• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017 UBUKUNGU

Davos, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga rimaze kwigaragaza nk’ikintu gikenewe ku baturage n’umusingi ukomeye w’iterambere, kurusha uko ryafatwa nk’ikintu cy’umurimbo.

Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga akanama kiga ku buryo bwo guhanga udushya hagamijwe kugeza internet ku bantu itarageraho kugeza ubu, i Davos aho yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum 2017.

Aka kanama kayobowe na Lauren Woodman, Umuyobozi w’Umuryango NetHope muri Amerika. Irina Georgieva Bokova, Umuyobozi wa UNESCO na Zhao Houlin, UMunyamabanga Mukuru wa ITU bafashe ijambo muri iyi nama.

Ati “Hatari internet yihuta kandi ihendutse, haba hari uburyo buke bwafasha abantu ngo bivane mu bukene bagere ku burumbuke mu kinyejana cya 21.”

Aha Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rufite intego ko mu 2020 igihugu cyose kizaba cyarakwijwe umurongo mugari wa internet, hagamijwe ko ikoranabuhanga riba ku izingiro ry’ibikorwa byose na serivisi zizaba zitangwa.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko iterambere mu Rwanda kimwe n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane rigomba gushingira kuri gahunda nziza kandi hagakorwa ishoramari mu nzego zikenewe.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi ba komisiyo yo guteza imbere umurongo mugari wa internet ishingiye ku muryango mpuzamahanga w’itumanaho, ITU.

Iyo komisiyo igaragaza ko internet ifite uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’abaturage mu nzego zinyuranye, zaba iz’ubuzima, uburezi, serivisi z’imari, ubwikorezi, ingufu, ubuhinzi n’izindi.

Gusa haza imbogamizi yihariye ko nibura 53% by’abatuye Isi batagerwagaho na internet, igice kinini cyabo kibaka kiri muri Afurika na Asia-Pacific.

Mu guhangana n’icyo kibazo, ITU muri gahunda yayo yise ‘Connect 2020’, yiyemeje ko 60% by’abatuye Isi bazaba bamaze kugerwaho na internet mu 2020, ariko hakabamo imbogamizi z’uburyo bwakoreshwa mu kugeza internet ku baturage kandi ku giciro gito, ndetse hakazibwa icyuho mu bayikoresha ku buryo nta cyiciro na kimwe kimwe cy’abaturage gisigara inyuma.

Ahari kubera inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum, i Davos mu Busuwisi, kuri uyu wa 17 Mutarama abayobozi banaganiriye uburyo bwo kugera ku ntego zigamije iterambere rirambye, hagamijwe ko ibihugu byose byungukira mu mpinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga.

Ni inama yahuje abayobozi muri za guverinoma, abikorera, imiryango itari iya leta n’abarimu muri za kaminuza, hasuzumwa imbaraga ziri gushyirwa mu kugeza internet ku baturage miliyaru 3.9 itarageraho ku Isi, zigizwe ahanini n’abagore, abatuye mu cyaro, abakene, abantu batize n’abasheshe akanguhe.

Nubwo hari umubare munini w’abataragerwaho na internet, ITU ivuga ko 57% by’abatuye Isi badashobora kwigondera ibiciro byayo habariwe ku kiguzi iriho uyu munsi.

-5427.jpg

Perezida Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Zhao Houlin

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Ubwanditsi 26 Feb 2019
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘
Mu Rwanda

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017
Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru