• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero

Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero

Ubwanditsi 14 Mar 2017 ITOHOZA

Hamaze igihe kirekire hagaragara amacakubiri n’amakimbirane mu bayobozi b’amadini n’amatorero menshi. Aya makimbirane n’amacakubiri y’abayobozi yagiye agira ingaruka zikomeye ku buzima bw’amatorero harimo: gusubiranamo kw’abayoboke b’amadini n’amatorero yabo, gucikamo ibice ku matorero, kwigumura kwa bamwe mu bayobozi n’abayoboke babo bagasohoka bakajya gushinga andi matorero. Ariko ntitwakwibagirwa kuvuga ingaruka ikomeye kuri aya macakubiri ariyo gutakarizwa icyizere ku bayobozi b’amatorero ndetse n’abizera muri rusange bikozwe n’abatizera ndetse n’izina ry’Imana rigatukwa mu bapagani ku bwayo (Abaroma 2:24).

Abantu babona impamvu z’aya makimbirane n’amacakubiri mu buryo butandukanye, ariko abenshi bahuriza kuri izi zikurikira: politiki, icyubahiro, amafaranga, icyenewabo, kurwanira imyanya y’ubuyobozi n’ibindi. Izi mpamvu zose ntawavuga ko atari ukuri ariko hari n’indi mpamvu ikomeye ari nayo dushaka kuza kugarukaho cyane muri iyi nkuru.

Mu isesengura twakoze twasanze ibikunze kwitwa impamvu y’amacakubiri no gucikamo ibice mu matorero menshi ari nk’ibyuririzi biza ku bayobozi bamaze kwandura icyo twakwita virusi itera gusenya umurimo w’Imana iyo virusi nta yindi ni ukwitiranya iyerekwa n’umuhamagaro, kutagendera mu iyerekwa rigari ry’umurimo ari ryo kuzana abantu mu bwami bw’Imana ndetse no kudashyira imbere nyir’iyerekwa ariwe Yesu Kristo ndetse no kutubaha abo yahaye iyerekwa ngo bayobore abandi.

Kudasobanukirwa no kudashobora gutandukanya iyerekwa n’umuhamagaro ni mpamvu ikomeye itera amacakubiri mu madini n’amatorero.
Iyo nyiriyerekwa adahari, umurimo ukorwa nk’akandi kazi kose.

Iyo witegereje amatorero n’amadini amaze igihe kirerekire ashinzwe cyangwa imiryango ya Gikristo usanga ibyanditse mu mahame remezo yayo, impamvu y’ishingwa ryayo bitandukanye kure n’ibikorerwa muri yo, intego ziba ari nziza ariko ishyirwa mu bikorwa byazo ntaho bihuriye nazo. Mu itangira imvugo aba ariyo ngiro ariko uko igihe kigenda kiba kirekire imvugo ihabana n’ingiro bigasigarira kuri wumve ibyo mvuga ariko nturebe ibyo nkora! ari nako abatangiye bahuriye ku ntego zimwe bagenda batandukana kandi bakagira intego zitandukanye nyamara bavuga ko zihuriza ku kintu kimwe.

Iki gihe, Iyo urebye imikorere y’amatorero ya Gikristo avuga ko afite inkomoko kuri Kristo Yesu n’intumwa n’abahanuzi bo hambere usanga: inyigisho zayo, imikorere yayo, imyitwarire n’imbuto z’abayagize ntaho bihuriye n’iza Kristo cyangwa itorero ryo hambere ry’intumwa n’abahanuzi. Imyitwarire y’abayobozi b’amatorero y’abahakanyi (les Protestants) usanga ihabanye kure niya Martin Luther wazanye impinduka z’ubuhakanyi. Imyitwarire n’imikorere y’abayobozi b’umuryango wa Gikristo witwa campus pour Christ ku isi usanga ihabanye kure n’iya Bill Bright wagize iyerekwa ry’uyu muryango ndetse akaba ari nawe wawutangije. Ikigaragara ni uko nyiriyerekwa (visionaire) iyo agihari imvugo ihura n’ibikorwa ariko iyo atagihari umurimo usigarira ku muhamagaro cyangwa akazi nk’akandi ari nako iyerekwa rigenda rikendera.

Umurimo wose utangirira mu iyerekwa

Ubusanzwe umurimo wose ujya gutangira utangirira mu kugira iyerekwa , ugize iyerekwa ryawo yitwa nyiriyerekwa (Visionaire), uyu niwe Imana iha icyerekezo cy’umurimo, aho uva naho ujya, ahabwa imirongo migari y’ibizakorwa kugira ngo iyerekwa ahawe rizashyirwe mu bikorwa. Uyu, ahabwa ubwenge bwo kurinda iyerekwa, agasigirwa iryo yerekwa kandi ahabwa ubushobozi bwo kwihanganira ibibazo n’ibigeragezo azahurira nabyo mu ishyirwa mu bikorwa ry’iryo yerekwa.Ahabwa kandi ubushobozi mu bifatika (amafaranga) n’abantu bazamufasha mu gusohoza iyerekwa yahawe.

Biba byiza cyane iyo umuntu ahawe iyerekwa akaba afite n’umuhamagaro wo gukorera muri iryo yerekwa ariko na none birashoboka ko umuntu yahabwa iyerekwa ariko ntahabwe umuhamagaro waryo. Urugero umuntu ashobora kugira iyerekwa ryo gutangira itorero ariko akaba adafite umuhamagoro wa gishumba. Uko byaba bimeze kose waba warahawe iyerekwa ufite n’umuhamagaro waba wararihawe udafite umuhamagaro uba ukeneye abandi bantu bazagufasha gushyira rya Yerekwa wagize mu bikorwa kuko kugira iyerekwa ni kimwe no kurishyira mu bikorwa ni ikindi. Iyerekwa umuntu arigira wenyine arihawe n’Imana ariko ntawashyira iyerekwa mu bikorwa wenyine.

Mu gutoranya abazagufasha gushyira iyerekwa wagize mu bikorwa bisaba ko uyoborwa n’Umwuka w’Imana ugatoranya abafite impano zitatundukanye n’abafite imihamagaro itandukanye bitewe n’icyo buri wese agiye gukora ngo iyerekwa ryawe rishyirwe mu bikorwa uko warihawe. Si ngombwa ngo aba Bantu babe bafite ubushobozi bungana, barize ibintu bimwe, baturuka mu muryango umwe cyangwa ubwoko bumwe, bafite imico imwe n’ibindi, icy’ingenzi ni uko baba bafite umuhamagaro kandi bemera bakanumva neza iyerekwa ryawe.

Yesu yatoranyije intumwa zizamufasha gushyira iyerekwa rye mu bikorwa no mu gihe azaba atakiri ku isi. Yatoye Petero utarize menshi amukuye mu burobyi, Luka wari dogiteri, Matayo wari umucungamutungo cyangwa se umusoresha n’abandi uko akazi kabo n’impano zabo ziri.

Iyo nyiriyerekwa amaze gutoranya abazamufasha kurishyira mu bikorwa aba agomba gutindana nabo: akabigisha, akabasobanurira neza iby’iyerekwa rye, akababwira inzira, ibibazo, imigisha n’ibindi bazahura nabyo mu nzira yo gushyira rya yerekwa mu bikorwa. Nicyo Yesu yakoraga buri munsi: yigishaga abantu muri rusange ariko akazamukana abigishwa akabanjyana ku musozi akabasobanurira ibirenze ibyo yabwiye abandi, mu kigisho cyo ku musozi yesu yasobanuriye neza abigishwa ibyi’yerekwa, uko bakwiye kwitwara n’ingorane bagiye guhura nazo ku bw’iyerekwa.(Matayo 5:13-)

Uwicisha bugufi akubaha Uwiteka ingororano ye ni “ubukire,icyubahiro n’ubugingo” Imigani 21:4

Iyo abantu benshi bamaze guhamagarwa bagasobanurirwa iyerekwa bagatangira kurikoreramo bubaha Uwiteka kandi bicisha bugufi byanze bikunze bibazanira imigisha irimo: “Ubukire, icyubahiro n’ubugingo” ariko ikibabaje n’uko uko imigisha igenda ibageraho ni nako benshi bagenda bakura amaso ku cyatumye iyo migisha iza ariryo rya yerekwa bakayahanga ubukire, icyubahiro naho iby’ubugingo no kubaha Imana no guca bugufi bakabishyira ku ruhande. Bagatangira guha agaciro icyo iyerekwa ryabagize cyo, amashyi bakomerwa, inzu barimo, amamodoka bagendamo no kuvuga rikijyana bakibagirwa ko babikesha iyerekwa na nyiraryo.

Yesu ati: “umugaragu ntaruta shebuja” Yohana 15:20 kandi ati: “umwigishwa ntaruta umwigisha” Luka 6:40

Yesu amaze kwigisha abigishwa be iby’iyerekwa rye, yabasobanuriye n’uko bigiye kuzagenda mu gihe kizaza uburyo bazakora ibitanganza, bakirukana abadayimoni, bagahagararana n’abakomeye kandi bagakurikirwa n’abantu benshi, abona ko ibyo byose bishobora kubarangaza bakava mu muhamagaro kandi bagatakaza iyerekwa niko kubabwira ati: “umugaragu ntaruta shebuja kandi umwigishwa ntaruta umwigisha”. Yashakaga kubabwira ko nta narimwe bakwiye kwibwira ko bazamuruta, ko isi itazabemera kuruta uko yamwemeye kandi ko itazabubaha kuruta uko yamwubashye. Kudasobanukirwa no kudakurikiza iri hame rya Yesu ry’umugaragu na shebuja n’umwigishwa n’umwigisha niyo mpamvu nyamukuru y’amakimbirane n’amacakubiri mu matorero n’amadini menshi.

Umuntu agira iyerekwa akarisengera maze agashaka abanyamuhamagaro bazamufasha kurishyira mu bikorwa, akaribasobanurira bakarikoreramo maze bakanarihererwamo umugisha bagera hagati bati: “nyiriyerekwa ntashoboye, akora ibintu nabi, naveho natwe tuyobore, akomerwa amashyi kuturusha, akundwa n’abantu benshi kuturusha, niwe uvugwa cyane twe ntituvugwa, yize make kandi twe twaraminuje n’ibindi nk’ibyo” bakirengagiza ko ubushorishori bicayemo babuzamuwemo n’iyerekwa rye kandi ko igicucu bugamyemo gituruka mu gutega ibitugu kwa nyiriyerekwa izuba rikabitaranga kugirango abaririmo bagubwe neza! Iteka nyiriyerekwa aba afite aho areba aho yerekeza umurimo naho abanyamuhamagaro muri ryo bareba ibigezweho by’ako kanya, ntibita kuri ejo hazaza h’umurimo.
Nta mavuta atemba azamuka iteka atemba amanuka

Icyo abanyamuhamagaro n’abanyempano bakunze kwibeshyaho ni uko batazi ko umuhamagaro n’impano bikorera munsi y’iyerekwa. Ahatari iyerekwa abantu bakora nta cyerekezo ndetse ijambo ry’Imana ryo rivuga ko abantu baba ibyigenge, iteka iyo umunyempano akorera munsi y’umuntu ufite iyerekwa risobanutse impano ye igira amavuta kuko amavuta atemba ava kuri nyiriyerekwa akagera no ku banyempano n’abanyamuhamagaro barikoreramo niyo mpamvu Yesu yihanangirije intumwa azibwira ati: “ ni muguma muri njye kandi ati ndi umuzabibu namwe muri amashami”. (Yohani15:1- ) yashakaga kubabwira ko itoto bafite, agaciro bazagira, icyubahiro bazahabwa inkomoko yabyo ari we.

-6097.jpg

Abanyempano benshi bagiye bakora amakosa yo kutamenya inkomoko y’amavuta yabo maze bakazima burundu, umuntu akabwiririza mu iyerekwa ry’undi, akaririmbira mu iyerekwa ry’undi abantu bakamukunda, bakamukomera amashyi, bakamuvuga cyane. nawe ati: “Nakomeye” nta mpamvu yo gukomeza gukorera munsi ya runaka, nanjye ngiye gushinga ibyanjye, akirengagiza ko amashyi yakomerwaga yaturukaga mu mavuta ya nyiriyerekwa maze yagera hanze akazima burundu nk’utarigeze kugira impano.

Uburyo bwiza bwo kurwanya amacakubiri mu matorero no gukomeza kuba umunyempano n’umunyamuhamagaro usohoza umugambi w’Imana ni ukubaha nyiriyerekwa ukoreramo kandi ukarinda amavuta ye kuko niyo atemba akugeraho naho ayawe ntashobora gutemba azamuka ngo amugereho.

Yesu ati: “ nk’uko ishami ryose ritabasha kwera imbuto ubwaryo ritagumye mu muzabibu, niko namwe mutabibasha ni mutaguma muri njye”.

Article by Jean Baptiste Tuyizere/ Ukuriweb.com

2017-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ibaruwa yandikiwe uwacitse ku icumu muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024
Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Ubwanditsi 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera
Mu Mahanga

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya
HIRYA NO HINO

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru