• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Ubwanditsi 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Asoza inama ya 15 y’Umwiherero Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu gucika ku muco wo kwiremereza, abasaba kwiyoroshya bagashyira umutima ku kazi bagamije kugirira akamaro abo bayobora.

Perezida Kagame yabwiye aba bayobozi ko kwiremereza ari umuco mubi udafite icyo umarira nyirawo, ahubwo usanga udindiza akazi, ugasanga umuyobozi uwufite ntacyo amariye abaturage.

Yagize ati” Kumva ko kuba umuyobozi ari ukwicara abaturage bakakugana bakagushengerera gusa, ni ikibazo kijyanye n’umuco imyifatire ndetse n’imikorere idahwitse.

N’umuyobozi umanutse kureba abaturage agerayo yakabije abantu bose bagomba kumenya ko yaje. Bigatuma bamukinga urukuta rw’icyo bashaka ko abona, ikibazo kiri inyuma y’urwo rukuta ntakibone.”

Yatanze ingero za bamwe mu bayobozi yahishiriye amazina, avuga ukuntu usanga bakunda ababahakwaho benshi muri za Porotokole, bagera no mu baturage ugasanga ntimamenye ibibazo bafite kuko baba bahugiye mu kwitabwaho gusa.

Yatanze kandi n’ingero za bamwe mu baminisitiri bajya kuva mu ndege mu butumwa runaka ugasanga bahagaritse akazi k’abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ndetse n’abayobozi b’ikibuga bose bahagaritse akazi akazi baje kwakira Minisitiri uvuye hanze.

Kuri ibi Perezida Kagame yagize ati” Ibi by’amaporotokole Birahenze kandi ntacyo bimaze. Nimubicikeho mukore akazi kanyu.”

Yakomeje agira ati” Ibi bimaze kungera ahantu, hari n’uwo nahamagaye mubwira ko ninongera kubona bamukorera ibyo byose nzamwirukana.”

Perezida Kagame yibukije aba bayobozi ko bakwiye gufata urugero ku bihugu bimwe byateye imbere, kuko ababiyobora barangwa n’umuco wo kwiyoroshya no guca bugufi, ahubwo bakimakaza umuco wo gukora cyane kugira ngo biteze imbere.

Ati” Mu bihugu bimwe na bimwe byo mu Burayi bagira umuco wo kwitwara nk’abantu, bakanagira umuco wo kwicisha bugufi bagakora, kandi ntibibabuza kuza ku mwanya mwiza w’imibereho ku rwego rw’isi”.

Yakomeje agira ati” Ikigira Amerika igihange buriya ni Umuco nta Kindi. Bafite umuco wo Kwigirira icyizere kandi ntabwo batinya kurwanira inyungu no kubaho kwabo.”

Perezida Kagame yagarutse ku bayobozi bakorera ku jisho.

JPEG - 705.5 kb
Abayobozi bakorera ku Jisho Perezida Kagame yabihanangirije

Mu ijambo risoza umwiherero kandi Perezida Kagame yihanangirije abayobozi bafite umuco wo gukorera ku jisho, abasaba kuwucikaho.

Yatanze ingero z’uko hari aho aba ari bujye gusura hamaze imyaka igera ku 10 nta muhanda uhaba, ariko bakumva ko azahasura mu cyumweru kimwe hakaba hageze umuhanda umeze neza.

Ati “Iyo nagiye ahantu, ahatari umuhanda barawuhashyira. Nkibaza ukuntu iyi mihanda itari ihari mu myaka 10, mu cyumweru kimwe ubushobozi buvuye he? Ubushobozi buboneka igihe perezida agiye gusura ahantu buvahe? Kuki Buboneka uwo munsi? “

Yanatanze urugero rw’aho yari busure mu Ntara y’Uburasirazuba ntiyabasha kujyayo kubera impamvu z’akazi, abaturage bakamutumaho bamusaba kuzajya ababwira buri gihe ko ari buze kubasura, ngo kuko iyo abivuze nubwo atabasha kuhagera ibibazo bafite bikemuka.

Perezida Kagame yasoje ashimira abayobozi ku biganiro byiza bagize muri iyi minsi ine bamaze mu mwiherero, abashimira kubitekerezo byiza kandi byubaka byatanzwemo, abasaba ko bi byose bibafasha gutera imbere mu mpinduka u Rwanda rwifuza yaba mu mikorere mo mu musaruro.

Abafite umuco wo guca Intege abashaka kuzana impinduka baburiwe

JPEG - 689.5 kb
Perezida Kagame yasabye Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Eduard kuzima amatwi abashaka kumuca intege

Perezida Kagame yakomoje no ku bayobozi baca intege bagenzi babo bifuza kuzana impinduka bitwaje ko babarusha imyaka cyangwa se uburambe mu buyobozi, ababirwa ko uwo bizagaragaraho atazihanganirwa.

Yagarutse kuri Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente amusaba kuzirinda abamuca intege kuko ari mushya, amusaba kuzabima amatwi agakora igikwiye.

Ati”Uracyari mushya, buriya uzagira abajyanama benshi utazi aho bavuye bazajya bakubwira ngo ’oya have, ibyo ntabwo bikorwa hano!’ Niba bitaraba, bizaba. Umunsi byabaye, ntuzabyemere.”

Aburira abo baca intege bagenzi babo yagize ati” Hagomba kubaho ingaruka ku bayobozi babangamira, bakanaca intege abashaka kuzana impinduka.”

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?
Mu Mahanga

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Ubwanditsi 18 May 2018
Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy
HIRYA NO HINO

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti
INKURU NYAMUKURU

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Ubwanditsi 19 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru