuranye by’ubusambanyi.”

Yagize ati:”Ni gute umuntu mutaziranye, mutanafitanye isano, aza akakwizeza ibitangaza nka biriya ukabyemera ! Uba ukwiriye guhita utahura ko izo mpuhwe ari iza bihehe, ko zihishe inyuma umugambi mubisha, bityo ukamwamaganira kure, kandi ugahita ubimenyesha Polisi y’u Rwanda cyangwa izindi nzego zibishinzwe zirimo iz’ibanze kugira ngo ahite afatwa atararenga umutaru.”

IP Mbonyumugenzi yabahaye kandi ubumenyi ku bwoko bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi zabyo, kandi abasaba kubyirinda no kubirwanya baha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa, ababitunda, n’ababicuruza.

Yabwiye urwo rubyiruko ko ibyaha nko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, no gusambanya abana bikorwa akenshi n’abanyoye ibiyobyabwenge nk’urumogi ndetse n’ibindi.

Yarusobanuriye ko bishobora kandi kubashora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi bukurikirwa rimwe na rimwe n’ingaruka zirimo kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina,cyangwa gutwara inda zitateganyijwe.

Padiri Munyangaju yashimye Polisi y’u Rwanda kuri ubwo bumenyi yahaye urwo rubyiruko, maze arusaba gukurikiza inama zose rwagiriwe no kuzabusangiza urundi rubyiruko rugenzi rwarwo.

Umwe muri rwo witwa Niyonsenga Papias yagize ati:”Sinari nsobanukiwe ukuntu umuntu yacuruza undi, ariko nyuma y’iyi nama nabimenye bihagije ku buryo nta wagira aho ampera ngo abinkorere, ndetse n’uwahirahira abihingutsa, nahita mbimenyesha Polisi y’u Rwanda kuko nomero za terefone zayo ndazizi.”

Yongeyeho ko yamenyeye muri iyo nama ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka zabyo , n’uruhare rwe mu kubirwanya.

RNP

2016-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo

AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo

RUSHYASHYA 12 Jun 2026
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu
Mu Rwanda

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Ubwanditsi 12 Sep 2017
Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa
POLITIKI

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine
HIRYA NO HINO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine

Ubwanditsi 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru