• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki gitondo  yagiranye  ikiganiro n’abanyamakuru, ikiganiro asubizamo bimwe mu bibazo binyuranye bireba imibanire y’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko ku kibazo giheruka hagati y’u Rwanda na Uganda cyatewe n’aba Uganda kandi ko u Rwanda rudashobora kubagirira nabi kuko ari abavandimwe basangiye amaraso.

Impunzi n’abimukira

Ibinyamakuru muri Israel byagiye bitangaza ko hari abimukira bamaze kuvanwa yo bagera mu Rwanda ku bwumvikane bw’ibihugu byombi. Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabihakanye.

Uyu muvugizi wa Guverinoma yavuze ko iby’abimukira ivugwa ko bavuye cyangwa bagombaga kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho.

Ashimangira ko ibyo bitarabaho ariko hari ibyo bavuganye na Israel ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

Yanavuze ko n’abimukira bo muri Libya, bavuzwe ubwo byagaragaraga ko bacuruzwa, u Rwanda rwiteguye kugira abo rwakira ariko nta bwumvikana ubw’aribwo bwose burabaho ku buryo hari abazanwa mu Rwanda.

Gusa yemeza ko mu byumweru bicye biri imbere ubwo bwumvikane bushobora kugerwaho.

Iby’u Rwanda na Uganda

Mu mpera z’umwaka ushize umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo igitotsi, bamwe mu banyarwanda bakoreraga muri Uganda barahohoterwa ndetse boherezwa mu Rwanda hari abakorewe iyicarubozo.

Ishingiro ry’iki kibazo Minisitiri Mushikiwabo ntiyarigiyemo cyane, gusa yemeje ko ‘ibibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho abanyarwanda bagiriwe nabi’

Ati “twe hano ntabwo dushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso. Bimaze kuba twarabegereye, Perezida aganira na mugenzi we wa Uganda. Icyo twifuza ni uko bihagarara ariko bibaho.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda itumvaga impamvu yabyo kuko ngo ubundi umubano w’u Rwanda na Uganda ari igihango.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda cyadindije imishinga imwe n’imwe y’iterambere.

Iby’u Rwanda n’Ubufaransa

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa usanzwe uhoramo igitotsi kenshi gishingiye ku mateka n’uruhare u Rwanda rushinja Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mushikiwabo mukiganiro n’Abanyamakuru

Ubufaransa kugeza ubu ntiburemera iby’urwo ruhare, gusa Perezida Nicolas Salkozy ubwo yasuraga u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaye mu Rwanda.

Ubufaransa kandi butungwa urutoki n’u Rwanda ko bugicumbikiye benshi mu baregwa gukora Jenoside bashakishwa n’ubutabera mu Rwanda.

Perezida Emmanuel Macron kuva yatorerwa kuyobora Ubufaransa amaze guhura na Perezida Kagame inshuro eshatu baganira ku mubano w’ibihugu byombi, harimo n’ubwo baheruka guhurira mu Buhinde mu mpera z’icyumweru gishize.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko aho ubuyobozi bushya bwa Perezida Emmanuel Macron buziye hari icyahindutse, ngo hari ubushake buboneka bwo guhindura ibintu. Ati “Kandi natwe twishimiye kuba hari ubwo bushake.”

Abakuru b’ibihugu 26 bazaza i Kigali vuba aha

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki kiganiro yakomoje ku nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bya Africa ngo izabera i Kigali tariki 21 Werurwe.

Yavuze ko iyi nama mubyo izaganiraho harimo umurongo wa ya mavugururwa y’Umuryango w’Ubumwe bwa Africa yari ayobowe na Perezida Kagame, ubu unayoboye uyu muryango.

Muri iyi nama ngo abayobozi ba Africa bazasinya amasezerano y’isoko rusange rya Africa.

Yavuze ko abakuru b’ibihugu bya Africa bagera kuri 26, abayobozi ba za Guverinoma n’abayobozi b’ibihugu bungirije ngo bazitabira iyi nama.

Ndetse ngo kuva ejo kuwa gatatu ku bufatanye n’umugi wa Kigali abantu bazatangira kumenyeshwa imwe mu mihanda izafungwa kugira ngo aba banyacyubahiro bakirwe neza.

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019
General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya
Amakuru

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Amafaranga arenga Miliyoni 100 amaze kuboneka ku mukino wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC, Amatike y’uyu mukino yashize
Amakuru

Amafaranga arenga Miliyoni 100 amaze kuboneka ku mukino wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na APR FC, Amatike y’uyu mukino yashize

Ubwanditsi 06 Dec 2024
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi
Mu Mahanga

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru