• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Ubwanditsi 10 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye avuga ko impamvu bamwe mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafatwa ari uko ibihugu bahungiyemo bibakingira ikibaba.

Ibi yabitangaje ubwo yari ari mu kiganiro kuri KT Radio (Radio ya Kigali Today Ltd), tariki ya 08 Mata 2017.

Minisitiri Busingye avuga ko mu mpapuro 691, zatanzwe kuva muri 2007 zisaba ko abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera, muri zo 40 gusa nizo zifitiwe igisubizo.

Avuga ko icyo ari ikibazo n’ubwo ibyo bihugu byashyize umukono ku mazezerano mpuzamahanga yo mu 1948 arwanya akanakumira icyaha cya Jenoside.

Akomeza avuga ko ariko igituma badatabwa muri yombi ari uko bagera mu bihugu bahungiyemo bagakorana bya hafi n’ubuyobozi bw’ibyo bihugu, bikabakingira ikibaba.
Minisitiri Busingye avuga ko indi mpamvu ituma abakekwaho icyaha cya Jenoside bahungiye mu bindi bihugu badatabwa muri yombi ari uruhare ibyo bihugu nabyo biba byishinja.

Agira ati “Nk’u Bufaransa muribuka igihe Gacaca yari igitangira hagiye habaho ibintu bitandukanye nk’amashyirahamwe yo guhisha ukuri yari afite n’akazina bayihaye kiswe “Ceceka” igamije guhisha ukuri.”

Akomeza avuga ko kandi igituma abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi badatabwa muri yombi n’ibihugu bahungiyemo ari uko bahagera bakiyoberanya.
Ati “Ibihugu byinshi byo muri Afurika n’ubwo biba byarashyize umukono kuri ariya masezerano mpuzamahanga akenshi abantu babihungiyemo kwiyoberanya kwabo birihuta cyane.”

-6284.jpg

Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye

Usanga hano yari azwi nka perefe, umucuruzi ukomeye, burugumesitiri ariko ugasanga hari ahandi ageze agakora nko mu mirima, yoroye inka! Niyo afashwe usanga abantu batangajwe n’uko ariwe bashakishaga mu myaka yose.”

Minisitiri Busingye avuga ko nubwo ibyo byose buhari, ntibizabuza u Rwanda gukomeza kubakurikirana kuri icyo cyaha cya Jenoside uko bizagenda kose.

Ati “Umuntu uri hanze wese wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi agomba kubibazwa kuko umuntu ari hanze y’u Rwanda bitavuze ko ari hanze y’ubutabera.”

Mu myaka 10 ishize impapuro zita muri yombi abakekwaho icyaha cya Jenoside zigiye hanze, abantu 17 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari bihishe mu mahanga boherejwe kuburanira mu Rwanda.

Abandi 21 baburanishirizwa mu bihugu bari bahungiyemo; nk’uko Jean Bosco Mutangana, Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda abitangaza.

2017-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tanzania yakuye isomo ku Rwanda

Tanzania yakuye isomo ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa

Intumwa zaturutse mu gihugu cya Mali zirigira kuri Polisi y’u Rwanda kurwanya ruswa

Ubwanditsi 28 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo
INKURU NYAMUKURU

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru