• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016 Mu Rwanda

Nubwo umunsi wo gutangiza ibiganiro ku wa 02 Nzeri 2016 hagati y’abanyepolitiki, sosiyete sivile baturuka mu mashyaka atandukanye akorera ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntabwo ibyo biganiro nyiri izina byari byatangira bitewe ni uko bamwe mu banyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi batari babyumvikanaho.

Ibyo biganiro biri kubera mu Mujyi wa Kinshasa Umurwa mukuru wa RDC bikaba biyobowe na Edem Kodjo ufite inkomoko muri Togo akaba yarigeze kuba Ministiri w’Intebe w’icyo gihugu, bamwe mu banyepolitiki ntabwo bemera ko uwo muhuza ari we wayobora ibyo biganiro ahubwo bakifuza ko abanyekongo ubwabo ari bo babyikorera nta munyamahanga ubyivanzemo.

Ishyaka rya UDPS ryashinzwe na Etienne Kisekedi bo bavuga ko badashobora kwitabira ibyo biganiro aho bifuza ko imfungwa za politiki zabanza gufungurwa, bagatanga urubuga ku abanyamakuru mu gutangaza inkuru z’ibyo biganiro no kudakomeza gukurikirana abanyepoliki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Vital Kamerhe umunyepoliki utavuga rumwe n’ubutegetsi yagize ati ‘‘Turasaba ko ibiganiro byaba biretse kugira ngo twebwe abatavuga rumwe n’ubutegetsi tubanze twemeze bagenzi bacu na bo bazitabira ibyo biganiro harimo n’ishyaka rya Etienne Kisekedi’’.

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bo ku ruhande rwabo bavuga ko ibiganiro birimo kuba ari ibyo abagize umuryango w’amashyaka ari ku butegetsi bati ‘‘Twebwe ntabwo bitureba kuko ibiganiro biduhuza twese twari dutegereje ntabwo byari byatangira’’.

Nubwo bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batari bitabira ibyo biganiro ariko hari bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze kubyitabira, kuko umuhuza muri ibyo biganiro ari we Edem Kodjo yabitangije ku mugaragaro ku wa 01 Nzeri 2016.

Ibyo biganiro bihuza impuzamashyaka zituruka mu mashyaka atandukanye harimo abanyepolitiki, sosiyete sivile, ibyo biganiro bikaba bibera muri site yitiriwe ubumwe bw’Afurika mu Mujyi wa Kinshasa.

Ibyo biganiro birahuza amashyaka ashamikiye ku ishaka rya PPRD riyobowe na Perezida Joseph Kabila bita MP (Majororite Présidentielle) sosiyete sivile n’abandi b’inararibonye ku igiti cyabo bagiriwe icyizere bagahabwa ubutumire.

Abashyitsi muri uwo muhango hari Komiseri Mukuru w’Ubumwe bw’Afurika (AU) n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU).

Ibyo biganiro bigamije kwiga uburyo inzibacuho abanyekongo bayivamo nta mvururu zibayemo kuko nta ngengo y’imari y’amatora yabonetse, ibyo biganiro kandi bigamije ko amaraso y’abanyagihugu ataseseka aho mu bihugu bimwe by’Afurika byagiye byigaragaza nyuma y’amatora bitewe no kutumvikana hagati y’abafite inyota y’ubutegetsi.

-3939.jpg

Ibyo biganiro bizibanda uburyo ubutegetsi muri icyo gihugu bwasaranganywa, kuko uhereye ku wa 19 Nzeri 2016 manda ya Perezida Joseph Kabila yagombye kuba irangiye bikaba biteganyijwe ko iyo inama izashyira ahagaragara uburyo ubutegetsi buzaba buyobowe aho abanyekongo bagomba kusaranganya mbere y’amatora.

Abazitabira iyo nama ku rwego rw’igihugu bagomba kugena uzayobora ndetse n’uburyo bizakorwa nta mvururu kugira ngo abantu bakomeze kuba mu mahoro nta maraso amenetse.

Umwanditsi wacu

2016-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports
IMIKINO

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere
Amakuru

Gakenke : Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana
IMIKINO

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru