• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), José Graziano da Silva, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kanama 2018.

Graziano yari mu Rwanda aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri yigaga ku ruhare rw’Urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi ku mugabane wa Afurika.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Graziano yagaragaje ko yishimiye guhura na Perezida Kagame ndetse amushimira umuhate afite mu guteza imbere icyaro.

Ati “Nanyuzwe no kongera guhura na Paul Kagame mu ruzinduko rwanjye mu Rwanda, no kubona umuhate we n’imiyoborere nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe mu kwihutisha iterambere ry’icyaro no guhanga imirimo ku rubyiruko rwa Afurika.”

Kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama mpuzamanga yiga ku ruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kurandura inzara muri Afurika, Graziano yavuze ko impamvu urubyiruko rwinshi rutitabira ubuhinzi biterwa n’ ibibazo ruhuriramo nabyo.

Yavuze ko ari akenshi urwagiyemo rudafashwa kwiyungura ubumenyi buhagije, kutabasha kugera ku bigo by’imari, amakuru make, amasoko make n’ibindi.

Graziano yavuze ko Guverinoma zikwiye gufata ingamba zigashyiraho ibikorwa bituma urubyiruko rubona ubuhinzi nk’ahantu habyara inyungu cyane cyane hateza imbere icyaro.

Ati “Tugomba guteza imbere ibice by’icyaro. Ni ukuhashyira serivisi z’ibanze nk’uburezi, ubuzima, umuriro w’amashanyarazi, internet n’ibindi bigaragara mu mijyi minini. Izi serivisi ubwazo ni inkomoko y’imirimo by’umwihariko ku bagore n’urubyiruko.”

Graziano kandi kuri uyu wa kabiri yasuye umushinga w’ubworozi bw’inkoko mu Karere ka Gakenke uterwa inkunga na FAO, umaze guteza imbere abatuye ako gace.

Uyu mushinga wafashije benshi barimo urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye rudafite akazi ndetse n’amashyirahamwe y’abagore batoranyijwe hifashishijwe ubuyobozi mu nzego z’ibanze.

FAO isanzwe itera inkunga u Rwanda muri gahunda z’iterambere zinyuranye cyane cyane inkunga za tekiniki mu by’ubuhinzi, ubuvugizi ku ngamba z’ubuhinzi za Leta y’u Rwanda ndetse no gutanga inama ku micungire y’ubutaka.

Itera inkunga imishinga itandukanye yo kurwanya imirire mibi mu Rwanda aho bafasha abaturage kunoza ibijyanye n’ubworozi ndetse no gukora imirimo yo kubyaza umusaruro ubukungu bubakikije nk’imigano, ibiyaga, ubworozi bw’inzuki n’ibindi.

Perezida Paul Kagame aramutsa José Graziano da Silva uyobora FAO, kuri uyu wa Kabiri

Perezida Kagame yakiriye José Graziano da Silva uyobora FAO aherekejwe na Dr Gerardine Mukeshimana

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Ubwanditsi 13 Oct 2018
DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023
DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi
INKURU NYAMUKURU

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Ubwanditsi 18 Aug 2020
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.
Amakuru

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru