• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Ubwanditsi 27 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyemari Rujugiro ubu ari mu manza nyuma yaho atetse umutwe bikamenyekana ko umuzigo (container) urimo ibyuma by’ uruganda rw’itabi waburiwe irengero ugeze hagati ya Sudani na Uganda, ahitwa i Beyi.

Aya makuru y’ibanga aturuka muri Uganda, aravuga ko rwambikanye hagati ya Rujugiro n’umushoramali w’umunya Swaziland akanaba nyiri Bank Letshego. Uyu munyemali ni inshuti magara ya Perezida Zuma, ari nawe uri kumufasha ngo arebe ko yagaruza akayabo k’ amadorali yahaye Rujugiro uri kumutekera umutwe, amubeshya ko container yiburiwe irengero.

Rujugiro, wahunze igihugu cy’u Rwanda mu mwaka w’2011, ajya kwifatanya n’abarwanya leta y’u Rwanda asanzwe ariwe nyiri PanAfrican Tobacco Group, akaba aherutse gutungura abantu ubwo yatangaza ko agiye kubaka uruganda rw’itabi, ahitwa Arua mu majyaruguru y’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, rukazatwara akayabo ka miliyoni 20 z’amadolari.

Icyaje gutangaza abantu ni uko mugihe hashize amezi abiri gusa kuri ubu Rujugiro yatangiye kuburana na Sosiyete yatsemo ubwishingizi bw’imizigo muri Uganda, asaba kwishyurwa miliyoni 14 z’amadolari. Aya makuru uwayaduhaye ahamya ko yiboneye ubwe , abashinzwe ubucuruzi bwa Rujugiro muri Uganda, muri imwe mu ma Sosiyete y’Ubwishingizi bakora imenyakanisha (declaration) ko ibintu bye byibiwe munzira, ndetse ko n’ ikamyo isanzwe ipakira imizigo iremereye yarimo ibyo ibyuma by’amamashini y’uruganda rw’Itabi byajyaga Arua, bifite agaciro ka Miliyoni 14 z’Amadorali y’Amerika, byaburiwe irengero munzira ahitwa i Beyi, hagati ya Uganda na Sudan ndetse ko n’umushoferi wari utwaye iyo kamyo, akaba ataragaragara kugeza ubu.

Mu bucuruzi bwa Rujugiro yaranzwe n’ubuhemu no kunyereza imisoro ya Leta haba mu Rwanda no mu mahanga aho afite ubucuruzi bukomeye nko muri Afrika y’Epfo, Uganda n’ahandi.

-6150.jpg

Umunyemali Rujugiro aho yari Dubai

Icyaje kuba agahoma munwa ni igihe Perezida Kagame yahuraga n’abacuruzi bibumbiye muri RIG (Rwanda Investment Group) Rujugiro yari abereye Chairman, Perezida Kagame yaje gutanga igitekerezo asaba ko bakwishyira hamwe bagashaka umuti urambye w’ikibazo cy’ibura rya ciment mu gihugu, icyo igitekerezo cya Perezida Kagame cyari icyo gukuba inshuro esheshatu (6) umusaruro waturukaga mu ruganda rukora ciment arirwo CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi.

Uruganda CIMERWA rwagombaga kuva kuri toni 100.000 rukagera kuri toni 600.000 ku mwaka, mu gushakisha umuti w’ikibazo hagombaga gutumizwa imashini mu Bushinwa, Rujugiro yaje kwerekeza mu Bushinwa gushaka izo mashini zo kongera umusaruro w’uruganda, bamwe mu bacuruzi ba RIG, bagaragazaga ko mu Bushinwa, habonetse abazatanga izo mashini kuva kuri miliyoni 17, kugera kuri 20 z’amadorali y’Amerika .

Ariko Rujugiro yaje guca inyuma yigira mu Bushinwa agaruka avuga ko yabonye izo mashini kuri miliyoni 36 z’amadorali y’Amerika, avugako ntakundi byagenda zigomba kugurwa, ndetse atangira kwishyura atigeze avugana n’inama y’ubutegetsi ya RIG, kandi n’aho bari bumvikanye kugurira siho yagiye, ahubwo yigiriye aho we yari yapanze kuryamo icyacumi, ahita yishyura avance ingana na miliyoni 10.600.000 USD, asaga miliyari icyenda (9) uyavunje mu manyarwanda.

Izo mashini ntazageze mu Rwanda, kandi Ciment yari ihenze cyane, kuko Rujugiro yashakaga kwikubira iryo soko rya Ciment yaje guca inyuma afata za mashine igice cyose cy’uruganda rwagombaga kuzamura umusasuro wa CIMERWA, acyohereza I Burundi, acyubakamo ruganda rwe rwa ciment hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi ahitwa Cibitoke, muri 80km uvuye I Rusizi mu Bugarama.

-6151.jpg

Rujugiro aba apanga kwiba ahantu hose

Si ibyo gusa kuko ubuhemu bwa Rujugiro ni bwinshi, muziko hari Projet yo gucukura Gaz methane mu kiyaga cya Kivu, iyi projet yari mu maboko ya RIG. Ariko Rujugiro yasize ayihombeje ubwo yaguraga icyuma cya fake kitari gifite ubushobozi bwo gukora ubushakashatsi mu kiyaga cya Kivu no gucukura Gaz Methane, arangije kubera gutinya ko ubuyobozi bw’igihugu buzabumenya, agambana n’aba techniciens icyo cyuma bakiroha mu Kivu saa munani zijoro kirarohama, bucyeye bajya muri SONARWA, kuko cyari gifite ubwishingizi. Muri SONARWA naho Rujugiro yari afitemo imigabane nibwo yasabye SONARWA kukishyura akubye inshuro ebyiri ayaguze cya cyuma bivugwa ko cyishyuwe akayabo ka ngana n’ibihumbi 700.000 byama Euro, nyuma yaho Rujugiro yari amaze gukuramo aye. Ubu uwo mushinga weguriwe Leta na’abandi bafatanyabikorwa ngo bazahure ibyo Rujugiro yasize yangije.

Cyiza Davidson

2017-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga
Amakuru

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza
IMIKINO

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Interahamwe nka Ndereyehe Charles zasanze inzira zaraharuwe mu Buholandi, menya Frans Van Hoof wabigizemo uruhare nyuma yo kumarana imyaka 10 n’abateguye umugambi wa Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Interahamwe nka Ndereyehe Charles zasanze inzira zaraharuwe mu Buholandi, menya Frans Van Hoof wabigizemo uruhare nyuma yo kumarana imyaka 10 n’abateguye umugambi wa Jenoside

Ubwanditsi 23 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru