• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

U Rwanda ruhagaze neza muri Shampiyona ya Afurika rwegukana imidali ine

Ubwanditsi 15 Feb 2018 IMIKINO

Ku munsi wa mbere wa Shampiyona ya Afurika yo gusiganwa ku magare, amakipe ahagarariye u Rwanda mu bakobwa bato n’abakuru, abahungu bato n’abakuru, yatangiye neza yose yegukana imidali irimo n’uwa zahabu.

Iyi shampiyona yatangiye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 14 Gashyantare 2018 iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri nyuma y’iya 2010, yateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika ifatanyije n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda ku nkunga ya Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque n’Uruganda rwa Skol.

Ku munsi wa mbere hakinwe igice cy’aho basiganwa n’ibihe nk’ikipe (Contre la montre par Equipes) mu byiciro bitandukanye birimo icy’abangavu, ingimbi, abakobwa bakuru (women elite) n’abagabo (men elite).

Ku ikubitiro abangavu nibo bahagurutse mbere, saa 9:00 hasiganwa amakipe abiri arimo iy’u Rwanda n’u Burundi zabashije kuboneka.

Muri rusange abakinnyi b’u Rwanda batatu bakoresheje iminota 36’06’’44 mu kunyonga ibilometero 18,6 begukana umudali wa zahabu naho batatu b’Abarundi bakoresha iminota 50’22’’60 begukana umudali wa silver.

Kuva saa 9:20 hatangiye guhaguruka ingimbi ahitabiriye amakipe atandatu agizwe n’abakinnyi batatu yagombaga gusiganwa ibilometero 18.6. Eritrea iyasoje ari iya mbere ikoresheje iminota 26’07’’12 muri rusange yegukana umudali wa zahabu, u Rwanda ruba urwa kabiri rusizwe amasegonda 49’’16 rwegukana umudali wa silver naho Namibia itwara umudali wa bronze isizwe iminota 2’11’’88.

Mu bakobwa bakuru hari hitabiriye amakipe atatu gusa ariko u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ingabire Beatha, Manizabayo Magnifique na Tuyishimire Jacqueline, rwahuye n’akazi katoroshye kuko mu bilometero 40 basiganwe, basoje ari aba gatatu basizwe iminota 07’04’’32 inyuma ya Ethiopia yabaye iya mbere ikoresheje 1:02’38’’60 na Eritrea ya kabiri yakoresheje 1:02’47’’35.

Ikipe y’u Rwanda y’abagabo bakuru igizwe n’abakinnyi banditse izina mu gihugu barimo Ndayisenga Valens, Areruya Joseph, Adrien Niyonshuti na Nsengimana Jean Bosco, yasoje ku mwanya wa kabiri nyuma ya Eritrea, yegukana umudali wa Silver.

Eritrea yaje ku mwanya wa mbere ikoresheje 51’28’’28, ikurikirwa n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yasizwe 17’’20 mu gihe Algérie yaje ku wa gatatu isizwe 46’’87.

Abakinnyi bagize amakipe 17 yasiganwe muri iki cyiciro basiganwe ku ntera y’ibilometero 40, aho bahagurukiraga mu marembo ya Gare ya Nyanza muri Kicukiro bakagera kuri Golden Tulip Hotel i Nyamata bakagaruka aho batangiriye.

Shampiyona ya Afurika iri kuba ku nshuro ya 13 yitabiriwe n’amakipe y’ibihugu 22. Kuri uyu wa 15 Gashyantare 2018, izakomeza abakinnyi basiganwa n’igihe umuntu ku giti cye mu byiciro byose (Contre la montre Individuels) byose bizabera mu mihanda ya Kicukiro-Nyamata.

Kuwa Gatanu abakinnyi bazafata akaruhuko basubire mu muhanda ku wa Gatandatu basiganwa mu muhanda mu bagore, ingimbi n’abangavu (Road Race) na ho ku cyumweru hasiganwe mu muhanda mu bagabo na U23 (Road Race) bakazakoresha umuhanda wa Stade Amahoro (Mu migina)-Controle Technique-Hotel Le Printemps -Kimironko (deviation Kibagabaga) -Kibagabaga Hospital – Deviation Kinyinya – Mu Kabuga ka Nyarutarama (Kwa Ndengeye) – MTN Center – RDB – Mu Rwego – Airtel – Stade Amahoro.

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Ubwanditsi 29 Jun 2022
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Ubwanditsi 23 Jan 2022
Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 22 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu
UBUKERARUGENDO

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia
IMIKINO

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?

Ubwanditsi 01 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru