• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside

Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 14 Feb 2018 POLITIKI

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz, yavuze ko bandikiye Umuryango w’Abibumbye basaba ko hasuzumwa ibyemezo byafatiwe bamwe mu bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bakarekurwa ibihano byabo bitarangiye.

Amwe mu mategeko y’inkiko za Loni yemera ko uwahamijwe ibyaha umaze 2/3 by’igihano yahawe kandi yaritwaye neza, iyo bisuzumwe ashobora kurekurwa.
Iri tegeko ni ryo ryifashishijwe n’umucamanza uyobora MICT, Theodor Meron, arekura bamwe mu bari barakatiwe kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mugabo ni we uheruka kurekura Nahimana Ferdinand washinze Radio RTLM na Padiri Rukundo Emmanuel.

Iki cyemezo cyaje gikurikira ibindi byagiye bifatwa na Meron, birimo kugira abere abashinjwa gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kugabanyiriza ibihano bamwe nka Col Théoneste Bagosora, Col Nsengiyumva Anatole n’abandi.

Ibi byemezo ntibyashimishije imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside mu Rwanda.

Mu kiganiro umushinjacyaha Brammertz yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yaje kuganira na mugenzi we w’u Rwanda, yavuze ko na bo ibyemezo byagiye bigirwamo uruhare na Meron byabateye impungenge.

Brammertz yavuze ko mu myaka ibiri ishize bandikiye Loni basaba ko amwe mu mategeko agenderwaho mu kurekura uwahamwe n’ibyaha ahinduka cyangwa hagira urekurwa agashyirirwaho amabwiriza ntarengwa.

Yagize ati “Ikibazo kiriho ubu ni irekurwa mbere ry’abahamwe n’ibyaha. Ndumva neza impamvu imiryango y’abarokotse itishimiye ko abahamwe n’ibyaha bya Jenoside barekurwa bamaze kumara bibiri bya gatatu by’igihano bahawe. Ibiro byanjye mu myaka ibiri ishize byasabye ko bihinduka.”

Yakomeje agira ati “ Biracyaganirwaho n’abacamanza, nibura uwarekuwe mbere yuko igihano cye kirangira agashyirwaho amabwiriza kandi rimwe muri ayo mabwiriza rikaba kudahakana Jenoside cyangwa kudashimagiza ibyaha yakoze.”

Biherutse kuvugwa ko umucamanza Meron yasabye kongerewa andi masezerano y’imyaka itanu ku yo yari asanganywe yagombaga kurangirana n’uyu mwaka.

Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CLNG) iheruka gusaba ko Umucamanza Meron akurwaho icyizere nyuma y’ibyemezo bitandukanye yagiye afata bikagaragara nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Brammertz yavuze ko atagira icyo avuga ku kongerera Meron amasezerano ngo kuko bikorwa n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, icyakora agaragaza ko impungenge z’abarokotse Jenoside azumva.

Meron w’imyaka 87 yagizwe Perezida wa MICT bwa mbere ku wa 1 Werurwe 2012 aza guhabwa manda ya kabiri ku wa 1 Werurwe 2016. Iyi manda igomba kurangira ku wa 30 Kamena uyu mwaka, ategereze ko yongera kwemezwa nk’umucamanza muri uru rwego.

Mu bindi byemezo yagiye afata ntibyakirwe neza n’u Rwanda harimo nko kugira abere abakekwaho uruhare rukomeye mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi nka Zigiranyirazo Protais, Mugenzi Justin, Mugiraneza Prosper, Gen Ndindiriyimana Augustin, Major Nzuwonemeye François Xavier n’abandi.

2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018
‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7
Mu Mahanga

Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Burundi: Abaturage babiri bahitanywe n’amasasu, bane barakomereka abandi barashimutwa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abaturage babiri bahitanywe n’amasasu, bane barakomereka abandi barashimutwa

Ubwanditsi 19 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru