• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Abanyapolitiki bo mu Rwanda bashimangiye ko amateka rwanyuzemo arwemerera kugira demokarasi yihariye kugira ngo ikumire ibishobora kurusubiza ahabi rwavuye.

Kuri uyu wa Gatanu hateranye inama nyunguranabitekerezo ku ‘Ntekerezo ya Politiki ya Demokarasi y’u Rwanda’ yateguwe n’Ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda.

Senateri Mugesera Antoine yavuze ko hari byinshi bigaragara muri politiki y’u Rwanda bitaba ahandi kandi byagiye bigira akamaro gakomeye.

Yagize ati “Nk’ibi byo gusangira ubutegetsi, ni umwihariko wacu; ibi byo kuvuga ngo muri ishyaka rikomeye ryatsinze ariko ntuzarenza 50% aha n’aha; ibi byo kuzamura urubyiruko, abagore bakajyamo ni umwihariko. Turashaka ko biba umwihariko wacu.”

Itegeko Nshinga ryagennye uburyo ubutegetsi busaranganywa, aho ingingo yaryo ya 62 ivuga ko mu gusaranganya ubutegetsi, Perezida wa Repubulika na Perezida w’Umutwe w’Abadepite badashobora guturuka mu mutwe umwe wa politiki; abagize Guverinoma bagatoranywa mu mitwe ya politiki hakurikijwe imyanya yayo mu Mutwe w’Abadepite. Icyakora, Umutwe wa Politiki wabonye amajwi menshi mu matora y’Abadepite ntushobora kurenza mirongo itanu ku ijana (50%) by’abagize Guverinoma.

Iyi ngingo inasobanura ko n’abandi bantu bafite ubushobozi bashobora gushyirwa muri Guverinoma nta mutwe wa politiki babarizwamo.

Kuri ibyo, hiyongeraho ihame ry’uburinganire rigomba kwimakazwa, abagore bakagira nibura mirongo itatu ku ijana (30%) by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo.

Senateri Mugesera yavuze ko ayo mahame ya demokarasi nyarwanda akwiye kwigishwa abaturage bose ku buryo n’abanyapolitiki babyumva kandi bakabigenderaho, aho kurebera kuri demokarasi z’amahanga.

Ati “Turashaka ko n’abanyapolitiki batabona ko demokarasi yacu imeze nk’iy’abanyamerika, ko itameze nk’iy’ababiligi, Abafaransa […] imeze uko twayubatse dushingiye ku mateka n’ibibazo twabayemo. Turashaka kujyana ikintu twumva kimwe, ntubisobanure uko ubyumva cyangwa wabisomye ngo ubihe inyito wishakiye.”

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yavuze ko amateka y’u Rwanda atarwemerara kugira demokarasi nk’iyo mu bindi bihugu.

Yagize ati “Demokarasi yo mu Rwanda icyo twumvikanaho twese ni uko dufite amateka yihariye. Twatangiranye n’ubwami, nyuma haza repubulika ariko izamo ibibazo havamo induru nyinshi cyane bivamo intambara na Jenoside. Ntabwo twafata u Rwanda nka Kenya batigeze bagira ibibazo nk’ibyo twagize. Bivuze ko tugomba kumvikana ku bintu runaka.”

Icyakora, Habineza avuga ko hari ibikwiye kunozwa kugira ngo uko byanditswe mu mategeko abe ari nako bikurikizwa.

Ati “Ahantu twumva twashyiramo imbaraga cyane kurusha ahandi, tugomba kumvikana ariko tukanemeranya gupigana. Duhangane mu bitekerezo ariko tudasenyana, hanyuma ufite imbaraga atsinde mugenzi we ariko ntamukandamize. Hari igihe itegeko rivugwa ariko ugasanga mu bikorwa rimwe na rimwe bitari kubahirizwa.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta (RMI) akaba na Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda watoranyijwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Kenshi mu biganiro byagiye biba, abaturage wasangaga bavuga bati ‘ntidushaka ya demokarasi y’abantu bajya mu mihanda bagatwika amapine, bakamena ibirahuri by’amazu’. Bati ‘iyo tuzi icyo yadukoreye ahubwo twebwe turashaka politiki ishimangira ko ubuyobozi bukwiye gusangirwa n’abantu bose kandi bakagira bwa butegetsi budahangana.”

Yatanze ingero z’ibihugu byagiye bigira demokarasi zabyo bivuga ko ishingiye ku muturage, ko afite uburenganzi bwo kuvuga icyo ashatse uko abyumva ariko ntibikemure ibyo abaturage bashaka.

Ati “Hari umugabo witwa Gaddaffi yigeze kwandika agatabo yise ak’icyatsi (Green Book). Muri ako gatabo yaravugaga ngo umuturage ntakwiye no guhagararirwa, akwiye kujya hariya akivugira. Nagize amahirwe yo kujya kureba Inteko Ishinga Amategeko yabo, umuturage yaragendaga akavuga ibyo ashatse; ari utuka undi ku babyeyi, ari ugira ate.”

Yavuze ko demokarasi nziza ari ishyira mu bikorwa ibyo abaturage bifuza ariko bakanishyiriraho imbago z’ibyo badakwiye gukora bashingiye ku mateka.

Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku Itegeko Nshinga ryatowe mu mwaka wa 2003 rikavugururwa mu 2015.R ikubiyemo amahame n’ingingo zishingiye ku bitekerezo byatanzwe n’abaturage mbere y’uko ritorwa ndetse n’ibiganiro by’abanyapolitiki batandukanye byabereye muri Village Urugwiro mu myaka ya 1998 na 1999.

U Rwanda rugira imitwe ya Politiki 11 yemewe igakorera mu ihuriro


2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Ubwanditsi 23 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye
Amakuru

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo
Amakuru

Abapolisi bari mu myitozo yo kurwanya iterabwoba no guhosha imyigaragambyo

Ubwanditsi 10 Feb 2017
u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri  Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko
Mu Mahanga

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Ubwanditsi 11 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru