• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Editorial 24 Apr 2018 IMIKINO

Abayobozi b’ishuri ry’icyitegererezo ryigisha umupira w’amaguru abana bato muri Oman, “Excellence Sports Academy”, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere aho baje kurebera hamwe n’abayobozi ba Ijabo Ryawe Rwanda uko bazamura umupira w’abakiri bato hirya no hino mu gihugu.

Excellence Sports Academy ni ishuri ry’icyitegererezo rihurizwamo abana bari hagati y’imyaka 7-16 bagaragaje impano mu bigo bitandukanye biri muri Oman, bakitabwaho mu buryo bwihariye kugira ngo hazavemo abashobora kugera ku rwego rwo hejuru.

Intumwa z’iri shuri zaje i Kigali kungurana ibitekerezo n’ubuyobozi bwa Ijabo Ryawe Rwanda nayo ifite mu nshingano guteza imbere impano z’abakiri bato mu mupira w’amaguru mu Rwanda nk’uko Perezida waryo, Seif Sasser Abdullal yabitangarije abanyamakuru.

Yagize ati “Turi hano kungurana ibitekerezo na Ijabo n’umuyobozi wayo, Sheikh Hamdan nawe wadusuye mu minsi yashize. Ni inshuro ya mbere ngeze muri Afurika nkaba nishimiye kuba ndi hano ndetse n’uko twakiriwe. Tuzabona umwanya uhagije wo gusura amashuri atandukanye ya Ijabo ndetse n’ibindi bintu muri iki gihugu.”

Sheikh Habimana Hamdan uyobora Ijabo Ryawe Rwanda yavuze ko nubwo Oman atari igihugu kizwi mu mupira w’amaguru cyane ku Isi, ikintu gikuru u Rwanda ruzabungukiraho ari ubufasha mu bikoresho n’ibitekerezo.

Yagize ati “Aba ni bamwe mu bantu nari narasuye ubwo najyaga muri Oman. Urebye nibo bayoboye umupira w’amaguru mu bana hariya kuko bafite ishuri ryigisha umupira bakaba baje kugira ngo nabo basure Ijabo Ryawe Rwanda twungurane ibitekerezo turebe uko twakomeza kuzamura abaan bacu. »

Yakomeje agira ati « Turabifuzaho ubufatanyabikorwa bw’ibikoresho kuko impano zo abana bari mu Ijabo Ryawe Rwanda barazifite. Oman si igihugu gikomeye cyane mu mupira ariko hari ibyo tubakeneyeho kuko bafite inzego zikomeye nk’urw’ubuvuzi ku buryo umukinnyi agize ikibazo bashobora kudufasha. »

Mu ruzinduko Sheikh Habimana Hamdan yagiriye muri Oman mu Ukwakira 2017, yabonanye n’abantu b’ingeri zitandukanye bafite aho bahuriye na siporo muri icyo gihugu barimo Ibrahim Mubarak Al Alawi na Fathy Nasser bo mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Oman n’abandi bo muri Minisiteri ya Siporo.

Ijabo Ryawe Rwanda ihuriza hamwe ibigo 223 byigisha umupira w’amaguru biri hirya no hino mu Ntara z’igihugu aho bigabanyijwe mu byiciro bitanu (ligue) ari nabyo abana barushanyirizwamo.

Src: Igihe.com

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Editorial 17 Feb 2016
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Editorial 21 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Editorial 11 Feb 2019
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside
ITOHOZA

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Editorial 17 Sep 2018
Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe
SHOWBIZ

Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe

Editorial 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru