• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bitwaza ko bari gushakisha inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu nyungu zabo bwite, bagakora ibikorwa bigayitse kandi bibatesha agaciro birimo gusabiriza no kuyibeshyera ko bari gukorana na yo.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, kuri uyu wa Kabiri, ubwo yatangaga ikiganiro ku Biro Bikuru bya Polisi, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24, Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Dr Bizimana yasubizaga umupolisi wari umubajije ibijyanye n’itangazo CNLG yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ryamagana umunyamideli Bashabe Catherine[Kate] umaze iminsi akora ubukangurambaga yise ‘Kabash Cares’ bwo gukusanya inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye yavugaga ko afatanyije na CNLG.Résultat de recherche d'images pour "Kate bashabe"

Dr Bizimana yavuze ko mu gihe cyo kwibuka hari abantu batandukanye basaba uburenganzira bwo gukora imipira, ingofero n’ibindi biriho ikirango cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bakabigurisha kandi ko byemewe, mu rwego rwo gufasha abihangira imirimo.

Dr Bizimana yakomeje yamagana ababikoresha mu buryo bunyuranyije n’ubwemewe.

Yagize ati “Hari abantu bamwe babikoresha bashaka kubona abaguzi benshi bakavuga bati ‘twabyumvikanyeho na CNLG kandi amafaranga azava muri ibi bintu tugurishije, azajya gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside. Aha niho tutemera kuko si byo. Nta wukwiye kwitwaza ko hari abacitse ku icumu rya Jenoside bakeneye gufashwa kugira ngo ajye gukora ubucuruzi abitwaje.”

“Niba ari ushaka kubafasha, rwose yabafasha ariko kubavanamo amafaranga ubitwaje, urumva harimo no kutabubaha no kubatesha agaciro. Ikindi harimo no kunyuranya n’amabwiriza ya Leta n’amategeko kuko yashyizeho inzego n’uburyo bwo gufasha by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.”

Bumwe muri ubwo buryo harimo nk’ikigega FARG, gihabwa ubushobozi na Leta kandi kikabafasha mu buryo buzwi.

Bizimana asanga abitwaza ko bari gukusanya iyo nkunga kandi nta muntu n’umwe uzagenzura ingano y’amafaranga bakuyemo bidakwiye.

Yagize ati “Nta n’uzagenzura amafaranga yakuyemo uko angana ngo amenye niba azajya gufasha abo bantu koko. Murumva ibyo tugiye kubyemera, twaba turimo dukora ikintu kitari cyo. Icyo rero ni cyo twaganiriye n’inzego zindi zirimo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, dusanga uwo muntu avuga ko akora atyo, kuko yari yabishyize ku mbuga nkoranyambaga, natwe tubishyiraho dusobanura uko ibintu byagakwiye gukorwa. Abikorera bakwiye gukora ariko nta kwitwaza abacitse ku icumu cyangwa kubasabisha.”

Ibi kandi byuzuzanya n’umurongo Leta y’u Rwanda yashyizeho mu 2016, wo gukuraho icyitwaga agaseke, wasangaga abantu bagiye mu biganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, bamwe mu bayobozi bagasaba buri muturage kugira amafaranga ashyiramo, bigatera ibibazo, bigatuma udafite ayo mafaranga atinya kujyayo, Leta yanzura ko iyo mfashanyo izajya itangwa ku bushake bw’uwagiye mu biganiro.

Ikiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru

Amafoto : IGIHE

 

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Ubwanditsi 06 Sep 2023
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Ubwanditsi 28 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90
Mu Rwanda

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Ubwanditsi 05 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru