• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Ubwanditsi 25 Apr 2018 IMIKINO

Liverpool ihagarariye u Bwongereza mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi, UEFA Champions League, yatsinze AS Roma yo mu Butaliyani ibitego 5-2 biyiha amahirwe yo gukatisha itike y’umukino wa nyuma.

Umukino ubanza wa ½ muri iri rushanwa riruta ayandi i Burayi wahuje Liverpool yakiriye ku Kibuga cyayo Anfield ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Mata 2018.

Liverpool “The Reds” yakiniraga imbere y’abafana 51 236 yinjiye mu mukino mbere, ibifashijwemo na rutahizamu ukomoka mu Misiri, Mohamed Salah, watsinze ibitego bibiri ku munota wa 36 na 45.

Mohamed Salah Ghaly wahuraga n’ikipe yahozemo mbere yo kubengukwa na Liverpool, yakomeje kugora abakinnyi ba AS Roma muri uyu mukino yigaragaje cyane atsinda inshuro ebyiri, akanatanga imipira itatu yavuyemo ibitego.

Uyu mukinnyi ukomoka mu Barabu yanditse amateka yo kuba uwa mbere muri Liverpool utsinze ibitego 10 mu marushanwa y’i Burayi mu mwaka umwe.

Mu gice cya Kabiri, Saido Mane wari wabuze uburyo bwinshi bwabazwe yaje yikosoye ashyiramo igitego cya gatatu cya Liverpool mbere y’uko Umunya-Brezil, Roberto Firmino ashyiramo ibindi bibiri ku munota wa 62 na 69.

AS Roma y’Umutoza Eusebio Di Francesco ntiyacitse intege kuko yakomeje gukina nubwo yari yinjijwe ibitego bitanu. Iyi kipe yasezereye FC Barcelona muri ¼ yaje gusa nigarutse mu mukino ndetse ibona ibitego bibiri by’impozamarira byatsinzwe na Edin Dzeko ku munota wa 81 na Diego Perotti ku wa 85 ku gitego cyavuye kuri penaliti.

Umukino wari uyobowe n’Umudage Felix Brych warangiye Liverpool yibitseho impamba y’ibitego bitatu, kuko yawutsinze 5-2.

Liverpool yanditse amateka yo kuba ikipe ya kabiri itsinze ibitego bitanu muri ½; byaherukaga gukorwa na Ajax mu 1995 ubwo yatsindaga Bayern Munich 5-2 ndetse imikino yombi niyo yabonetsemo ibitego byinshi.

Umukino wo kwishyura hagati ya Liverpool na AS Roma uzabera mu Butaliyani ku wa 2 Gicurasi 2018, kuri Stadio Olimpico.

Ikipe izarokoka hagati y’izi zombi izisobanura ku mukino wa nyuma n’izava hagati ya Bayern Munich yo mu Budage na Real Madrid yo muri Espagne, zizacakirana mu mukino ubanza muri ½ kuri uyu wa Gatatu kuri Allianz Arena.

Umukino wa nyuma wa Champions League uzabera kuri Kiev Olympic Stadium muri Ukraine, ku wa 26 Gicurasi 2018.

Manolas na Federico Fazio bareba umupira wa mbere watewe na Salah ugana mu rushundura

Sadio Mane atsinda igitego cya gatatu cya Liverpool

Abafana ba Liverpool bari mu bicu

Agatambaro k’umusifuzi katakaye abanza kugatora

Alessandro Florenzi aserebeka umupira ashaka kuwambura James Milner wa Liverpool

Alex Oxlade Chamberlain yagize imvune yatumye ava mu kibuga ku munota wa 17 w’umukino

Uyu rutahizamu w’imyaka 24 yakuwe mu kibuga atwawe n’abaganga, ahita asimbuzwa Georginio Wijnaldum

Henderson na Trent Alexander Arnold bishimira igitego cya Liverpool

Daniele De Rossi (ibumoso) na Kevin Strootman (iburyo) basoje igice cya mbere bacitse intege nyuma yo kwinjizwa ibitego 2-0

Jurgen Klopp utoza Liverpool yari yizihiwe nk’ibisanzwe iyo ikipe ye yatsinze

Kapiteni wa Liverpool, Jordan Henderson (iburyo), ahanganiye umupira na Radja Nainggolan wa AS Roma

Roberto Firmino yishimira kimwe mu bitego yatsinze AS Roma

Sadio Mane ahobera Mohamed Salah wari umaze kumuha umupira wavuyemo igitego cya gatatu

Salah ahobewe na Roberto Firmino (ibumoso), Wijnaldum (hagati) na Sadio Mane (iburyo) nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri

Salah ntiyishimiye ibitego yatsinze AS Roma yahoze akinira mbere yo kubengukwa na Liverpool

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League

Salah (uwa kabiri ibumoso) uheruka gutorwa nk’umukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Bwongereza yongeye gushimangira ko ari umukinnyi mwiza, atsinda ibitego bibiri, anatanga imipira itatu yabyaye ibitego

Salah ubu ni Umwami i Anfield

Umutoza wa AS Roma, Eusebio Di Francesco, atanga amabwiriza ku bakinnyi be

Myugariro wa Liverpool, Virgil van Dijk (wambaye umutuku) mu bicu ahataniye umupira na Kostas Manolas

Roberto Firmino yatsinze igitego cya gatanu cya Liverpool

Jürgen Norbert Klopp asuhuza Mohamed Salah wahawe amashyi y’urufaya ubwo yasimbuzwaga mu kibuga

Edin Dzeko yatsinze igitego cya mbere cya AS Roma

Roma yabonye icya kabiri kuri penaliti

Diego Perotti ayinjiza neza

2018-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Ubwanditsi 13 Nov 2017
CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana
Mu Mahanga

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Perezida Robert Mugabe yashize amanga avuga ko Donald Trump ari Goliyati wo muri Bibiliya wagarutse
Mu Rwanda

Perezida Robert Mugabe yashize amanga avuga ko Donald Trump ari Goliyati wo muri Bibiliya wagarutse

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye
INKURU NYAMUKURU

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru