• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018 UBUKUNGU

Mu rwego rwo kongera imari shingiro ya Banki ya Kigali Plc, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi wayo, Marc Holtzman, yavuze ko banyuze ku isoko ry’imari n’imigabane rya Nairobi n’irya Kigali, bifuza kubona miliyoni 70 z’amadorali ya Amerika.

Uyu mwanzuro wemejwe n’Inama y’abanyamigabane ba BK yateranye kuri uyu wa Gatanu.

Holtzman yavuze ko urebye imikorere ya banki n’ikoranabuhanga rimaze gushinga imizi muri iki gihe, bigaragaza neza ko hari ibigomba guhinduka bijyanye n’aho igihe kigeze, bikajyana n’uburyo abakiliya bitabwaho n’agaciro gahabwa abanyamigabane.

Holtzman yakomeje agira ati “Kugira ngo tubashe kuguma ku isonga, twafashe icyemezo cyo gushaka imari shingiro y’inyongera iri hagati ya miliyoni 60 na 70 z’amadolari, mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka, ku isoko ryo mu Rwanda no ku isoko mpuzamahanga. Ni muri urwo rwego dukeneye ko abanyamigabane mushyigikira icyo cyemezo.”

Yavuze ko bifuza gushyira imigabane kuri Nairobi Securities Exchange, ikaba igomba kuba banki ya mbere mu Rwanda icuruza imigabane ku isoko mpuzamahanga.

Ibyo ngo bizakorwa mu nyungu z’abanyamigabane kuko ku isoko ryo muri Kenya, usanga bafite amafaranga menshi bashobora gukoresha mu ishoramari, ariko gushora imari mu Rwanda bakabifata nk’ibitoroshye.
Ibyo kandi ngo byafasha mu guteza imbere isoko ry’imari n’imigabane ryo mu Rwanda kuko ku munsi nibura ricuruza imigabane itarenze $20000 ubwo iryo muri Kenya rinyuzwaho nibura miliyoni zirindwi z’amadorali ku munsi.

Abanyamigabane kandi batoye umwanzuro wemeza guha ububasha busesuye abagize inama y’ubutegetsi bwo kugena imigabane izagurishwa, igiciro n’uko isagutse izakoreshwa. Inama y’ubutegetsi yanahawe ububasha bwo kwandikisha sosiyete ku isoko ry’imari n’imigabane rya Kenya.

BK Group yijeje abanyamigabane gukomeza kuzamura inyungu

Iyi nama y’Inteko Rusange yatangiye hari 73.7%, byatangaga uburenganzira bwo kuba yaterana.

Umuyobizi wa BK Group Plc, Dr Diane Karusisi, yashimiye abanyamigabane bitabiriye iyi nama, abashimira ko bashoye imari muri BK, ikaba ikomeje gutera imbere.

Yakomeje agira ati “Turishimira ko tukiri ku isonga mu mabanki yose mu Rwanda. Mu kwakira amafaranga, mu gutanga inguzanyo mu mishinga minini, mu gutanga imisoro, mu kubona inyungu, turi imbere mu Rwanda. Mu mwaka ushize wa 2017, BK Group yungutse miliyari 23.3 Frw.”

Yijeje abanyamigabane ko ubuyobozi buzakomeza gukora ibishoboka kugira ngo inyungu ikomeze kuzamuka.

Iyi nama y’inteko rusange yanemeje ko abanyamigabane bagomba guhabwa ku nyungu yabonetse kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017 ingana na 13.85 Frw ku mugabane, azishyurwa bitarenze tariki 30 Kamena 2018.

Kugeza mu Ukuboza 2017, BK Group yari igeze ku mutungo mbumbe wa miliyari 727.2 Frw.

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.
Amakuru

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru