• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Editorial 26 Oct 2016 Mu Mahanga

Binyujijwe ku Uhagarariye Ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu muryango w’I Bihugu by’I Burayi mu Rwanda.

Ba Nyakubahwa,

Mbanje kubasaba gufata iyi baruwa nk’ijwi rya rubanda rwa giseseka,(la voix des sans voix) rutagira umwanya wo kwirirwa ruvuga, ahubwo ruba ruri mu rugamba rwo kubaka ejo heza h’igihugu cyamaze imyaka mu mwiryane, cyinashowemo n’ Abakurambere ba bamwe mu birwa bavuga. Abo mvuga ntabwo ari abandi ni abataravuze mu gihe Igihugu cyari mu kangaratete, n’abatavuga mu gihe mu bihugu byabo hidegembya abashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, none bakaba bavuga bashyigikira abahakanyi b’iyo Jenoside, bazi ko iwabo ntawatinyuka guhakana iy’Abayahudi, n’ubikoze akabihanirwa, Ariko, nkuko tumaze kumenyera imitecyerereze yabo y’uko umwirabura atareshya nk’umuzungu, bityo batafatwa kimwe(2 poids,2 mesures), –Kuribo iyakorewe muri Afrika, ntacyo yatakaje cyahabwa agaciro, mwumva ko yaribatwa uko mwishakiye. . .

Impamvu mbasaba ko mwafata iyi baruwa nk’ijwi rya rubanda mudaha agaciro, kuko ntiwaha umuntu agaciro ngo utangaze amagambo ashyigikira abamuhekuye; nuko mutajya muhura n’iyo rubanda ,ibivugwa bikavugirwa hagati y’abayobozi n’abandi, ubu rero ijwi rya rubanda rirababwira ngo turarambiwe. Turambiwe kwirwa mukandagira agaciro k’igihugu , abayobozi bacyo n’abaturage bacyo. Turashaka kugira ngo tuberurire, tubereke abo muri bo by’ukuri.

Muri iyi baruwa munyemerere ntange ubusobanuro bw’amwe mu magambo akoreshwa. Sintanga ubusobanuro buciye hirya no hino, ahubwo reka twite ikintu mw’izina ryacyo (appelons un chat un chat).

Ndasobanura amagambo abiri, mu buryo bwanjye:ayo ni Negationiste, na Racisme (Uhakana Jenoside, n’IvANGURA MOKO)
Umunegationiste ni umujenosideri utarabonye umwanya n’imbaraga(reka mbyite ubutwari) zo gufata umupanga.

Umuraciste ni Umuntu ufite indwara yo mu mitekerereze(alienation mentale,ubwenge buke), ituma atemera ko habaho ubwoko runaka bwaremwe n’Imana, butameze nkuko yifuza.

Ubwo nibwo busobanuro butagiye mu gucukumbura mu bumenyi bunyuranye bwo kumenya niba imizi y’ijambo isobanura gutya mu kigereki cyangwa mu Kilatini!, buriya busobanuro burareba uhakana Jenoside wese, yaba Umunyarwanda, yaba Umu Espanyore, Umubirigi, …. Niba uriwe ubu busobanuro bugufashije kwimenya. Ibyo wari ukwiye kubinshimira.

Abakora ibyo ni bande?

Amahirwe dufite n’uko Abanyaburayi bose atari kimwe, twabonye abandi badatekereza nkamwe ba Nyakubahwa. Hari abandi bazungu bene wanyu ahubwo bo bashishikajwe nuko Bene wabo , na Leta zabo zashyigikiye Jenoside yakorewe Abatutsi, bagera imbere y’ubutabera.

Mbabwire rero abakora biriya abo aribo.

Ni Abashegeshwe n’agahinda (les nostalgiques de tout genre), ko kubona igihe cy’ubukoroni cyararangiye.

Ni abuzukuruza b’Aba Nazi bo kwa Hitler

Ni Abashavuzwa no kubona ko umuyahudi , umututsi bakiriho kw’isi batatsembwe nkuko babishakaga.(Ntimutangazwe nuko mvuze Umuyahudi, Mu Burayi naho hari iyo nyoko yuzuye ibisigisigi by’Aba Nazi.

Ni abadakunda ibyiza , barwanya Umwirabura wese iyo babona ateye imbere batabigizemo uruhare, batemera ko Umunyarwanda yashyira imbere agaciro ke. Ibyo ntibabyemera ko byakorwa n’undi keretse bo ,. Ibi nibyo ba Sekuruza babo ntiriwe mvuga amazina bapfuye n’abantu nka ba Rudahigwa naba Lumumba, bashakaga kwisubiza agaciro kabo, basaba Ubwigenge.Ibi nibyo bapfa n’Abanyaqrwanda b’iki gihe, nibyo bapfa na Prezida wacu uharanira agaciro, ishema ryacu.

Mbanyurire gato mu mateka y’iwanyu, muri uwo murongo wo kubumvisha abo aribo koko.

Mu ntambara ya kabiri y’isi yose, Abadage ba Hitler, bafashe Igihugu cy’Ubufaransa mu gihe gito cyane. Bamwe mu Bafaransa barangajwe imbere na De Gaulle, banze kuba Ingaruzwamuheto, biyemeza kudakorana n’umwanzi ahubwo bakamurwanya.
Hari abandi ariko bakoranye n’umwanzi, bayobowe na Petain, , bashinga Leta yitwa iyi Vichy. Aba bakoranye n’umwanzi, aba bagiye batungira agatoki Umuyahudi aho yihishe. Nkuko mubizi rero ko abantu bororoka, ni nako imico imwe igenda igera no mu rubyaro rwabo.

Aba mubona rero ni abuzukuru b’Aba vichistes, n’abatungiraga agatoki Abayahudi, ibyo kuko batabona ubwiyagamburiro hariya iwabo barashaka kubyimurira (exportation) inaha.

Ba Nyakubahwa, Niba kwitwa umu collabo (uwafatanyaga n’aba Nazi icyo gihe), niba gutungira agatoki umuyahudi wihishe byari bigayitse, niba ubu tugaya ibyo Abanazi bakoze, cyaangwa Interahamwe hano mu Rwanda, ntaho mutaniye nabo ba Vichystes n’Aba Nazi, n’Interahamwe niba muhakana ibyo Isi yose yemeye nka Jenoside Yakorewe Abatutsi,nkuko ubusobanuro natanze bwabyerekanye .CQFD.

Ba Nyakubahwa, turabiyamye, Hano iwacu twavuze ko uwifitiye uburwayi bw”ingengabitekerezo, yabwigumanira mu bwonko bwe akazajyana nabwo, namwe rero mubyigumanire iwanyu, ntimuzatugarukire mu gihugu, gucira hejuru (cracher sur les tombes), y’imva z’abana bacu , ababyeyi, abo twashakanye nabo , muri make miliyoni n’imisago by’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba mudaha amaraso yacu agaciro twe turayagaha.

Muzaba mubaye abagabo nimwubahiriza ibyo tubasabye..

Twubahane.

Umwuzukuru wa Lubumba.

-4486.jpg

Abadepite ba EU basuhuzanya n’abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Rwanda

2016-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Editorial 07 Apr 2016
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Editorial 17 Feb 2017
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Editorial 15 Apr 2016
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Editorial 07 Apr 2016
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Editorial 17 Feb 2017
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Editorial 15 Apr 2016
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Editorial 07 Apr 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru