• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

Ubwanditsi 22 Feb 2017 ITOHOZA

-5781.jpg

Kuri uyu wagatandatu i Buruseli mu Bubiligi habereye umuhango wo kwibuka Col. Patrick Karegeya muri uyu muhango Lea Karegeya ntiyahakandagije ikirenge kuko hagaragaye gusa Portia ariwe mukobwa wabo mukuru wari uhagarariye umuryango.

Amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko muri uyu muhango habayeho gukusanya inkunga yo gufasha uyu muryango ukomeje kwangara nyuma y’imyaka isaga itanu usaba impapuro z’ ubuhunzi nk’impunzi za politiki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko amaso akaba yaraheze mu kirere nyuma y’aho bangiwe inshuro irenze imwe babwirwa ko nta kibazo bagira batashye mu Rwanda nyuma y’uko ise apfuye.

-5782.jpg

Lea, Elvis, Portia na Richard

Uyu muryango wa Nyakwigendera Col Patrick Karegeya; ugizwe n’umugore, n’abana be batatu; Elvis, Portia na Richard, wangiwe ubuhunzi muri Amerika biturutse kumakosa yakozwe nanyina Lea ubwo yabazwaga n’umukozi w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika, akavuga ko yari yaratandukanye n’umugabo.

Icyo gihe ubwo Lea n’abana be bavaga muri Afrika y’Epfo kubera ubuzima bubi n’amakimbirane yari hagati ye n’umugabo kubera ingeso y’ubusambanyi Col. Karegeya,yari yaranze kureka. Lea yabwiye inzego zireba iby’ubuhunzi ko yananiwe kwihangana ahungana n’abana nyuma yo gutandukana n’umugabo, ariyo mpamvu abaje muri Amerika kuko umugabo yashakaga kumwica. Ndetse akanavuga ko umugabo we Karegeya ari umwicanyi ukomeye.

Iyo usabye ubuhungiro, hari inyandiko y’amapaji 26 igomba kuzuzwa; irimo paji 14 z’amabwiriza na 12 z’amakuru uba ugomba gutanga. Iyo usobanije usabwa gusubiza ibindi bibazo birimo nko kumenya niba utinya kugirirwa nabi cyangwa gukorerwa iyicarubozo mu gihugu cyawe cyangwa mu kindi gihugu.

-5784.jpg

Portia niwe wari uhagarariye umuryango muri uyu muhango

Kuri Lea uku kubazwa kwe n’ibisubizo yatanze yuzuza ibisabwa nibyo byabaye nyirabayazana wo kwimwa ubuhunzi kuri uyu muryango wose dore ko nyuma yaho Karegeya apfiriye Lea yaje kwivuguruza mu nyandiko noneho atangira gusaba ubuhunzi avuga ko ari umupfakazi.

Ariko izi nzego zikomeza kumwibutsa ko mbere yinjira muri Amerika yavugaga ko yatandukanye n’umugabo, izi nzego zikibaza Lea igihe yongeye gushakira umugabo kuko yari asigaye avuga ko yapfakajwe na Leta y’u Rwanda,aricyo yahunze.

Nk’uko amategeko agenga abimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga, kugira ngo ibone ubuhungiro , impunzi igomba kuba yarakorewe ihohoterwa rishingiye ku bwoko, ubwenegihugu, iyobokamana, ibitekerezo bya politiki no mu mibanire mu itsinda runaka iyo wivuguruje kimwe kukindi aho bitera ibibazo.

Impunzi ishobora kuvuga ko ihunze igeze muri Amerika cyangwa igasaba ubuhungiro iri ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu busabe bwose bwatanzwe na Lea , ngo ubugera kuri 29% bwose burivuguruza nkuko amakuru difite abihamya. kandi nibwo bwemererwa ubuhunzi mu gihe rero iyo byanze ikiba gisigaye haba harimo no kuba wasubizwa aho waturutse.

-5783.jpg

Col. Patrick Karegeya

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Ubwanditsi 06 Apr 2017
Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Ubwanditsi 29 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira
IMIKINO

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Nyamagabe: Bane bafunzwe bakekwaho kwihanira ukekwaho ubujura bikamuviramo urupfu
Mu Rwanda

Nyamagabe: Bane bafunzwe bakekwaho kwihanira ukekwaho ubujura bikamuviramo urupfu

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru