• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017 POLITIKI

Mu cyumweru gishize Bamako muri Mali hateraniye inama ya 27 ihuza Ubufaransa na Afurika umuntu uherutse gutsinda amatora muri Gambia yayitumiwemo ariko Perezida uriho ntiyatumirwa.

Nta wagaya icyemezo cya Perezida w’u Bufaransa, Francois Hollande, na mugenzi we wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita, cyo gutumira uwatsinze amatora muri Gambia aho gutumira uwatsinzwe ngo byumvikane neza atabanje kugaragaza neza uko ikibazo giteye !

Amatora muri icyo gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika yabaye mu kwezi gushize, Adama Barrow wo muri opozisiyo atsinda Yahya Jammeh wari umaze imyaka 22 ku butegetsi.

-5414.jpg

Yahya Jammel

Nta muntu wari witeze yuko uyu mugabo, wabaye Perezida afite imyaka 29 akaba yaravugaga kuzategeka icyo gihugu imyaka miliyari, yakwemera gutsindwa amatora, kandi inzira zo kwiba amajwi zihari !

Perezida Jammeh nta majwi yibye. Komisiyo y’amatora muri icyo gihugu cya Gambia, yatangaje yuko Barrow yabonye amajwi 263,515 (45.5%) naho Jammeh akabona 212,099 ( 36.7%).

Perezida Jammeh gutsindwa amatora no kwemera yuko yayatsinzwe byatunguye benshi kuko byari bizwi yuko agomba kuziba amajwi nk’uko bivugwa yuko yabigize mu matora y’ubushize.

Ibi kandi byari bifite ishingiro. Mbere gato yuko amatora aba ubutegetsi bwa Jammeh bwanze yuko umuryango w’ibihugu by’ubulayi (EU) byakohereza indorerezi n’ibitangazamakuru byinshi mpuzamahanga byangirwa kuzahakandagiza akaguru.

Abantu bari biteze yuko Perezida Jammeh yagombaga kuziba amajwi baje gutungurwa n’itangazo yuko yatsinzwe ariko baza gutungurwa kurushaho no kumva uwo mugabo, wahoraga avuga yuko azategeka Gambia imyaka miliyari, akeza Barrow wamutsinze anamwizeza yuko nakenera ubufasha bwe azabikora ngo igihugu kimere neza !

-5415.jpg

Adama Barrow

Ibi byatumye benshi bashyira umutima mu gitereko yuko Gambia igiye guhumeka umwuka w’amahoro kuko ubutegetsi bugiye kuzajya buhererekanwa ku neza.

Hatarashira n’icyumweru ariko impungengenge mu baturage b’icyo gihugu zongeye kugaruka aho Perezida Yahya Jammeh avugiye yuko amatora agomba gusubirwamo ngo kuko yabaye mu buriganya, ibyayavuyemo bikaba ngo nta gaciro bifite !

Ibi bya Jammeh kwisubiraho akanga ibyavuye mu matora biteye impungenge cyane kuko bishobora gutuma igihugu kijya mu makuba ku mpamvu z’uko Barrow n’abamushyigikiye batakwemera yuko amatora bitsindiye yasubirwamo !

Abantu benshi bananirwa kwiyumvisha impamvu zaba zaratumye Yahya Jammeh mu minsi itarenze irindwi afata ibyemezo bibiri vivuguruzanya, icyo kwemera yuko yatsinzwe n’icyo kuvuga yuko amatora agomba gusubirwamo !

-5417.jpg

Perezida Francois Hollande

Uko mbibona n’uko mbere hari ukuntu Jammeh yari yizeye yuko ubutegetsi bushya butamukurikirana kubera ubunyamaswa yakomeje gukorera abatavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe. Ariko ubu Jammeh agomba kuba amaze kwemezwa n’abamuri hafi yuko arekuye ubutegetsi nta kuntu atakurikirwanwa kubera ibyo ashinjwa birimo kuba yaragaburiraga abantu ingona.

Amahanga,cyane ibihugu bituranyi na Gambia byahagurukiye Jammeh ngo arekure ubutegetsi, kugeza n’aho igihugu cya Nigeria kimwemereye ubuhungiro. Ibyo aribyo byose Jammeh aracyari Perezida wa repubulika ya Gambia kuko manda ye izarangira tariki 18 z’uku kwezi. Ni Yahya Jammel rero wagombaga gutumirwa muri iyo nama y’Ubufaransa na Afurika. Ntabwo hari gutumirwa Barrow kuko azatangira manda ye tariki 19 z’uku !

Kayumba Casmiry

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro
ITOHOZA

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru