• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016 Mu Mahanga

Igicuku kinishye ku isaha ya saa 00:40 z’ijoro ku isaha ya Kigali nibwo indege ya Kompanyi, Ethiopian Airlines yasesekaye i Kanombe izanye Seyoboka Henri Jean Claude wahoze mu ngabo za Habyarimana, ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yoherejwe n’ubutabera bwa Canada aho yari amaze imyaka 20.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi, yabwiye itangazamakuru ko Canada ikomeje kugaragaza ubufatanye bukomeye mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-4713.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi ( iburyo ) arikumwe na Procureur Mutangana ( Ibumoso)

Yagize ati “Turashimira inzego z’ubutabera za Canada zakoze iki gikorwa, ni ikintu cyiza cyane kuko bigaragaza ubushake, ubufatanye ndetse no kudufasha kugirango abantu bakoze ibyaha ntibakomeze kwihisha inyuma y’ibikorwa bakoze, bagakomeza kugaragaza ko ibihugu bibashakisha ari ku mpamvu za politiki kandi hari ibimenyetso bifatika.”

“Kohereza abakekwaho ibyaha, ni icyizere ku butabera bw’u Rwanda kuko bigaragara ko babona ko kohereza umuntu ngo ahaburanire bizamufasha kubona ubutabera buri ku rwego mpuzamahanga.”

Nkusi yakomeje avuga ko Seyoboka aregwa icyaha cya Jenoside, icyo kwica, icyibasiye inyokomuntu n’icyaha cyo kurimbura imbaga yakoreye mu Kiyovu n’ahandi hatandukanye yayoboraga ibitero akanagenzura za bariyeri. Hari kandi kuba ubwe hari abo yiyiciye arashe afatanyije n’uwari Perefe wa Kigali, Renzaho Tharcisse n’abandi.

Seyoboka ashinjwa no kuba yarakoze inama zateguraga zikanashishikariza abantu gukora Jenoside, izwi cyane ni iyabaye kuwa 21 Mata 1994 yateguye igitero cyagiye kwica Abatutsi bari bahungiye ahitwa kuri CELA ‘Centre d’etudes des Langues Africaine’, aho bukeye bwaho abarenga 72 bishwe.

Akigezwa i Kigali yamenyeshejwe ibyaha aregwa n’uburenganzira yemererwa n’amategeko burimo guhabwa umwunganizi mu by’amategeko. Ku ikubitiro yabajijwe yunganirwa na Nkundabatware Albert.

Amategeko ateganya ko acumbikirwa na polisi iminsi itanu kugirango ubugenzacyaha bwayo butegure bunatunganye dosiye ye.

-4714.jpg

Seyoboka mu bikorwa bya Politiki muri Canada, aha we nabagenzi be barwanya Leta y’u Rwanda bari mucyo bita ” Amahoroiwacu ” Seyoboka yari afite ibyapa bisebya Umukuru w’Igihugu Paul Kagame.

Mu 1996 nibwo Seyoboka yagiye muri Canada ahabwa sitati y’ubuhunzi ariko iza gukurwaho bitewe nuko nyuma byaje kugaragara ko mu myirondoro yatanze hari ibyo yagiye abeshya birimo no kuba ataravuze ko yari umusirikare ufite ipeti rya Sous- Lieutenant mu ngabo za Ex-FAR.

Ibi byiyongeraho ubuhamya bwatanzwe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICTR), amakuru aza kugaragaza ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bigashimangirwa n’urukiko Gacaca rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyo byaha bumukatira gufungwa imyaka 19 adahari.

-4715.jpg

EX.FAR Seyoboka

Ku bijyanye n’igihano yari yarakatiwe na Gacaca, Nkusi yasobanuye ko amategeko y’u Rwanda ateganya ko iyo umuntu yoherejwe yarakatiwe na Gacaca ubushinjacyaha bwemerewe gusaba ko bikurwaho agatangira urubanza bundi bushya. Ubushinjacyaha bukaba bugiye gusaba ko bigenda gutyo yongere aregwe ahabwe umwanya wo kwisobanura.

Guhera muri 2006 ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka muri Canada n’ubutabera byakomeje gushaka kumwohereza mu Rwanda ngo aryozwe ibyo yakoze ariko akomeza kuburana avuga ko naza kuburanira mu Rwanda atazahabwa ubutabera, ko azakorerwa iyicarubozo n’ibindi.

Muri Gicurasi uyu mwaka nibwo hafashwe umwanzuro ntakuka wo kumwohereza.

Seyoboka ntabwo ari ukekwaho ibyaha bya Jenoside wa mbere woherejwe mu Rwanda na Canada, muri 2012 hoherejwe Leon Mugesera araburanishwa akatirwa burundu, aranajurira. Canada yagiye ifata ibindi byemezo birimo kuburanisha Munyaneza Desire wakatiwe gufungwa burundu na Mungwarere Jacques wagizwe umwere.

Canada yanahawe izindi nyandiko zigera kuri 11 zisaba ko yohereza abakekwaho Jenoside kuburanira mu Rwanda.

-4712.jpg

Seyoboka Henri Jean Claude mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

2016-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024
Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Ubwanditsi 31 May 2016
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani
ITOHOZA

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru