• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Editorial 03 Nov 2016 ITOHOZA

Umupadiri umwe mubashinze urubuga kuri murandasi rwitwa Le prophete. Urwo rubuga rufite ishingano imwe rukumbi yo kwunganira abakoze jenoside y’abatutsi mu 1994, amaze gutangaza ko azagera mu Rwanda, tariki ya 23/11/2016, aje kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda.

Tubibutse ko Padiri Thomas Nahimana ariwe washinze urubuga Le prophete rwatangijwe kandi ruyoborwa nawe ndetse n’undi mu Padiri usigaye uba muri Canada Padiri Fortunatus Rudakemwa kugeza ubu bombi bakibarizwa muri diyoseze ya Cyangugu, iyoborwa na Myr. Bimenyimana.

Kuva muri Gicurasi 2011, ibyandikirwa ku rubuga rwa internet “le prophete” ubwabyo n’icyaha gihanwa n’amategeko ,Thomas Nahimana amaze imyaka i Bulayi akora Politiki yo kwigisha urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Ubufatanyacyaha na Diyoseze ya Cyangugu

Nahimana ntashobora kuba muri Diyoseze y’i Bulayi, iyo bakomokamo ya Cyangugu itabizi. Paruwasi abarizwamo yagiranye amasezerano n’iya Cyangugu kugirango abashe gukora.

Rudakemwa na Nahimana bavuye mu Rwanda bahunze kubera ingengabitekerezo ya Jenoside yabagaragayeho ari abayobozi ba Seminari nto ya Cyangugu.

Urugero rumwe umuntu yaheraho ni urwa Padiri Thomas Nahimana. Uyu mupadiri yahunze afite pasiporo ya Congo. Ahunga afite andi mazina ndetse anyura i Kanombe.

Umupadiri ujya i bulayi n’ahandi hakenera visa, umusenyeri wa diyoseze ye agira uruhare mu kuyimusabira. No kuri Thomas Nahimana niko byagenze.

Ageze i Bulayi, Nahimana yasabye Umwepiskopi we ko amufasha akiga anakora n’akazi ke kandi k’ubupadiri.

Ibyo bivuga ko Musenyeri Bimenyimana yari yaranamufashije kwakirwa mu gihugu cy’Ubutaliyani nkuko amasezerano ateganywa ya za diyoseze z’aho umuntu akomoka n’aho agiye.

Imwe mu ngingo ziri muri ayo masezerano igira iti: “Umwepiskopi wa diyoseze yakiriye umusaserdoti, akurikije ibyasabwe n’umwepiskopi wa diyosezi imwohereje, ishinze umusaserdoti umurimo ukurikira..”

Ibi bivuga neza ko diyoseze yo mu butaliyani itari kumwakira itabisabwe na Myr. Bimenyimana. Ariko Nahimana yagiye muri iyi diyoseze kuri pasiporo y’igihugu cya Congo (DRC) kuko ariyo yahereweho visa.

Icyatuma umuntu atibaza kuri uyu mukino ni iki? Nahimana yasabiwe visa kuri pasiporo ya DR Congo, asabirwa gutura no kuba muri ayo mahanga nk’umunyarwanda wo muri diyoseze ya Cyangugu mu Rwanda!

Cyangugu iri muri Congo, cyangwa Congo iri muri Cyangugu?.

Umupadiri wakiriwe hari ibyo agomba kwiyemeza mu gutangira imirimo aho yakiriwe muri ayo masezerano biteganywa ko yiyemeza “kurangiza ubutumwa ahawe yifatanyije n’umwepiskopi umwakiriye, abandi basaserdoti n’imbaga y’abakristu azakora akurikije gahunda y’iyogezabutumwa rya diyosezi imwakiriye, by’umwihariko imirimo igenewe abasaserdoti, kandi akagumana ubumwe na diyosezi akomokamo, akayigezaho imbuto z’ubwo bunararibonye bw’umwihariko.”

Muri ayo masezerano, hakanateganywa ko uwo musaserdoti, “abigiranye umutima w’ubwumvire n’ubufatanye n’umwepiskopi wa diyosezi imwakiriye, yitangira n’indi mirimo yabanje kwumvikanaho n’umwepiskopi wa diyosezi imwohereje.”

-4547.jpg

Padiri Thomas Nahimana

Ese Nahimana na mugenzi we bakomeje ubumwe na diyoseze bakomotsemo cyangwa bwarahagaze? Ubwo bumwe bwakagombye kubamo inama umusenyeri agira abapadiri be bategetswe guhorana umubano na diyoseze bakomokamo. Uwo mubano urangwa n’iki?

Niba Nahimana na Rudakemwa baragombaga kubyumvikanaho n’umwepiskopi wabohereje mu itangizwa rya “le prophete” n’ishyaka rya Politiki Ishema (nk’indi mirimo bihangiye), ese barabikoze cyangwa ntibabikoze? Ni ikibazo gifite ipfundo rikomeye, bagomba kubanza gusubiza abanyarwanda mbere yo kwiyamamaza no kwandikisha ishyaka.

-4548.jpg

Bamwe mu bayoboke bimene bazaba barikumwe ngo na Padiri Nahimana

Iri shyaka ritazwi na benshi ariko bake barizi bemeza ko ari ishyaka rishingiye ku bagabo bimakaje ivangura n’amacakubiri imbere ku buryo ngo gahunda yabo izaba ibazanye harimo icyo ubwabo bise ”Revolution Hutu”

Ese iri shyaka waribwira iki nk’umunyarwanda ubona neza icyerekezo igihugu kirimo? ese ubu koko bakwiye gushyigikirwa?

Umwanditsi wacu

2016-11-03
Editorial

IZINDI NKURU

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Editorial 18 Aug 2019
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Editorial 01 Apr 2019
Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Editorial 13 Aug 2018
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Editorial 30 Dec 2023
Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Editorial 18 Aug 2019
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Editorial 01 Apr 2019
Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Editorial 13 Aug 2018
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Editorial 30 Dec 2023
Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Editorial 18 Aug 2019
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Editorial 01 Apr 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru