• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku itariki 14 Nyakanga, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yahaye impanuro itsinda ry’abapolisi 160 bajya mu butumwa bw’amahoro bw’umwaka umwe mu gihugu cya Haiti (United Nations Stabilization Mission in Haiti -MINUSTAH).

Uyu mutwe (RWAFPU7) urimo ab’igitsinagore 21 uyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Faustin Ntirushwa, ukaba ari itsinda rya karindwi ry’abapolisi b’u Rwanda bagiye koherezwa mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu.

Aba barajya gusimbura abagize umutwe wa gatandatu (RWAFPU6) bagiye muri ubu butumwa muri Nyakanga umwaka ushize, bikaba biteganyijwe ko bataha muri uku kwezi nyuma yo kwambikwa imidari y’ishimwe nk’ikimenyetso cy’imikorere myiza.

Mu nama yagiranye na bo ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, IGP Gasana yababwiye ati,”Kugira ngo U Rwanda rukomeze kugaragara neza ku ruhando mpuzamahanga, murasabwa kubahiriza indangagaciro za kirazira z’umuco nyarwanda n’iza Polisi y’u Rwanda, gukunda umurimo no kuwukora uko bisabwa, kubaha , kurangwa n’imyitwarire myiza, no kwitwara kinyamwuga.”

Yakomeje ababwira ati,”Murajya muri Haiti nk’abahagarariye amahoro, umutekano, n’ituze, kandi mugiye gukomereza aho bagenzi banyu bababanjirije basubikiye mu nyaka ishize…bityo mukomeze kuzamura Ibendera ry’u Rwanda. Uruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro ruragaragara. Iryo shema ry’igihugu rigomba gusigasirwa haba mu karere ruherereyemo ndetse no hanze yako.”

IGP Gasana yagize kandi ati,” Nubwo imico n’ubunararibonye by’abari mu butumwa bw’amahoro binyuranye bitewe n’uko baturuka mu bihugu bitandukanye , bahuzwa no gufatanya kugarura amahoro mu gihugu boherejwemo. Murasabwa rero gukorana neza n’abandi baturuka mu bindi bihugu ari na ko mwigira ku bunararibonye bwabo kuko “kwiga bidashira.”
Iyoherezwa ry’aba 160 (RWAFPU7) ritumye U Rwanda rugera ku mubare w’abapolisi 1080 bakorera hamwe (FPU) rwohereje mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu kuva mu 2010.

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite hafi abapolisi 1000 mu butumwa bw’amahoro bakaba barimo 820 bagize imitwe itanu y’abakorera hamwe (Formed Police Units-FPUs).

Imitwe itatu muri iyo itanu y’abakorera hamwe igizwe n’abapolisi 420 bari muri Central African Republic naho 240 bakaba bari muri South Sudan.

-3289.jpg

U Rwanda ubu ni urwa kabiri ku isi mu kugira umubare munini w’igitsinagore mu butumwa bw’amahoro, rukaba muri rusange ari urwa gatatu ku isi mu kugira umubare munini w’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro nyuma ya Bangladesh iza ku mwanya wa kabiri na Senegal ya mbere .

RNP

2016-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B

Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza
SHOWBIZ

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.
Amakuru

Umuhigi ahindutse umuhigo: Tshisekedi yibwiraga ko uruzinduko rwa Papa Francis ruzamufasha gukomeza kubeshya amahanga, none ahubwo rumwambitse ubusa ku manywa y’ihangu.

Ubwanditsi 02 Feb 2023
Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru