• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Editorial 29 Aug 2016 Mu Mahanga

Inama ya 13 y’Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga mu bihugu bigize aka karere National Central Bureaus (NCB) ejo bahuriye i Kigali mu nama ibanziriza Inama Rusange ya 18 y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) iteganijwe gutangira tariki 31 Kanama.

Abitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga mu bihugu bigize aka karere baturuka muri Uganda, Tanzania, Somalia, Sudani, Sudani y’Epfo, Ethiopia, Kenya, Djibouti n’u Rwanda; bunguranye ibitekerezo ku bufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha ndenga mipaka.

Iyi nama izakurikirwa n’izindi zizasuzuma ibibazo by’umutekano, hanyuma ibizivuyemo bishyikirizwe Komite Mpuzabikorwa Ihoraho (Permanent Coordination Committee – PCC) igizwe n’Abayobozi b’Amashami y’Ubugenzacyaha ya Polisi ya buri gihugu cyo muri uyu Muryango.

Imyanzuro y’Inama y’Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga mu bihugu byo muri aka karere (EAPCO) n’iy’ Abayobozi ba Komite Mpuzabikorwa Ihoraho (PCC) izashyikirizwa Inama y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Aba nibamara kuyisuzuma no kuyikorera ubugororangingo bazayishyikiriza ba Minisitiri b’Umutekano mu bihugu bigize uyu Muryango kugira ngo bayemeze, hanyuma ikazatangazwa ku musozo w’Inama Rusange y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Inama y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere yateguwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye bwa Polisi Mpuzamahanga (Interpol). Mu bizayikorwamo harimo imyitozo yo ku rwego ruhanitse ku kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga (Cyber Enabled Table-Top Exercise).

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga mu bihugu bigize uyu Muryango (EAPCCO), Umuyobozi w’Ishami rya Polisi Mpuzamahanga n’Ubutwererane muri Polisi Y’Urwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP), Tony Kulamba yagize ati:”Ibyaha ndenga mipaka bigira ingaruka mbi ku bukungu, iterambere n’umutekano w’igihugu byabereyemo, ku karere giherereyemo ndetse no hanze yako. Inama nk’izi ni ingenzi kubera ko ingamba zifatirwamo zituma birwanywa biruseho.”

Yakomeje agira ati:”Guteza imbere ubufatanye no kunoza imikoranire hagati y’ibihugu bigize uyu Muryango no kwita ku busabe bwa buri gihugu ni byo bizatuma turushaho kubirwanya; bityo abanyabyaha babure aho bihisha.”

ACP Kulamba yagize kandi ati:”Inama ya 13 y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri uyu Muryango n’andi mahirwe yo guhura no kungurana ibitekerezo ku buryo twanoza imikoranire yacu, bityo dusohoze inshingano zacu zo kubumbatira umutekano w’abantu n’ibyabo.”

Mu ijambo rye, Umuyobozi Wungirije w’Ibiro Mpuzabikorwa bya Polisi Mpuzamahanga ku rwego rwa Afurika, Precious Tlhabiwa yagize ati:”Inama ngaruka mwaka nk’izi ni urubuga rwiza rwo gusangira ubunararibonye, kumenyana no kungurana ibitekerezo ku byo dushinzwe .”

-3875.jpg

Uhagarariye Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere, Sothenes Makuri yagize ati:” Hakenewe ingamba zihamye zo kurwanya ibyaha ndenga mipaka nk’iterabwoba, icuruzwa ry’abantu, ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, ibyaha bijyanye no kwangiza ibidukikije, ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, n’ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya. Bene izi nama ni ingirakamaro kubera ko zitanga urubuga rwo kugaragaza ibibazo bifitanye isano n’umutekano bityo bigashakirwa umuti urambye.”

RNP

2016-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Editorial 13 Oct 2022
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 02 Apr 2022
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Editorial 13 Oct 2022
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 02 Apr 2022
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Editorial 13 Oct 2022
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru