• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017 POLITIKI

Mu cyumweru gishize Bamako muri Mali hateraniye inama ya 27 ihuza Ubufaransa na Afurika umuntu uherutse gutsinda amatora muri Gambia yayitumiwemo ariko Perezida uriho ntiyatumirwa.

Nta wagaya icyemezo cya Perezida w’u Bufaransa, Francois Hollande, na mugenzi we wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita, cyo gutumira uwatsinze amatora muri Gambia aho gutumira uwatsinzwe ngo byumvikane neza atabanje kugaragaza neza uko ikibazo giteye !

Amatora muri icyo gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika yabaye mu kwezi gushize, Adama Barrow wo muri opozisiyo atsinda Yahya Jammeh wari umaze imyaka 22 ku butegetsi.

-5414.jpg

Yahya Jammel

Nta muntu wari witeze yuko uyu mugabo, wabaye Perezida afite imyaka 29 akaba yaravugaga kuzategeka icyo gihugu imyaka miliyari, yakwemera gutsindwa amatora, kandi inzira zo kwiba amajwi zihari !

Perezida Jammeh nta majwi yibye. Komisiyo y’amatora muri icyo gihugu cya Gambia, yatangaje yuko Barrow yabonye amajwi 263,515 (45.5%) naho Jammeh akabona 212,099 ( 36.7%).

Perezida Jammeh gutsindwa amatora no kwemera yuko yayatsinzwe byatunguye benshi kuko byari bizwi yuko agomba kuziba amajwi nk’uko bivugwa yuko yabigize mu matora y’ubushize.

Ibi kandi byari bifite ishingiro. Mbere gato yuko amatora aba ubutegetsi bwa Jammeh bwanze yuko umuryango w’ibihugu by’ubulayi (EU) byakohereza indorerezi n’ibitangazamakuru byinshi mpuzamahanga byangirwa kuzahakandagiza akaguru.

Abantu bari biteze yuko Perezida Jammeh yagombaga kuziba amajwi baje gutungurwa n’itangazo yuko yatsinzwe ariko baza gutungurwa kurushaho no kumva uwo mugabo, wahoraga avuga yuko azategeka Gambia imyaka miliyari, akeza Barrow wamutsinze anamwizeza yuko nakenera ubufasha bwe azabikora ngo igihugu kimere neza !

-5415.jpg

Adama Barrow

Ibi byatumye benshi bashyira umutima mu gitereko yuko Gambia igiye guhumeka umwuka w’amahoro kuko ubutegetsi bugiye kuzajya buhererekanwa ku neza.

Hatarashira n’icyumweru ariko impungengenge mu baturage b’icyo gihugu zongeye kugaruka aho Perezida Yahya Jammeh avugiye yuko amatora agomba gusubirwamo ngo kuko yabaye mu buriganya, ibyayavuyemo bikaba ngo nta gaciro bifite !

Ibi bya Jammeh kwisubiraho akanga ibyavuye mu matora biteye impungenge cyane kuko bishobora gutuma igihugu kijya mu makuba ku mpamvu z’uko Barrow n’abamushyigikiye batakwemera yuko amatora bitsindiye yasubirwamo !

Abantu benshi bananirwa kwiyumvisha impamvu zaba zaratumye Yahya Jammeh mu minsi itarenze irindwi afata ibyemezo bibiri vivuguruzanya, icyo kwemera yuko yatsinzwe n’icyo kuvuga yuko amatora agomba gusubirwamo !

-5417.jpg

Perezida Francois Hollande

Uko mbibona n’uko mbere hari ukuntu Jammeh yari yizeye yuko ubutegetsi bushya butamukurikirana kubera ubunyamaswa yakomeje gukorera abatavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe. Ariko ubu Jammeh agomba kuba amaze kwemezwa n’abamuri hafi yuko arekuye ubutegetsi nta kuntu atakurikirwanwa kubera ibyo ashinjwa birimo kuba yaragaburiraga abantu ingona.

Amahanga,cyane ibihugu bituranyi na Gambia byahagurukiye Jammeh ngo arekure ubutegetsi, kugeza n’aho igihugu cya Nigeria kimwemereye ubuhungiro. Ibyo aribyo byose Jammeh aracyari Perezida wa repubulika ya Gambia kuko manda ye izarangira tariki 18 z’uku kwezi. Ni Yahya Jammel rero wagombaga gutumirwa muri iyo nama y’Ubufaransa na Afurika. Ntabwo hari gutumirwa Barrow kuko azatangira manda ye tariki 19 z’uku !

Kayumba Casmiry

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu
Amakuru

AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu

RUSHYASHYA 18 May 2026
Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25
POLITIKI

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Ubwanditsi 06 Dec 2018

APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo 

RUSHYASHYA 21 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru