• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Editorial 24 Apr 2018 IMIKINO

Abayobozi b’ishuri ry’icyitegererezo ryigisha umupira w’amaguru abana bato muri Oman, “Excellence Sports Academy”, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere aho baje kurebera hamwe n’abayobozi ba Ijabo Ryawe Rwanda uko bazamura umupira w’abakiri bato hirya no hino mu gihugu.

Excellence Sports Academy ni ishuri ry’icyitegererezo rihurizwamo abana bari hagati y’imyaka 7-16 bagaragaje impano mu bigo bitandukanye biri muri Oman, bakitabwaho mu buryo bwihariye kugira ngo hazavemo abashobora kugera ku rwego rwo hejuru.

Intumwa z’iri shuri zaje i Kigali kungurana ibitekerezo n’ubuyobozi bwa Ijabo Ryawe Rwanda nayo ifite mu nshingano guteza imbere impano z’abakiri bato mu mupira w’amaguru mu Rwanda nk’uko Perezida waryo, Seif Sasser Abdullal yabitangarije abanyamakuru.

Yagize ati “Turi hano kungurana ibitekerezo na Ijabo n’umuyobozi wayo, Sheikh Hamdan nawe wadusuye mu minsi yashize. Ni inshuro ya mbere ngeze muri Afurika nkaba nishimiye kuba ndi hano ndetse n’uko twakiriwe. Tuzabona umwanya uhagije wo gusura amashuri atandukanye ya Ijabo ndetse n’ibindi bintu muri iki gihugu.”

Sheikh Habimana Hamdan uyobora Ijabo Ryawe Rwanda yavuze ko nubwo Oman atari igihugu kizwi mu mupira w’amaguru cyane ku Isi, ikintu gikuru u Rwanda ruzabungukiraho ari ubufasha mu bikoresho n’ibitekerezo.

Yagize ati “Aba ni bamwe mu bantu nari narasuye ubwo najyaga muri Oman. Urebye nibo bayoboye umupira w’amaguru mu bana hariya kuko bafite ishuri ryigisha umupira bakaba baje kugira ngo nabo basure Ijabo Ryawe Rwanda twungurane ibitekerezo turebe uko twakomeza kuzamura abaan bacu. »

Yakomeje agira ati « Turabifuzaho ubufatanyabikorwa bw’ibikoresho kuko impano zo abana bari mu Ijabo Ryawe Rwanda barazifite. Oman si igihugu gikomeye cyane mu mupira ariko hari ibyo tubakeneyeho kuko bafite inzego zikomeye nk’urw’ubuvuzi ku buryo umukinnyi agize ikibazo bashobora kudufasha. »

Mu ruzinduko Sheikh Habimana Hamdan yagiriye muri Oman mu Ukwakira 2017, yabonanye n’abantu b’ingeri zitandukanye bafite aho bahuriye na siporo muri icyo gihugu barimo Ibrahim Mubarak Al Alawi na Fathy Nasser bo mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Oman n’abandi bo muri Minisiteri ya Siporo.

Ijabo Ryawe Rwanda ihuriza hamwe ibigo 223 byigisha umupira w’amaguru biri hirya no hino mu Ntara z’igihugu aho bigabanyijwe mu byiciro bitanu (ligue) ari nabyo abana barushanyirizwamo.

Src: Igihe.com

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Editorial 19 Aug 2023
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Editorial 28 Jun 2022
Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Editorial 28 Jun 2016
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Editorial 28 Aug 2021
Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Editorial 19 Aug 2023
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Editorial 28 Jun 2022
Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Abakinnyi bahoze bakinira Amavubi bateguye umukino na bagacishijeho muri Uganda

Editorial 28 Jun 2016
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Editorial 28 Aug 2021
Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Editorial 19 Aug 2023
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Editorial 28 Jun 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru