• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Loni irasaba ko hakorwa iperereza nyaryo nyuma yaho Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu “Human Rights Watch” ushyize mu majwi  Leta ya Joseph Kabila gukoresha bamwe mu barwanyi ba M23 kugirango agume ku butegetsi mu Ukuboza 2016.

Umuvugizi wa Monusco, Charles Bambara avuga ko Perezida wa Congo-Kinshasa, Joseph Kabila ashobora kuba yarakoresheje aba barwanyi ba M23 nk’ abacanshuro mu kiganiro na RFI.

Ibi bije bishimangira raporo HRW yise « Mission spéciale » ku itariki 4 Ukuboza 2017, yavugaga ko hari abasirikare bakuru ba FARDC bakoresheje ingabo zisaga 200 za M23 mu kurwanya abigaragambyaga barwanya Joseph Kabila i Kinshasa muri 2016.

 Iyi raporo ya Human Rights Watch yemeza kandi ko aba barwanyi ba M23 bakoreshejwe mu guhosha imyigaragambyo yaguyemo abantu 62 ku itariki 19 na 20 Ukuboza 2016.

Ida Sawyer, uyobora HRW muri Afurika yo Hagati agira ati “Amakuru ya mbere twabonye mu Ukuboza 2017 yavugaga ko hari amanama hagati y’ abayobozi bo muri Kivu y’ Amajyarugu yavugwagamo Joseph Kabila ashaka gukoresha M23 mu kumurinda”.

Akomeza avuga ko na nyuma yaho bagiye babona amakuru ku mpande zose yemeza ko Kabila yakoresheje abarwanyi ba M23.

Muri iki cyegeranyo cyayo, HRW  ivuga ko yakusanyije ubuhamya bw’ abantu 120 batandukanye barimo n’ abarwanyi 13 ba M23, abanyepolitiki ndetse n’abasirikare ba Leta

Leta ya Congo-Kinshasa yikomye HRW

Kuri iyi ngingo, Minisitiri w’ uburengenzira bwa muntu muri Congo-Kinshasa, Marie-Ange Mushobekwa, yagize ati “Birababaje cyane gutekereza ko RDC yakenera gukoresha M23 mu kurinda umutekano wayo mu gihe ifite ingabo ndetse na polisi”.

Yakomeje avuga ko umuryango HRW utangaza raporo zidafite inshingiro ahubwo zikurikije amahame nshingiro y’ imikorere yayo n’ingungu zayo bwite (méthodologie fondamentale).

M23 ishinjwa gukoreshwa na Joseph kabila

Kimwe n’ inkuru ishinja Kabila gukoresha M23 mu gutatanya abigaragambyaga i Kinshasa mu Ukuboza 2017,  M23 yahakanye yivuye inyuma kugira uruhare mu gitero  cyabereye i Beni kuwa 22 Kamena 2017. 

Muri iki gitero haguyemo inyeshamba 13 hakomereka benshi ndetse hanagwamo abasirikare 3 ku ruhande rwa Leta ya Congo-Kinshasa(FARDC).

M23 yashinjije abarwanyi ba Maï Maï , ADF ndetse na  FDLR kuba nyuma y’ icyo gitero gikomeye cyabereye i Beni.

Umutwe witwara gisirikare wiyise MNR niwo waje kwigamba iki gitero nubwo kugeza magingo aya M23 ishyirwa mu majwi gukorana n’ amatsinda atandukanye y’ inyeshamba mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, Umuyobozi Mukuru mu Biro bya Perezida wa M23 , Elie Mutela akomeza abihakana.

2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ubwanditsi 20 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano
Amakuru

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 05 Dec 2016
[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda
IKORANABUHANGA

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru