• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame

Urubanza rw’abasirikari bakekwaho kwica rwaburanishirijwe mu ruhame

Editorial 23 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku Kagari ka Karugira mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro haburanishirijwe urubanza rw’abasirikare bakekwaho kwica barashe umuturage i Gikondo.

Abaturage benshi ndetse n’abasirikare baje kureba imiburanishirize y’urwo rubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, mu cyumba cy’inama kiri ruguru y’ibiro by’akagari ka Karugira.

Urubanza rwari rwaratangiye kuburanishwa tariki ya 19 Gicurasi 2017 ruza gusubikwa kubera ko umwe mu bakekwa yari yagaragaje ko yifuza umwunganizi.

-7063.jpg

Ni abasirikare bato babiri, Ishimwe Jean Claude na Nshimyumukiza Jean Pierre.

Bakaba bashinjwa ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu bwicanyi, icy’ubwambuzi bukoresheje kiboko, ubugande, kurasa nta tegeko no konona icy’undi ku nabi.

Ishimwe Jean Claude yemeye ibyaha byose aregwa, na ho Nshimyumukiza Jean Pierre yemera gusa kuba yaragize uruhare mu bufatanyacyaha mu bwicanyi.

Cpt Ndatuhutse Rushakiro Felicien wari uhagarariye ubushinjacyaha bwa gisirikare muri urwo rubanza yavuze ko hari impamvu zikomeye zituma bakeka ko bakoze icyaha.

Ubushinjacyaha buvuga ko icyaha cyakozwe mu ijoro ryo ku wa 9 rishyira irya 10 Gicurasi saa sita n’igice z’ijoro, ubwo abasirikare bombi babanje guta akazi k’uburinzi bakigira mu kabari, bakamaramo isaha yose, ibintu buhamya ko n’abatangabuhamya basangiye na bo inzoga, n’ababasengereye bahamije.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba barataye akazi bakajya mu kabari bigize icyaha cy’ubugande.

Ngo bavuye mu kabari ni bwo bahuye n’abaturage bigendera babaka ibyangombwa ndetse hakaba hari n’abo bambuye amafaranga nyuma Ishimwe Jean Claude aza gufatanwa amafaranga ibihumbi 35 yari yambuye umuturage.

Ngo banatse ibyangombwa umugore utwite, ngo umugabo we abajije impamvu babyatse, Ishimwe Jean Claude ahita amurasa. Nyuma Nshimyumukiza amurasa urufaya aramwica.

Umugore wa nyakwigendera ngo yagerageje guhugira mu kabari kari hafi aho ariko Nshimyumukiza amusangayo arasamo amasasu menshi, aho ngo frigo, amacupa ndetse n’ibirahure by’inzugi byahangirikiye. Iki ngo kikaba icyaha cyo konona iby’undi ku nabi.

Ishimwe avuga ko impamvu yarashe ari uko umuturage warashwe yari yafashe imbunda ya mugenzi we amurwanya. Bituma ngo amurasa akaguru.

Ku bijyanye no kuba baragiye mu kabari, Ishimwe na mugenzi we babiteye utwatsi, aho ngo kuva saa cyenda z’igicamusi batangira akazi kugeza igihe uwo muntu bamurasiye nta kabari bigeze binjiramo.

Gusa Ishimwe yemera ko yari yanyoye inzoga ariko ko atazinyweye muri ayo masaha.

Avuga ku mafaranga bamusanganye bikekwa ko yambuye umuturage, Ishimwe yavuze ko mu gihe bakaga ibyangombwa hari uwabimuhanyemo amafaranga, abonye mugenzi asumbirijwe abishyira mu mufuka, ahamya ko nta mugambi wo kuyiba yari afite.

Nshimyumukiza we avuga ko kurasa yabitewe n’uko uwo muturage yamuketsemo umwanzi ngo kuko yamusagariye bikomeye.

Asobanura impamvu bakaga abaturage ibyangombwa, Nshimyumukiza yavuze ko mu busanzwe abasirikare bari ku burinzi iyo babonye umuntu bakagiora uburyo bamukeka ari inshingano zabo kumwaka ibyangombwa.

Yakomeje avuga ko ari muri urwo rwego batse abaturage ibyangombwa, aho ngo muri bo hari uwamusagariye.

Umuturage warashwe witwa Ntivugiruzwa, Nshimyumukiza avuga ko yamufatiye imbunda ngo amubwira ko badakwiye kubiyemeraho ko ari abasirikare, ubwo ngo barayirwanira bituma habaho kwitabara.

Mbere y’uko barasa uwo muturage, Nshimyumukiza avuga ko yabanje gukoresha icyombo abwira abamukuriye ikibazo bagize, bamusaba ko abo baturage babashyikiriza inkeragutabara.

Gusa ibyo kubashyikiriza inkaragutabara si ko byagenze ko icyakurikiyeho ari ukurasa Ntivuguruzwa, abakekwa bombi bemeza ko byari mu rwego rwo kwitabara.

Umwunganizi wabo yasabye ko bafungurwa by’agateganyo kuko ntacyo bakwica ku iperereza, gusa ubushinjacyaha busaba ko bafungwa by’agateganyo kuko ngo ibyaha bakurikiranweho bikomeye kandi bakaba ngo basibanganya ibimenyetso.

Urukiko rwavuze ko icyemezo cyarwo ruzagitangaza tariki ya 27 Kamena 2017.

Nyuma gato y’uko ubwo bwicanyi bukorwa RDF yafashe mu mugongo umuryango wa nyakwigendera, aho yanitabiriye igikorwa cyo kumushyingura cyabereye mu Murenge wa Kibirizi, mu Karere ka Nyanza, bizeza umuryango ngo ubutabera buzaba mu mucyo.

Gen Jack Nziza, mu izina rya RDF yihanganishije umuryango inshuti n’abavandimwe ba nyakwigendera, abizeza ko umuryango we uzabona ubutabera bukwiye, ndetse ko n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buzabahora hafi k’uburyo abakoze iki cyaha bagomba guhanwa by’intangarugero.

-7062.jpg

Abaturage baje ari benshi kumva urubanza

2017-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Editorial 10 Mar 2016
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Editorial 27 Aug 2024
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Editorial 10 Mar 2016
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Editorial 27 Aug 2024
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Editorial 10 Mar 2016
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru