• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Ubwanditsi 25 Dec 2016 ITOHOZA

Indege y’igisirikare cy’u Burusiya yari itwaye abantu 91, barimo abasirikare, yaguye mu Nyanja y’umukara, mu rucyerera rwo kuri iki Cyumweru.

Nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ingabo muri iki gihugu, ngo iyi ndege (Tupolev TU-154), yatangiye kuburirwa irengero n’ibyuma byayigenzuraga (radar), nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Adler, aho yari yaguye kugira ngo bayishyiremo amavuta.

Iyi Minisiteri kandi itangaza ko bimwe mu bisigazwa byayo byamaze kuboneka, mu Nyanja y’umukara ku bujyakuzimu bwa metero hagati ya 50 na 70.

BBC itangaza ko muri iyi ndege harimo abagenzi 83 n’abandi umunani bari mu itsinda ry’abari bayitwaye. Muri abo ngo harimo n’itsinda ry’abanyamuziki b’abasirikare (military band) n’abanyamakuru.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burusiya, Igor Konashenkov, yavuze ko iyi ndege yari yerekeje muri Syria, mu Ntara ya Latakia, aho abari bayirimo bari bitabiriye ibirori byo gusoza umwaka bizakorwa n’ingabo z’iki gihugu ziba muri Syria.

Sergei Shoigu, Minisitiri w’Ingabo z’u Burusiya, ubwe nawe ari kumwe n’itsinda ry’abandi bantu bari mu bikorwa byo gushakisha abari muri iyo ndege, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa niba hari ababa babonetse.

Mu 2010, indege nk’iyi (TU-154) yaguye mu Mujyi wa Smolensk, uherereye mu Burengerazuba bw’u Burusiya, ihitana abantu 96 barimo n’uwari Perezida wa Polonge, Lech Kaczynski. Indi ndege nk’iyi kandi yaguye mu Nyanja y’umukara nyuma yo kuraswa mu 2001, abantu 78 bari bayirimo bahasiga ubuzima.

Icyo gihe igisirikare cya Ukraine cyashyizwe mu majwi kuba ari cyo cyahanuye iyo ndege, ariko cyarabihakanye kivuga ko ishobora kuba yahanuwe by’impanuka n’abasirikare bayo bari mu myitozo.

-5163.jpg

Bimwe mu bice by’indege ya Tu-154 y’igisirikare cy’u Burusiya byabonetse mu Nyaja y’umukara

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Ubwanditsi 10 Oct 2024
Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani  wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga
IMIKINO

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane
Amakuru

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda
Amakuru

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru