• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Ubwanditsi 27 Mar 2018 Mu Rwanda

Mu ntangiro z’ uku kwezi kwa Werurwe 2018 mu itangazamakuru ryo mu Rwanda hatangajwe inkuru idasanzwe ivuga ko Minisitiri w’ Ibikorwaremezo James Musoni yasambanye n’ umugore wa Rtd. Captain Safari Patrick ndetse anabyara umwana muri uru rugo, hari abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi mu bihe bitandukanye.

1. Peter Rwema

Uyu mugabo yari umuyobozi mukuru w’ Impuzamashyirahamwe y’ ibigo by’ imari icirirtse mu Rwanda AMIR. Yavuzweho gusambanya ku gahato umukobwa uri mu kigero cy’ imyaka 28 wari yitabiriye amahugurwa mu karere ka Karongi. Urukiko rwisumbuye rwa Karongi rwahamije Peter Rwema icyaha cyo gufata ku ngufu uyu mukobwa akatirwa igifungu cy’ imyaka itanu.

2. MUGISHA David Livingston

Uyu Mugisha yari umuyobozi ushinzwe serivisi y’ ubutaka mu karere ka Nyagatare, yashinjwe icyaha cya ruswa y’ ishimisha mubiri(Ruswa ishingiye ku gitsina) biturutse ku butumwa yandiraga umugore wari umukeneyeho serivisi y’ ubutaka amusaba ko bazaryamana.

Ubwo iki kibazo cyagezwaga mu nkiko mu ntangiriro za Mutarama 2017, urwego rw’ umuvunyi rushinzwe kurwanya ruswa n’ akarengane rwavuze ko iki aricyo kirego cya mbere cya ruswa ishingiye ku gitsina kigeze mu nkiko.

3. Jacob Zuma 

Uyu aherutse kweguzwa ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’ Epfo ariko si ubusambanyi bwatumye yeguzwa ahubwo ni ruswa n’ ibyaha bifitanye isano nayo. Umugore w’ umunyamakuru yashinje Jacob Zuma kufata ku ngufu. Uyu mugore yabwiye itangazamakuru ryo muri Afurika y’ Epfo ko mu mwaka wa 2005 Jacob Zuma yamutumiye mu nzu ye iri mu ishyamba akamwinjiza mu cyumba akamusomeramo byimbitse.

4. Donald Trump


Ni Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika magingo aya akaba ni umuherwe uzwi cyane mu Isi, avugwaho kuba mbere y’ uko aba Perezida yarasambanye n’ abagore n’ abakobwa harimo abo yabikoreraga batabyumvikanye. Hari abagore bamushinja ko yagiye abakora mu mabuno no ku mabere ndetse nawe ubwe yigeze kumvikana mu itangazamakuru yicuza ko asambanye n’ igikomangoma cy’ Ubwongereza yakundaga. Magingo hari abakinnyi batatu ba filime z’ urukozasoni bavuga ko basambanye n’ uyu muperezida uri mu bakomeye cyane mu Isi. Aba barimo uwitwa Alana Evans na Jessica Drake uherutse guhabwa na Donald Trump ibihumbi 130 by’ amadorali y’ Amerika ngo akomeze abike ibanga. BBC yasohoye inkuru ivuga ko Perezida Trump yahakanye ibyo kuba yarasambanyije abakobwa bakina filime z’ urukozasoni.

5. Francois Hollande

Uyu yahoze ari Perezida w’ u Bufaransa yavuzweho gusambana na Julie Gayet bisenya umubano yari afitanye n’ umugore we Valerie Trierweiler. Uyu wahoze ari umugore wa Perezida yavuze ko gutandukana na Hollande byatewe n’ amakuru yasomye mu gitabo byanditswe ku ishyano ry’ igitsina kuri Perezida Hollande ’Scandale de sexe’ kivuga ku mubano wa Hollande na Gayet.

Source: Umuryango

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Ubwanditsi 03 May 2021
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Ubwanditsi 16 May 2017
Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Gabiro : Perezida Kagame yahuye n’itsinda ryamufashije kunoza amavugurura akenewe muri AU

Ubwanditsi 27 Feb 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Maliya.
    March 28, 20182:08 pm -

    KAGAME Paul na benshii barimo….
    Jeannette KAGAME wabyaranye na Gasana Eugene Richard babyaranye umuhungu witwa Ian uwa gatatu mu bana ba KAGAME…

    Ubu koko nimwe mwakwanditse inkuru nk Izi? Murarutanze. Baraje babashyire hanze namwe…

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)
Mu Mahanga

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi
Amakuru

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru