• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu murenge wa Ndera bamaze imyaka n’imyaka basaba yuko umuhanda uva ahitwa kuri 15 ukanyura kubitaro by’abafite ubumuga bwo mu mutwe, ufata ku murenge ukanarengaho werekeza Musave no mu murenge wa Bumbogo washyirwamo kaburimbo ariko ntibikorwe kandi mu by’ukuri ubona byari bikwiye.

Muri bya bihe by’imvura tuvuyemo uyu muhanda warangiritse cyane, henshi hazamo ibinogo binini bituma imodoka zibisikana ku kaburembe. Abantu bamwe baje kugerageza gusiba ibyobo biri hafi y’aho batuye. Ibindi bigeragezwa gusibwa n’umuganda w’ubushize, naho ubuyobozi bw’umuremge burabunganira busiba hafi ibyobo byose byari byasigaye bidasibwe muri uwo muhanda.

Ibintu byakoreshejwe gusiba ibyo byobo n’ibitaka byagiye bikurwa ahantu hatandukanye.

Isibwa ry’ibyo byobo ryarafashije cyane kuko ubu abantu batakigenda bicekagura mu mamodoka kandi izo modoka zikabisikana neza. Ariko ibyo byobo byateje ikibazo gikomeye cy’umukungugu. Ubusanzwe uwo muhanda unyurwamo n’ibikamyo byinshi bya //ORIZON biba bigiye cyangwa bivuye gutunda ibitaka za Bumbogo cyimwe n’ibindi bikamyo bitunda amabuye.

Ibyo bikamyo uko byangiza uwo muhanda ni nako biba bitumura umukungugu mwinshi cyane ku buryo kigucaho kigasiga wabaye ivumbi gusa gusa, n’iyo giciye ku yindi modoka gisiga kiyihindanyije.

Uwo muhanda tuvuga uwusangamo amamoto cyangwa amagare menshi yunguruza abantu. Ariko ubu abantu benshi ntibagikunda kugendera kuri moto kubera uwo mukungungu. Uwo mu kungugu ni mwinshi cyane ku buryo umumotari cyangwa uwo ahetse bava nk’i Ndera mu gahoromani bakagera kuri kaburimbo (kuri 15) bahindutse umukungugu.

Uko babikora n’uko bajya kuri stasiyo ya essance, hahandi imodoka zishyirirwa mo umwuka mu mapine, bakishyura amafaranga 100 hanyuma bakabanza bakabahuha mbere yuko bakomeza urugendo.

-2832.jpg
Abaturage rero b’ako gace k’umurenge wa Ndera kimwe n’akandi gace ka Bumbogo bya bikamyo binyuramo baratabaza kuko iryo vumbi ribabangamiye cyane. Icyakorwa n’uko hashakishwa imodoka ikazajya imena amazi muri uwo muhanda. Ikindi na none cyakorwa n’uko habaho uburyo bw’uko ibyo bikamyo byagabanya umuvuduko, dore ko ibya //ORIZON byo byirukanka nk’ibiri mu marushanwa !

Kayumba Casmiry

2016-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi

Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma

Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma

Ubwanditsi 21 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”
IMIKINO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890
Mu Mahanga

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Ubwanditsi 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru