• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi ku Bafaransa bagize uruhare muri Jenoside, ku bw’ibyo hari gutegurwa impapuro zo guta muri yombi bamwe.

Mu mwaka ushize u Rwanda rwasohoye urutonde rw’abasirikare bakuru b’u Bufaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu hategerejwe ko iperereza kuri bo ritangira.

Hashize iminsi mike kandi hasohotse raporo yiswe ‘Muse’ yakozwe n’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Cunningham Levy Muse. Muri iyi raporo havugwamo ko u Bufaransa bwafashije mu gutanga intwaro ku bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi no kubarinda mbere na nyuma y’iminsi ijana yayo.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda kuri iki Cyumweru, Minisitiri Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso byinshi bigaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Dufite ibimenyetso bifatika byinshi, ndetse nyuma y’iyi raporo yasohotse ejo bundi turakomeza, raporo zizaba nyinshi hari n’izindi ziriho zimaze igihe. Turifuza noneho gucukumbura neza abo twagiye tubonaho ibimenyetso ndetse bamwe n’impapuro zishobora kuzabafatisha zatangiye gukorwa, zirahari.”

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, tariki ya 31 Ukwakira 2016 nibwo yashyize ahagaragara inyandiko ikubiyemo urutonde rw’abasirikare b’u Bufaransa bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana, yigeze kubwira IGIHE ko icyo u Rwanda rwifuza ari ubufatanye mu iperereza kuri aba basirikare kuko rwagararije u Bufaransa ko abantu babwo bakekwaho ibyaha bya jenoside, ndetse ihame mpuzamahanga ritegeka ibihugu koroherezanya mu iperereza ku mpande zombi.

Ikinamico mu iperereza ku ndege ya Habyarimana

Indege ya Habyarimana yahanuwe tariki ya 6 Mata 1994, gusa guhera mu 1998 u Bufaransa bwatangije iperereza ritarangira ku wayihanuye.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko kuba u Bufaransa budahwema kuzamura iyi dosiye biri mu mugambi wabwo wo gushaka kuyobya uburari ariko ko u Rwanda rutazigera rudohoka mu kugaragaza uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside.

Ati “Ubundi iyo habaye impanuka, umuntu yifuza ko ababishinzwe, abashobora kuba bafite ububasha bwo kubikurikirana bahagera bakareba, ariko mu babujije abantu kwegera aho indege yaguye harimo Abafaransa n’abasirikare bari mu bikorwa bya Jenoside hano mu gihugu. Ibyo ni ibintu umuntu adakwiye no kuburana ariko ni politiki, uwakoze amarorerwa muri iki gihugu yasanze ari ibintu bimwicira isura cyane ku buryo agomba gukoresha ibishoboka kugira ngo abihishe, ariko ibikorwa byabaye ni byinshi ku buryo kubihisha ntibishoboka.”

Umucamanza Jean Louis Bruguière ni we watangije icyiswe iperereza yakoze adakandagiye ku butuka bw’u Rwanda, ariherekeresha impapuro zita muri yombi bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bagize uruhare mu rugamba rwo guhagarika Jenoside.

Nyuma muri Nzeri 2010, abacamanza babiri Nathalie Poux na Marc Trevedic baje mu Rwanda mu iperereza ku ihanurwa ry’iyi ndege, bagira n’umwanya wo kumva ubuhamya bw’abantu batandukanye yaba abari mu Rwanda no mu Burundi, nyuma banzura ko iyi ndege yahanuwe n’agatsiko k’intagondwa z’Abahutu zitakozwaga iby’isaraganya ry’ubutegetsi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Mu mwaka ushize wa 2016, Umucamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux bongeye kugaruka kuri iri perereza, batangira baha umwanya bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nk’abatangabuhamya bakunze kurangwa no kunyuranya imvugo. Gusa hashize iminsi mike iki gihugu kivuze ko risojwe.

Minisitiri Mushikiwabo asanga kuba ubwabyo iperereza ryarahagaritswe inshuro eshatu ari ikinamico.

Ati “Urubanza ruhagaritswe inshuro eshatu, iyo ni imikino, bimeze nka sinema umuntu arabireba gusa ugasanga biteye isoni ariko twebwe nk’u Rwanda ni ikintu gikomeye cyane […] Jenoside yakozwe n’Abanyarwanda nibyo ariko bafashijwe n’abandi batari abanyarwanda. Aba mbere muri abo ni Abafaransa. Birazwi, amazina yabo arahari, aho bakoraga harahari, hari abari abajyanama mu iperereza muri Leta yakoze Jenoside, hari abari abasirikare harimo n’abatoje Interahamwe kwica abanyarwanda, harimo n’abanyapolitiki.”

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko gukomeza guhakana kw’Abafaransa bitazatuma umubano w’ibihugu byombi umera neza ahubwo ko u Rwanda rwiteguye kurwana iyi ntambara.

Ati “Nta gihugu cyifuza kugira umwanzi uhoraho, ariko birasaba ko u Bufaransa bufata icyemezo, ntabwo igihugu cyose cy’u Bufaransa cyakoze Jenoside ariko harimo abayobozi bakomeye ndetse bamwe bakiriho bakomeza gushaka kugenda bahakana. Iyi ntambara ntishobora guhagarara. Niba u Bufaransa bwifuza intambara yo guhakana, iyi ni intambara twiteguye imyaka myinshi cyane.”

Perezida Kagame yigeze kuvuga ko u Bufaransa bwari bukwiye kuba bwarajyanywe mu nkiko kubera uruhare rwabwo muri Jenoside.

Muri iki kiganiro, Minisitiri Mushikiwabo yanagarutse ku mahitamo y’u Rwanda mu kwakira abimukira bacuruzwaga muri Libya, avuga ko atari uko rukize ahubwo ari ukubera ubumuntu n’indangagaciro ziranga abanyarwanda.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Ubwanditsi 15 Dec 2023
Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025
Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    July 30, 20182:06 pm -

    Ni byo rwose abagize uruhare mu kuduhekura bose babiryozwe ingoma igihumbi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka
POLITIKI

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
RDF yabonye Umuvugizi mushya
Mu Rwanda

RDF yabonye Umuvugizi mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika
Mu Mahanga

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru