• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Editorial 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu Rwanda bavuye mu matora yabaye mu mucyo no mu mutuzo, none amaso yose yerekejwe muri Kenya aho babyukira mu matora ejo kuwa kabiri tariki 8/8/2017.

Ibintu bibiri nibyo bituma ahanini abantu benshi bakurikiraniye hafi ayo matora yo muri Kenya. Icya mbere ni ukureba yuko ayo matora azaba mu mahoro nk’uko byagenze hano mu Rwanda. Icya kabiri ni ukureba yuko Uhuru Kenyatta wari usanzwe ari Perezida azongera kwegukana intsinzi nk’uko Perezida Kagame yongeye kuyegukana hano mu Rwanda.

Ku kibazo cy’uko amatora yarangwa n’amahoro aho muri Kenya gikomoka ahanini kuri za mvururu zakurikiye amatora nk’ayo muri icyo gihugu muri 2007. Kugeza ubu ariko nta kintu gikomeye cyo guhungabanya umutekano cyari cyagaragara uretse iyicwa ry’uwari umuyobozi w’ishami ry’itumanaho n’ikorana buhanga muri komisiyo y’amatora (IEBC), Chris Musando.

Kuba ariko Kenya yinjiye mu matora nta bikorwa bikomeye byo guhungabanya umutekano byari byigaragaza ntabwo bivuze yuko ibintu bigomba kurangira mu mutuzo nk’uko byagenze hano mu Rwanda. No muri 2007 amatora yakozwe mu mutuzo ariko imvururu zaduka nyuma yo gutangaza ibyayavuyemo. Abo ku ruhande rwa Raila Odinga banze kwemera yuko Mwai Kibaki ariwe wari wayatsinze, umuriro uraka abantu baricwa abandi bakaba batarasubira mu byabo kugeza ubu !

-224.png

Perezida Uhuru Kenyatta

Ku bijyanye n’uko Kenyatta nawe yakongera gutsinda amatora nk’uko Kagame yongeye kuyatsinda hano mu Rwanda biragoranye kumenya kuko ayo matora ya Kenya arimo imibare myinshi.

Bitandukanye no mu Rwanda no mu gihugu bituranye cya Tanzania, amatora muri Kenya ashingira ku moko aho gushingira ku cyo uwiyamamaza yamariye cyangwa babona azamarira igihugu.

Nubwo muri Kenya abazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika ari umunani ari uwo mwanya ugomba kwegukanwa na Uhuru Kenyatta cyangwa Raila Odinga. Aba bagabo bombi ntabwo ari ubwambere bahataniye uwo mwanya kuko no mu matora ya 2012 bawuhataniye, Kenyata akawegukana abonye amajwi atageze kuri 51 % !

Abanyakenya binjiye mu matora bugarijwe n’amapfa akabije akomoka ku ibura ry’imvura, ruswa ivugiriza, ifaranga guta agaciro, ubushomeri bukabije rimwe n’imyigaragambyo y’abakozi nk’abaganga. Ntabwo ariko usanga abakandida Perezida bibanda cyane ku buryo bazakemura ibyo bibazo, ahubwo ugasanga bari mu mibare y’amajwi bazayora azaba aturutse ku moko abashyigikiye.

-7506.jpg

Raila Odinga

Amoko muri Kenya afite abantu benshi ni atanu, ugasanga abo bakandida bitegura intsinzi ariyo babarizwamo. Ayo moko ni Kikuyu (miliyoni 6.6), Luhya (miliyoni 5.3), Kalenjin (miliyoni 5.0), Luo (miliyoni 4.0) na Kamba (miliyoni 3.9).

Uko rero niko ubushize Uhuru Kenyatta ( Kikuyu) yishyize hamwe na William Ruto ( Kalenjin ) batsinda amatora ya 2012, ikaba ari nayo mpamvu ubu Raila Odinga (Luo) yishize hamwe na Musaliya Mudavad ( Luhya) na Jalonzo Musyoka ( Kamba).

Abo muri Jubilee ya Kenyatta na NASA ya Odinga bagenda kandi biyegereza abantu bakomeye kuva mu yandi moko babasezeranya imyanya ikomeye muri leta cyangwa ubufasha mu kwiyamamariza indi myanya muri aya matora. Muri aya matora azakorwa ejo muri Kenya uretse umwanya w’umukuru w’igihugu bazaba banahatanira imyanya y’ubudepite, ubusenateri, ba guverineri b’intara n’ubumeya.

Kayumba Casmiry

2017-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa  Ubwishigizi mu Rwanda

Imishinga iciriritse igiye gutangira guhabwa Ubwishigizi mu Rwanda

Editorial 30 Aug 2017
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Editorial 18 Aug 2021
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Editorial 13 Aug 2017
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016
Soma Useke
Mu Mahanga

Soma Useke

Editorial 04 Oct 2016
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana
ITOHOZA

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Editorial 13 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru