• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Editorial 16 Dec 2016 Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo I ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni.

Uwo muhango wabereye ku cyicaro cya UNMISS kiri mu mujyi wa Juba, ku wa gatatu tariki 15 Ukuboza 2016.

Umugaba Mukuru w’agateganyo w’ingabo za UNMISS, Major General Chaoying Yang yashimye ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere uburyo zikorana umurava mu bikorwa zikora byo kurinda umutekano w’abasivile muri Sudani y’Epfo.

Agira ati “Mu izina ry’umunyamabanga Mukuru wa Loni, Ban Ki-moon, nejejwe no kubambika imidari y’ishimwe yo kubungabunga amahoro muri Loni, kubera ibikorwa byanyu by’indashyikirwa hano muri Sudani y’Epfo.”

Yakomeje avuga ko kuva igihe intambara yari yongeye kwaduka muri Sudani y’Epfo muri 2013, Ingabo z’u Rwanda zafashe iya mbere mu gutangira gushyira mu bikorwa inshingano zahawe na UNMISS zo kurinda umutekano w’abasivile utari wifashe neza.
Ati “By’umwihariko mu mirwano yadutse mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka (2016), mwitwaye neza mu bikorwa mwakoze bijyanye no kurinda umutekano w’abasivile amagana n’amagana bahungiye hano ku cyicaro cya UNMISS.

Mwagaragaje kandi ubushobozi n’ubushake mu gushyira mu bikorwa ubutumwa bwa Loni mu bijyanye no kurinda umutekano w’abaturage bari bugarijwe n’ubugizi bwa nabi mu Ntara ya Equatoriyari .”

Umugaba wa Batayo ya I y’u Rwanda iri muri Sudani y’Epfo, Lt Col John Ndengeyinka yavuze bimwe mu bikorwa byakozwe mu mezi icyenda bamaze mu butumwa.

Agira ati “Batayo ya 1 y’Ingabo z’u Rwanda yakoze ibikorwa bitandukanye nko kurinda Ikigo cya Loni, gukora amarondo y’umutekano haba ku butaka ndetse no mu kirere hakoreshejwe indege hamwe n’ibikorwa byo gutabara abugarijwe, ahabera intambara”.

Yashimiye ingabo z’u Rwanda zambitswe imidari ku kinyabupfura no kwitanga byabaranze batunganya inshingano zo kubungabunga umutekano.

Avuga ko imidari bambitswe ari ishimwe ribaha izindi mbaraga mu gukomeza gutunganya ubutumwa bw’akazi bafite no mu minsi iri imbere.

Kuva 2004 u Rwanda rutangiye gutanga abajya mu butumwa, ubu rugeze ku rwego rushimishije aho ruza mu bihugu by’imbere ku Isi mu bitanga umubare munini w’ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni hamwe n’Afurika Yunze Ubumwe.

By’umwihariko muri Sudani y’Epfo u Rwanda rwabaye urwa mbere mu koherezayo abasirikare ubwo Loni yashyiragaho Umutwe w’Ingabo wo kuhabungabunga amahoro muri 2011.

-5087.jpg

-5086.jpg

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Editorial 28 Jan 2022
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Editorial 14 Sep 2021
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Editorial 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi
Amakuru

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Editorial 12 Mar 2021
Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL
Amakuru

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Editorial 16 Sep 2024
Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Editorial 05 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru