• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’Ihuriro ry’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda (One UN) basinyanye amasezerano ya miliyoni $630.6, ni ukuvuga asaga miliyari 545 Frw azakoreshwa mu gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere, kugeza mu 2023.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), Fodé Ndiaye, kuri uyu wa 31 Nyakanga 2018.

Ayo mafaranga azatangwa muri gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gufasha u Rwanda mu iterambere, United Nations Development Assistance Plan, UNDAP II. Iyi gahunda irakorera mu ngata indi y’imyaka itanu yageze ku musozo (2013- 2018), yo ikaba yari yagenewe miliyoni $400.

Minisitri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel yavuze ko Umuryango w’Abibumbye wakoranye n’u Rwanda mu igenamigambi ry’ibigomba gukoreshwa ayo mafaranga, bihuzwa na Gahunda ya Guverinoma y’Iterambere y’imyaka irindwi (2017-2024) n’icyerecyezo 2050 u Rwanda rwihaye.

Yagize ati “Umuryango w’Abibumbye ufite amashami menshi mu nzego zitandukanye, ari mu bukungu, ari mu mibereho myiza y’abaturage, ari mu miyoborere, ku buryo iyi gahunda tumaze gusinya n’inkunga ajyanye nayo iboneka muri ibyo bice.”

“Iyi gahunda rero nayo igiye igabanyije muri ibyo bice ndetse amafaranga menshi agera kuri 60% azibanda ku mibereho y’abaturage, agera kuri 23 % ajye mu bikorwa bijyanye n’ubukungu, 9% ajye muri gahunda zo gukomeza kunoza imiyoborere myiza.”

Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yasobanuye ko nubwo muri izo miliyoni 630 $ ayizewe ari 30 % angana na miliyoni $252, andi miliyoni $378 azakusanywa mu baterankunga n’abandi bafatanyabikorwa.

Yagize ati “Hari ahantu hatatu h’ingenzi, aha mbere dukeneye kureba ni abagiraneza bakunda u Rwanda ariko bataraza kuhakorera bari mu bindi bihugu, yaba abari muri Uganda, Nairobi, Dar es Salaam n’ahandi ku Isi.”

Yakomeje avuga ko aha kabiri hakomoka amafaranga ari mu baterankunga barimo ibihugu byashishikarije gutera inkunga ibikorwa by’iterambere muri Afurika, ahandi hakaba mu bikorera barimo n’abagiraneza.

Ndiaye yagaragaje ko muri gahunda ya Loni, yita cyane ku muturage, imiyoborere, demokarasi, uburinganire n’ibindi.

Muri byinshi inkunga ya ONE UN yagiye ishyirwamo mu bihe bishize, Ndiaye yakomoje kuri gahunda yo guhanga imirimo, ati “Nguhaye urugero nko muri gahunda ya Youth Connect twafashije abahanze udushya 660, bahanga imirimo 6000.”

Loni ifite muri gahunda gufasha u Rwanda mu guhanga imirimo mu gihe muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi iri imbere, hateganywa ko hazahangwa imirimo mishya ibyara inyungu igera nibura kuri miliyoni 1.5.

Ndiaye ashima ko imiyoborere y’igihugu ari myiza, ifite icyerecyezo cyiza ndetse no mu bukungu u Rwanda rukaba ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu korohereza ishoramari.

Amashami ya Loni akorera mu Rwanda ashyira ingengo y’imari mu nzego zose zaba iz’ubuzima, uburezi, imibereho myiza y’abaturage, imiyoborere n’izindi.

Uburyo aya mafaranga azakoreshwa mu myaka itanu iri imbere

Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yasobanuye uko miliyoni 630 $ ayizewe ari 30 % angana na miliyoni $252, andi miliyoni $378 azakusanywa mu baterankunga

Abakozi ba One UN mu Rwanda bitabiriye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $630 zizakoreshwa mu iterambere ry’u Rwanda mu myaka itanu

2018-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA  : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga  nyuma y’uko iwe hapfiriye  Umuntu muburyo budasobanutse
ITOHOZA

USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Washington: Kagame yavuze ko  Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]
POLITIKI

Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru