• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016 Mu Mahanga

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye ibihugu bya Afurika gushyira hamwe bigaharanira kwiteza imbere kuko byamaze igihe kinini cyane bisigara inyuma y’ibindi.

Mu ijambo ryo gufungura ku mugaragaro inama ya WEF Africa 2016 kuri uyu wa Kane ku ya 12 Gicurasi 2016, Perezida Kagame yagarutse ku gaciro k’iterambere n’uburyo abatuye Afurika, basigaye inyuma bakaba bagomba gukora iyo bwabaga bakazamurana.

Avuga ku mpinduramatwara za kane mu bukungu, yasobanuye ko izazibanjirije zasize Afurika inyuma cyane mu iterambere, ku buryo kuri ubu uyu mugabane uri guhangana n’icyuho.

Ati” Impinduka za kane mu bukungu bushingiye ku nganda zubakiye ku zabanje zasize Afurika iri inyuma. Ubundi ntitwagakwiye kuba turi guhangana n’icyuho muri iki gihe izi mpinduka zishyirwa mu bikorwa. Tugomba gukoresha izi mpinduka za 4 mu bukungu mu nyungu za buri wese muri twe.”

Umukuru w’igihugu yongeyeho ko Abanyafurika bagomba kwiyumvisha ko nta wundi uzaturuka hanze ngo abateze imbere kuko nta na kimwe bazageraho batakiruhiye.

Yagize ati” Tugomba guteza imbere umugabane wacu twiyumvisha ko ntawundi uzabidukorera. Ntawe ukwiye guhezwa mu iterambere rya Afurika, abagabo n’abagore bagomba gushyira hamwe. Afurika ntabwo igomba guhora igenda inyuma ishaka gufata abandi mu mpinduka mu bukungu.”

Perezida Kagame yasobanuye ko iterambere ridashingiye ku bintu bigaragarira ijisho gusa, ahubwo ko rinagendana n’imibereho myiza y’abaturage.

Yasabye abayobozi kuzuza inshingano zabo, ntibace abaturagemo ibice ahubwo bakabafasha kwishyira hamwe, cyane ko nta terambere ryagerwaho abaturage batabigizemo uruhare.

-2792.jpg

Perezida Kagame asanga Afurika idakwiye gukomeza gusigara inyuma

2016-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Ubwanditsi 01 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports
Amakuru

Uburwayi bwatumye Uwayezu Jean Fidèle ahagarika kuyobora umuryango wa Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Sep 2024
Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru
Mu Rwanda

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru