• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Urubyiruko rwo mu Itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima mu Rwanda (Evangelic Restoration Church), Paruwasi ya Nyarutarama rukomeje igiterane cy’ububyutse n’ivugabutumwa. Aho urubyiruko rusabwa kuba igitambo gishimwa n’Imana kandi rugatumbira Yesu Kristo mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Iki giterane gifite insanganyamatsiko igira iti “Boneza amaso imbere yawe ugumye uhatumbire kandi utunganye inzira z’ibirenge byawe, kugira ngo ube igitambo gihindura umuryango”, iyi nsanganyamatiko iri mu Imigani 4; 25- 27.

Iki giterane gikomeje kuzamo abavugabutumwa basizwe amavuta ndetse n’abahanzi bahimbaza Imana. Iki giterane cyatangiye tariki ya 25 Nzeri kugeza tariki ya 2 Ukwakira 2016, kibaba kibera i Nyarutarama hafi yo mu Kabuga ahari uru rusengero. Iki giterane cy’ububyutse kiba buri munsi kuva saa kumi kugeza saa moya n’igice z’ijoro mu minsi y’imibyizi ndetse no kuva saa munani z’amanywa kugeza saa moya n’igice z’ijoro mu minsi mu minsi y’isoza icyumweru (weekend).

Umushumba wa ERC Nyarutarama, Pastor Seruhungo Alphonse yavuze ko iki giterane gifite intego yo kwegereza urubyiruko Imana ndetse no kugira ngo urubyiruko rwegere Imana runakire agakiza babere ibitambo imiryango yabo nayo ihinduke.

Ubwo yatangizaga iki giterane ku mugaragaro, Apostle Masasu Joshua yavuze ko urubyiruko rufite imbaraga zihagije ku buryo babishatse bakorera Imana neza, aha kandi yatanze ubuhamya bw’uko yatangiye gukorera Imana akiri muto ku myaka gusa 22, aho yasenze akaba igitambo gishimwa n’Imana.

Apostle Masasu yagize ati “Nkirangiza icyiciro cya mbere cya kaminuza nari mfite gusa imyaka 22 nibwo natangiye gukorera Imana; namwe ndabasaba kwegera Imana no kuyikorera mukiri bato mufite imbaraga kandi muzabona imigisha myinshi mu buzima bwanyu.”

-4199.jpg

Umuyobozi w’urubyiruko rusengera kuri ERC Nyarutarama, Mwamini Zainabu avuga ko iki giterane kizakomeza kuba mu bihe bitandukanye kugira ngo urubyiruko rutandukanye rurusheho kubona umwanya wo kongera ubusabane bwabo n’Imana.

Abavugabutumwa basizwe babwirije urubyiruko barimo Apostle Joshua Masasu, Pastor Ngoga Innocent, Pastor Seruhungo Alphonse na Pastor Masasu Patrick, Pastor Ruzindana Jean Marie na Pascale Keza.

-4198.jpg

Abahanzi kandi bazataramira abazitabira igitaramo harimo Patient Bizimana, Gabby Irene Kamanzi, Liliane Kabaganza, Serge Iyamuremye, Nelson Mucyo, Arsene Tuyi na Kaneza Deborah. Ndetse hari n’abandi bahanzi benshi na worship teams zitandukanye harimo Total Praise worship team ya ERC Nyarutarama.

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37
Amakuru

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali
ITOHOZA

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru