• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Editorial 19 Oct 2016 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 19 Ukwakira 2016 Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite yatoye Oda Gasinzigwa nk’umudepite ugomba gusimbura Bazivamo Christophe uherutse kwegura ku mwanya wo guhagararira u Rwanda mu nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Abakandida babiri b’Umuryango RPF Inkotanyi ni bo bari bahatanye muri aya matora ari bo Gasinzigwa Oda wayoboye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ndetse na Kanamugire Callixte wigeze kuyobora Kacyiru.

Gasinzigwa yavuze ko kuba agiye guhagararira u Rwanda muri iyi Nteko ari akazi katoroshye ariko abona nk’ingenzi kuko afite ubunararibonye mu gukorera Abanyarwanda bityo ko yiteguye gufatanya n’abandi mu rugamba rwo guhangana no guteza imbere uyu muryango ndetse no guhangana n’imico itari myiza ikomeje kwinjirira ibi bihugu.

Yagize ati “Ni inshingano zitoroshye ariko z’ingenzi kuko ni igihe umuryango uhanganye n’ibibazo Isi irimo bijyanye n’ubukungu, umutekano, ubukene ndetse n’imico yinjira mu bihugu byacu nkumva mfatanije n’abandi bizamfasha kugira ngo tubashe kugira EAC ikora ibikorwa bifasha abaturage bawo.”

Gasinzigwa yavuze ko nk’uko u Rwanda rwagiye mu bihugu bya EAC kubera inyungu rwabibonagamo, na we yiteguye kwegera Abanyarwanda kugira ngo amahirwe avugwa muri uyu muryango ntabe amahirwe ari mu mpapuro.

-136.png

Mme Oda Gasinzigwa

Ati “Mpereye ku mahirwe nagiye ngira n’imirimo nagiye nkora yo kumenya ibyo igihugu; ibyo igihugu cyanjye cyifuza numva nzahagarara neza kugira ngo mbe navuganira ayo mategeko meza yadufasha kugira ngo inyungu dutegereje muri EAC mu bijyanye no kugira ngo abaturage bacu babashe kugira imibereho myiza mu kugira ngo habeho ubucuruzi buhamye bugirira inyungu abagize ibyo bihugu, n’ayo mahirwe avugwa ntabe ya mahirwe yo mu mpapuro gusa.”

Yakomeje avuga ko imigambi ajyanye ari ugufatanya n’abandi ariko na we akongeramo ubumenyi ndetse n’amateka afite kugira ngo abashe guhagararira neza Abanyarwanda.

Gasinzigwa yavutse mu 1967, afite umugabo n’abana bane, akagira icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imibanire y’abantu n’amajyambere (Masters in Social sciences and development).

-4436.jpg

Christophe Bazivamo

Mu mirimo yakoze harimo uko yayoboye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), ayobora Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore, akora mu mishinga yo gutuza ahari ishyamba rya Gishwati. Yayoboye kandi inama y’igihugu y’abagore, aba komiseri muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, anakora muri banki igihe kigera ku myaka 8.

Gasinzigwa watowe ku majwi 71 kuri 75, agomba kurangiza manda ya Bazivamo Christophe kuri ubu wabaye Umunyamabanga Mukuru Wungurije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba

Iyi manda yatangiye mu mwaka wa 2012 ikaba igomba kurangira mu mwaka wa 2017.

Source: Izuba rirashe

2016-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Editorial 12 Apr 2017
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Editorial 17 Jul 2017
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Editorial 27 Feb 2023
Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Editorial 12 Apr 2017
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Editorial 17 Jul 2017
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Editorial 27 Feb 2023
Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Editorial 12 Apr 2017
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru