• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Editorial 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kahololo ko muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo barashima inyeshyamba z’Abarundi ngo zimaze gushinga imizi muri iki gice kegereye Umujyi wa Uvira, mu gihe abandi bahangayikishijwe n’izi nyeshyamba zikomeje kugenda ziyongera.

Abaturage bavuganye na Ijwi rya Amerika bemeje ko abenshi muri izi nyeshyamba ari abo mu mutwe wa Red Tabara ufite ibirindiro mu duce twa Kiryama, Mugabo na Gifuni.

Abanyamakuru ba Ijwi rya Amerika bagerageje kwinjira mu birindiro by’uyu mutwe wa Red Tabara ariko abarwanyi b’uyu mutwe barababuza ndetse bananga kugira icyo batangaza ku kijyanye na gahunda bafite ndetse no ku mishyamirano iherutse guhuza uyu mutwe n’undi witwa Forebu nawo urwanya ubutegetsi bw’u Burundi kuwa 09 Gicurasi, ikagwamo abantu batandatu.

Nta mubare w’abarwanyi b’Abarundi babarizwa muri Uvira wamenyekanye, ariko amakuru yizewe yakuwe aha hantu akaba avuga ko habarizwa imitwe igera kuri 3 irwanya ubutegetsi mu Burundi ari yo; Red Tabara, Forebu na FNL ya Nzabampema.

Nubwo izi nyeshyamba zanze ko binjira mu birindiro byazo, Ijwi rya Amerika ngo ryazisanze mu isoko ryo ku Kiryama aho zikunze kujya guhahira zambaye imyenda y’imbeho zifite imisatsi n’ubwanwa byinshi ndetse n’ibyombo byo guhamagarana zivuga ko zibanye neza n’abaturage kuko nta matungo yabo zinyaga cyangwa ngo zisahure imyaka mu mirima yabo.

Ibintu binemezwa na bamwe muri abo baturage b’Abanyekongo barema isoko ry’ahitwa mu Buzuke.

Umwe muri aba baturage yagize ati: “Tubanye n’inyeshyamba z’Abarundi. Bahamaze igihe cy’amezi agera kuri 6 cyangwa 7. Barahagera, bagasuhuza abantu neza. Baraza baba baje aha ku masoko bakagura ibishyimbo, bakagura ibigori..bakagura ibintu byose n’amavuta yo kubiteka. Barangiza bakagenda mu cyubahiro cyabo neza baganira n’umuntu neza..”

Aba ngo bakaba baturuka ahitwa ku Kiryama, ahitwa Mugabo, n’ahitwa Gifuni.

Umuyobozi w’agace ka Kahololo, Budito Gakanga, nawe aremeza ko babanye neza n’izi nyeshyamba z’Abarundi ziri ku kiryama kuko ngo iyo bashatse kugura inka zo kubaga bazisaba abaturage. Uyu yongeraho ko basabye izi nyeshyamba kutazajya zijya mu isoko zitwaje imbunda mu rwego rwo kwirinda ko zishobora kurwanira mu isoko n’indi mitwe y’inyeshyamba.

Uyu muyobozi ati: “Ntacyo tubagiriza kibi ntacyo bari bakorera abaturage.”

Nubwo izi nyeshyamba ngo zinjira mu isoko nta mbunda zitwaje, hari izindi zisigara nko mu kirometero zizifite. Abaturage batuye mu gace ka Kigoma na Kahololo bakavuga ko batewe impungenge n’imitwe y’inyeshyamba z’Abarundi ibazengurutse dore ko ngo muri iki gice nta ngabo za leta ziharangwa.

Aba baturage bakaba bafite impungenge z’uko amafaranga izi nyeshyamba zikoresha nashira zizabadukamo zikigarurira imirima n’amatungo yabo.

 

2018-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Editorial 15 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Editorial 15 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Editorial 15 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Editorial 11 Sep 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    May 31, 20186:11 pm -

    ARIKO UZIKO AMATWI NUBWENGE BYANYU BICURAMYE KANDI BYUZUYEMO IBITI!!!! KUKI MUTUMVAKO KWIVANGA NUBUSWA BWINSHI KUVUGA NABI U BURUNDI NO KUGERAGEZA GUTEKINIKA MWEREKANAKO ABANZI BUBURUNDI ARI BEZA ? MURISABYA NTA BANYAMAKURU MURIMWO NAGATO URETSE AMATIKU NURWANGO NINZIGO!!!!KUKI ABATUTSI MWISHWE NURWANGO NINZIGO KUBAHUTU NUBUTEGETSI BWABAHUTU MBEGA MUZIKO MURI 15% ?
    NTAWUTAZIKO U RWANDA RURI INYUMA YIZO NYESHAMBA ARIKO MUZAHORE MWIBUKA ABO MWOHEREJE MU CIBITOKI NABO MWOHEREJE MUMYIGARAGAMBYO YA COUP DETA MU BURUNDI ICYO BABAKOREYE HAMWE NA M23 UKO TANZANIA YABAGENJEJE, NTIMWIBAGIRWE!! IBYO NIBYO BIBARINDIRIYE VUBA KAGAME ARI GUTEKINIKA YIBAZA KO ABANDI BASINZIRIYE UTAZUBWENGE ASHIMUBWE, AGAPFA KABURIWE NI ……

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru