• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda bagera kuri 20 bahungiye kuri Ambasade y’u Rwanda muri Zambia iherereye mu mujyi wa Lusaka nyuma yo guhohoterwa n’insoresore zigaragambyaga zibasira abanyamahanga zibashinja ubwicanyi.

Abigaragambya bavuga ko abanyamahanga bari muri Zambia bica abaturage b’icyo gihugu bagakoresha ibice by’umubiri byabo mu bikorwa by’ubukonikoni n’ubupfumu.

Gusa bimwe mu binyamakuru byo muri Zambia bivuga ko iyo myigaragambyo yatewe na bamwe muri icyo gihugu batishimira ko abanyamahanga benshi barimo n’Abanyamarwanda babarusha gukora n’ubukire.

Uhagarariye u Rwanda muri Zambia wungirije, Abel Buhungu yavuze ko kuva urwo rugomo rwatangira hari abanyamahanga bamwe bishwe ariko ko nta Munyarwanda urimo.

Ati” Kuva ku wa Mbere twumvise ko hari babiri bishwe ariko kugeza ubu nta kimenyetso turabona kitwereka ko harimo Umunyarwanda. Hari Abanyarwanda 20 bamaze guhungira ku nyubako za Ambasade y’igihugu cyabo.”

Urugomo rwibasiye Abanyarwanda nyuma y’uko ibihuha bikwirakwira bishinje umwe muri bo ubwicanyi bushingiye ku bupfumu.

Buhungu yagize ati” Kuva hagati muri Werurwe abantu umunani barishwe. Ibihuha byakurikiyeho byashyiraga mu majwi ko ubwo bwicanyi bwakozwe n’Abanyarwanda. Bavuga ko Umunyarwanda ari we ubwihishe inyuma ariko polisi ivuga ko ari ibihuha nta na kimwe kibihamya.”

Kuva ku wa Mbere, urugomo rwibasiye amaduka y’abanyamahanga, bangiza ibikoresho byabo mu mujyi wa Lusaka, nyuma bisakara no mu bindi bice by’icyo gihugu.

-2693.jpg

-2692.jpg

-2691.jpg

Nguko uko byari byifashe

Uwakoze ubwo bwicanyi bwitirirwa Abanyarwanda yishe abantu bane abaciye amatwi, ubugabo n’imitima. Ku wa Gatandatu perezida Edgar Lungu yavuze ko bane batawe muri yombi kubera icyo kibazo.

Abanyarwanda baba muri Zambia babarirwa mu bihumbi bitandatu, benshi muri bo bafite amaduka mu duce dutuwe na benshi mu mijyi ya Zambia, ari natwo twibasiwe n’urugomo.

Umwanditsi wacu

2016-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond Platnumz yahishuye icyo byamusabye ngo azahure umubano we na Zari wari warajemo agatotsi

Diamond Platnumz yahishuye icyo byamusabye ngo azahure umubano we na Zari wari warajemo agatotsi

Ubwanditsi 17 Oct 2017
UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Ubwanditsi 18 Jul 2021
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize
POLITIKI

Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Himbara David na Command1post , Abambari ba Poropaganda za [ fake news ] ikorera muri Uganda ni bamese kamwe
ITOHOZA

Himbara David na Command1post , Abambari ba Poropaganda za [ fake news ] ikorera muri Uganda ni bamese kamwe

Ubwanditsi 08 May 2019
Ijambo Perezida Kagame yavuze atangiza #Kwibuka23 uko ryakabaye n’Ubutumwa burikubiyemo
Mu Rwanda

Ijambo Perezida Kagame yavuze atangiza #Kwibuka23 uko ryakabaye n’Ubutumwa burikubiyemo

Ubwanditsi 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru