• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kahololo ko muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo barashima inyeshyamba z’Abarundi ngo zimaze gushinga imizi muri iki gice kegereye Umujyi wa Uvira, mu gihe abandi bahangayikishijwe n’izi nyeshyamba zikomeje kugenda ziyongera.

Abaturage bavuganye na Ijwi rya Amerika bemeje ko abenshi muri izi nyeshyamba ari abo mu mutwe wa Red Tabara ufite ibirindiro mu duce twa Kiryama, Mugabo na Gifuni.

Abanyamakuru ba Ijwi rya Amerika bagerageje kwinjira mu birindiro by’uyu mutwe wa Red Tabara ariko abarwanyi b’uyu mutwe barababuza ndetse bananga kugira icyo batangaza ku kijyanye na gahunda bafite ndetse no ku mishyamirano iherutse guhuza uyu mutwe n’undi witwa Forebu nawo urwanya ubutegetsi bw’u Burundi kuwa 09 Gicurasi, ikagwamo abantu batandatu.

Nta mubare w’abarwanyi b’Abarundi babarizwa muri Uvira wamenyekanye, ariko amakuru yizewe yakuwe aha hantu akaba avuga ko habarizwa imitwe igera kuri 3 irwanya ubutegetsi mu Burundi ari yo; Red Tabara, Forebu na FNL ya Nzabampema.

Nubwo izi nyeshyamba zanze ko binjira mu birindiro byazo, Ijwi rya Amerika ngo ryazisanze mu isoko ryo ku Kiryama aho zikunze kujya guhahira zambaye imyenda y’imbeho zifite imisatsi n’ubwanwa byinshi ndetse n’ibyombo byo guhamagarana zivuga ko zibanye neza n’abaturage kuko nta matungo yabo zinyaga cyangwa ngo zisahure imyaka mu mirima yabo.

Ibintu binemezwa na bamwe muri abo baturage b’Abanyekongo barema isoko ry’ahitwa mu Buzuke.

Umwe muri aba baturage yagize ati: “Tubanye n’inyeshyamba z’Abarundi. Bahamaze igihe cy’amezi agera kuri 6 cyangwa 7. Barahagera, bagasuhuza abantu neza. Baraza baba baje aha ku masoko bakagura ibishyimbo, bakagura ibigori..bakagura ibintu byose n’amavuta yo kubiteka. Barangiza bakagenda mu cyubahiro cyabo neza baganira n’umuntu neza..”

Aba ngo bakaba baturuka ahitwa ku Kiryama, ahitwa Mugabo, n’ahitwa Gifuni.

Umuyobozi w’agace ka Kahololo, Budito Gakanga, nawe aremeza ko babanye neza n’izi nyeshyamba z’Abarundi ziri ku kiryama kuko ngo iyo bashatse kugura inka zo kubaga bazisaba abaturage. Uyu yongeraho ko basabye izi nyeshyamba kutazajya zijya mu isoko zitwaje imbunda mu rwego rwo kwirinda ko zishobora kurwanira mu isoko n’indi mitwe y’inyeshyamba.

Uyu muyobozi ati: “Ntacyo tubagiriza kibi ntacyo bari bakorera abaturage.”

Nubwo izi nyeshyamba ngo zinjira mu isoko nta mbunda zitwaje, hari izindi zisigara nko mu kirometero zizifite. Abaturage batuye mu gace ka Kigoma na Kahololo bakavuga ko batewe impungenge n’imitwe y’inyeshyamba z’Abarundi ibazengurutse dore ko ngo muri iki gice nta ngabo za leta ziharangwa.

Aba baturage bakaba bafite impungenge z’uko amafaranga izi nyeshyamba zikoresha nashira zizabadukamo zikigarurira imirima n’amatungo yabo.

 

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Undi mudepite yarokotse impanuka ikomeye nyuma yo kugongana na Fuso

Uganda: Undi mudepite yarokotse impanuka ikomeye nyuma yo kugongana na Fuso

Ubwanditsi 30 May 2018
Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise

Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    May 31, 20186:11 pm -

    ARIKO UZIKO AMATWI NUBWENGE BYANYU BICURAMYE KANDI BYUZUYEMO IBITI!!!! KUKI MUTUMVAKO KWIVANGA NUBUSWA BWINSHI KUVUGA NABI U BURUNDI NO KUGERAGEZA GUTEKINIKA MWEREKANAKO ABANZI BUBURUNDI ARI BEZA ? MURISABYA NTA BANYAMAKURU MURIMWO NAGATO URETSE AMATIKU NURWANGO NINZIGO!!!!KUKI ABATUTSI MWISHWE NURWANGO NINZIGO KUBAHUTU NUBUTEGETSI BWABAHUTU MBEGA MUZIKO MURI 15% ?
    NTAWUTAZIKO U RWANDA RURI INYUMA YIZO NYESHAMBA ARIKO MUZAHORE MWIBUKA ABO MWOHEREJE MU CIBITOKI NABO MWOHEREJE MUMYIGARAGAMBYO YA COUP DETA MU BURUNDI ICYO BABAKOREYE HAMWE NA M23 UKO TANZANIA YABAGENJEJE, NTIMWIBAGIRWE!! IBYO NIBYO BIBARINDIRIYE VUBA KAGAME ARI GUTEKINIKA YIBAZA KO ABANDI BASINZIRIYE UTAZUBWENGE ASHIMUBWE, AGAPFA KABURIWE NI ……

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda
Mu Mahanga

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda
ITOHOZA

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru