• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu
Umwami Mumbere n'Umwamikazi Ithungu ku Rukiko Rukuru rwa Jinja mu mwaka ushize

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Ubwanditsi 25 Jul 2018 ITOHOZA

Abayobozi b’Ubwami bwa Rwenzururu mu gihugu cya Uganda baravuga ko Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare (CMI) cyagwatiriye telephone zirimo iy’Umwamikazi, Agnes Ithungu n’izindi 2 z’abakozi be bo mu rugo.

Ubwo yavuganaga n’itangazamakuru ku rukiko Rukuru rwa Jinja, Intmwa Nkuru  y’ibwami, Alfred Makasi, yavuze ko izo telephone 3 zagwatiriwe n’abakozi ba CMI kuwa gatatu w’icyumweru gishize.

Aba bakozi ba CMI ngo bakaba barategetswe n’umuyobozi wabo, Brig Abel kandiho, kwinjira mu rugo rw’Umwami Charles Mumbere I Muyenga, mu nkengero za Kampala, mu gicuku. Amakuru ava mu nzego z’umutekano akavuga kko abashinzwe ubutasi binjiye mu rugo rw’umwami bashaka kumenya niba ahari nyuma y’amakuru yavugaga ko yatorotse igihugu.

Bwana Makasi, usanzwe ari n’umujyanama mu by’amategeko w’ibwami, yamaganye igikorwa cya CMI cyo gufatira izo telephone, asaba ko zahita ziubizwa ba nyirazo. Yasabye kandi inzego z’umutekano kujya zibanza kugenzura amakuru zahawe mbere yo kugira icyo zikora.

Uyu yongeyeho ko ayo makuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga y’uko umwami yahunze igihugu ashobora kuba agamije kubyutsa amakimbirane muri Rwenzururu kandi ashobora guhungabanya ibiganiro by’amahoro bikomeje hagati ya guverinoma n’ubwami.

Umwami Mumbere wategetse umunyamategeko w’ibwami kuvuga mu izina rye, yahishuye ko nta gitekerezo afite cyo guhunga akava mu turere 3 twa Kampala, Jinja na Wakiso, aho yategetswe kutarenga nyuma yo gufungurwa agakurikiranwa ari hanze n’Urukiko Rukuru kuwa 06 Gashyantare 2017.

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor irakomeza ivuga ko kuri uyu wa Mbere ushize umwami Mumbere yongeye kwitaba Umucamanza w’Urukiko rukuru rwa Jinja, Eva Luswata ashaka ko bamwongera igihe cyo gukomeza gukurikiranwa adafunze.

Icyo gihe yagaragaye ku rukiko ari kumwe na Minisitiri w’Intebe we, Johnson Thembo Kitsumbire n’abandi bantu 6 bareganwa. Urukiko rukaba rwarongereye iki gihe kugeza ku iitariki 22 Kanama.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, we yanze kwemera ko CMI yagwatiriye telephone zirimo iy’umwamikazi, avuga ko ibyo bivugwa nta shingiro bifite.

Umwami Charles Mumbere n’abantu be 200 bakaba bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo iterabwoba, ubugambanyi, ubwicanyi, ubujura bukabije, kugerageza kwica no kwangiza imitungo y’abandi.

 

2018-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Himbara David na Command1post , Abambari ba Poropaganda za [ fake news ] ikorera muri Uganda ni bamese kamwe

Himbara David na Command1post , Abambari ba Poropaganda za [ fake news ] ikorera muri Uganda ni bamese kamwe

Ubwanditsi 08 May 2019
Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019
Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Uko Umuyobozi w’abarinda Gen. Mudacumura wa FDLR yatawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye
Amakuru

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda
Mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru