• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016 Mu Mahanga

Abayobozi babiri bavuye mu kigo kirwanya ruswa mu nzego za Leta muri Malawi cyitwa “Office of Public Officers Declarations”, basuye Polisi y’u Rwanda ku italiki 9 Ugushyingo, akaba ari hamwe mu ho barimo gusura mu rugendo shuri barimo rwo kwiga uko u Rwanda rwashoboye kugera kuri gahunda zo kurwanya ruswa.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Nepo Mbonyumuvunyi, komiseri ushinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’ibigenga umurimo muri Polisi y’u Rwanda wabakiriye ari kumwe na ACP Celestin Twahirwa ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage, yabasobanuriye byimbitse ku ruhare n’ingamba bya Polisi y’u Rwanda mu gukumira no guhashya magendu na ruswa.

ACP Mbonyumuvunyi yagize ati:”Ruswa ifatwa nk’umwanzi w’amategeko n’imbogamizi yo kurinda no guteza imbere uburenganzira bw’abantu n’iterambere kuko isenya isenya inzego za Leta n’izigenga; niyo mpamvu kuyirwanya biri muri gahunda ya Leta kandi bishyigikiwe cyane n’abaturage.”

Yavuze ko yigaragaza mu buryo bw’amafaranga, impano, igitsina n’ibindi bitangwa bitandukanye.Ibi byose yavuze ko biganisha ku gutakarizwa icyizere n’abaturage ndetse no gutesha agaciro imirimo ikorwa n’inzego zishinzwe umutekano.

Polisi y’u Rwanda kuri ruswa

Yasobanuye ko, nk’imwe mu ntwaro Polisi y’u Rwanda ikoresha mu byo ikora, yashyizeho ishami rirwanya ruswa kandi ikora ubukangurambaga ku bufatanye n’izindi nzego za Leta n’izigenga mu rwego rwo kuyirwanya.

Aha yagize ati:”Umupolisi wese ufatiwe mu makosa ya ruswa ahanwa hakurikijwe ibyo yakoze birimo no kwirukanwa ku mirimo ye, kuko nta mbabazi ku wo ari we wese wayifatiwemo hatitawe ku rwego rw’akazi ariho.”

Yavuzeko, ku nkunga y’abaturage biciye mu bukangurambaga bahabwa bwo kuyirwanya, bashyiriweho imirongo itishyurwa batangiraho amakuru : 997 ku bikorwa bya ruswa; 3511 babonye aho umupolisi akora amakosa, hari imbuga nkoranyambaga nka twitter, facebook, gutanga amakuru kuri murandasi,..bakaba barafashije cyane mu bikorwa bya Polisi biyirwanya biciye mu gusangira amakuru.

ACP Twahirwa asanga ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigabanya uguhura hagati y’abiyandikisha ndetse n’abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, kandi yongeraho ko ishyirwaho ry’umutwe ushinzwe imyitwarire y’abapolisi, ubugenzuzi bukorwa muri Polisi y’u Rwanda n’amahugurwa ahabwa abapolisi ku myitwarire ngengamikorere bituma basohoza inshingano zabo neza.

Umuyobozi w’Ikigo kirwanya ruswa mu nzego za Leta muri Malawi, Christopher Tukura, yavuze ko basanze hari byinshi iki Kigo akuriye kimaze imyaka ibiri cyakwigira ku Rwanda byatuma banoza gahunda n’ibikorwa byabo byo kurwanya ruswa.

Tukura yagize ati:” Mu biganiro twagiranye na Banki y’isi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ndetse n’Ubushakashatsi twakoze twifashishije ikoranabuhanga rya murandasi, twasanze U Rwanda rwarateye imbere cyane mu kurwanya ruswa. Raporo zitandukanye z’Imiryango Mpuzamahanga zishyira U Rwanda mu bihugu birangwamo ruswa nke.”

Yagize kandi ati:”Turi hano nk’igihugu cy’inshuti ariko na none nk’Abanyafurika kugira ngo twigire ku byo mukora n’uko mubikora. Twasuye Ibiro by’Umuvunyi Mukuru, kandi batubwiye ko kurwanya ruswa bitakorwa n’urwego rumwe rw’ubuyobozi. Gusura Polisi y’u Rwanda bigamije kwigira ku kuntu irwanya iki cyaha nk’urwego rw’umutekano.”

Yarangije agira ati:” Twatangajwe n’ubufatanye hagati y’inzego mu kurwanya ruswa hagamijwe kugera ku musaruro; ndetse n’ingamba zafashwe imbere muri Polisi mu gufata abapolisi irangwaho.”

-4620.jpg

Polisi y’u Rwanda ikaba yaragiranye amasezerano y’ubufatanye n’Urwego rw’Umuvunyi, umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane Transparency Rwanda, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha mu turere twose tw’igihugu, nk’uburyo bwo guha imbaraga gahunda yo kurwanya ruswa.

NRP

2016-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023
Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero

Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero

Ubwanditsi 20 May 2019
Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Ubwanditsi 19 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana
SHOWBIZ

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka
INKURU NYAMUKURU

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018
Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru