• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Editorial 16 Dec 2016 Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo I ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni.

Uwo muhango wabereye ku cyicaro cya UNMISS kiri mu mujyi wa Juba, ku wa gatatu tariki 15 Ukuboza 2016.

Umugaba Mukuru w’agateganyo w’ingabo za UNMISS, Major General Chaoying Yang yashimye ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere uburyo zikorana umurava mu bikorwa zikora byo kurinda umutekano w’abasivile muri Sudani y’Epfo.

Agira ati “Mu izina ry’umunyamabanga Mukuru wa Loni, Ban Ki-moon, nejejwe no kubambika imidari y’ishimwe yo kubungabunga amahoro muri Loni, kubera ibikorwa byanyu by’indashyikirwa hano muri Sudani y’Epfo.”

Yakomeje avuga ko kuva igihe intambara yari yongeye kwaduka muri Sudani y’Epfo muri 2013, Ingabo z’u Rwanda zafashe iya mbere mu gutangira gushyira mu bikorwa inshingano zahawe na UNMISS zo kurinda umutekano w’abasivile utari wifashe neza.
Ati “By’umwihariko mu mirwano yadutse mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka (2016), mwitwaye neza mu bikorwa mwakoze bijyanye no kurinda umutekano w’abasivile amagana n’amagana bahungiye hano ku cyicaro cya UNMISS.

Mwagaragaje kandi ubushobozi n’ubushake mu gushyira mu bikorwa ubutumwa bwa Loni mu bijyanye no kurinda umutekano w’abaturage bari bugarijwe n’ubugizi bwa nabi mu Ntara ya Equatoriyari .”

Umugaba wa Batayo ya I y’u Rwanda iri muri Sudani y’Epfo, Lt Col John Ndengeyinka yavuze bimwe mu bikorwa byakozwe mu mezi icyenda bamaze mu butumwa.

Agira ati “Batayo ya 1 y’Ingabo z’u Rwanda yakoze ibikorwa bitandukanye nko kurinda Ikigo cya Loni, gukora amarondo y’umutekano haba ku butaka ndetse no mu kirere hakoreshejwe indege hamwe n’ibikorwa byo gutabara abugarijwe, ahabera intambara”.

Yashimiye ingabo z’u Rwanda zambitswe imidari ku kinyabupfura no kwitanga byabaranze batunganya inshingano zo kubungabunga umutekano.

Avuga ko imidari bambitswe ari ishimwe ribaha izindi mbaraga mu gukomeza gutunganya ubutumwa bw’akazi bafite no mu minsi iri imbere.

Kuva 2004 u Rwanda rutangiye gutanga abajya mu butumwa, ubu rugeze ku rwego rushimishije aho ruza mu bihugu by’imbere ku Isi mu bitanga umubare munini w’ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni hamwe n’Afurika Yunze Ubumwe.

By’umwihariko muri Sudani y’Epfo u Rwanda rwabaye urwa mbere mu koherezayo abasirikare ubwo Loni yashyiragaho Umutwe w’Ingabo wo kuhabungabunga amahoro muri 2011.

-5087.jpg

-5086.jpg

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Editorial 16 Feb 2022
Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Editorial 23 Jun 2024
Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Editorial 16 Oct 2017
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Editorial 04 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Editorial 11 Mar 2020
Kiyovu SC  yanganyije na Marines ibura umwanya wa mbere
IMIKINO

Kiyovu SC yanganyije na Marines ibura umwanya wa mbere

Editorial 17 Dec 2017
Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro
Mu Mahanga

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Editorial 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru