• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni
Kayumba , General Kahinda Otafiire na Perezida Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo mu Rwanda na Uganda, aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yaba afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo Perezida Museveni ubwe ndetse na Minisitiri w’Ubutabera n’ibirebana n’Itegeko Nshinga, Major General Kahinda Otafiire.

Gen. Kahinda Otafiire

Kayumba Nyamwasa yavukiye mu Rwanda akurira mu nkambi y’impunzi muri Uganda, akaba afite impamyabumenyi mu mategeko yakuye muri Kaminuza ya Makelele, yaje kwifatanya na Museveni mu rugamba rwo kubohoza Uganda mu 1986 ndetse muri za 90 akaba yari umusirikare mukuru mu ngabo za Uganda.

Amakuru yizewe avuga y’uko Gen. Kayumba Nyamwasa afitanye umubano wa hafi na murumuna wa Perezida Museveni ariwe Salim Saleh, uyu nawe akaba akorana ubucuruzi bwa magendu na Rujugiro Ayabatwa Tribert ari nawe muterankunga  mukuru wa RNC. Ko ndetse intumwa za  Kayumba zirimo muramu we Frank Ntwali na Ben Rutabana bajya i Kampala, bagakorana inama n’abantu ba FDLR barangiza  bagasubira mu nzu ya gisirikare baba bacumbikiwemo. Hari abibaza ko kuba  Kayumba, afitiwe ikizere na Uganda ari uko Museveni abona U Rwanda nka district yindi ya Uganda.

Mwibuke ko Kayumba Nyamwasa yabaye umukozi wa Uganda kuva kera, Si ibya vuba aha, igiteye isoni  muri uko kugirirwa ikizere, igihe Kayumba yoherezwaga mu turere two mu majyaruguru ya Uganda twa Gulu na Kitgum kuba uwungirije umuyobozi w’ako karere, yibye insyo 50 zisya ibigoli, azishyira mu turere twa Cyazanga na Masaka muri Uganda hagati. Ibi byamenywe n’abantu bakoranaga na Kayumba ni nabo bahaye Rushyashya aya makuru.

Bati : “Birazwi ko inzu Kayumba afite Bugorobi, agace kamwe ka Kampala -Uganda yayihawe na ODONGOKARA nka ruswa. ODONGOKARA uyu yari umuhezanguni w’ishyaka rya UPC”. Aba bakemeza ko ntakindi gihuza Kayumba n’abayobozi ba Uganda uretse urwango, ubujura  na Ruswa. Kuko abenshi mu bayobozi ba Uganda barimo n’abagize urwego rw’ubutasi bwa gilikare [CMI ] basarura iritubutse mu makimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda ari nako batanga amakuru y’ibinyoma ku Rwanda.

Gen. Kayumba Nyamwasa ni umwe mu barwanye intambara y’Inkotanyikuva 1990. Yabaye umugaba mukuru w’ingabo, yayoboye urwego rushinzwe iperereza, yanabaye kandi Ambasaderi w’Urwanda mu Buhinde. Aho yavuye ahungira muri Afurika y’Epfo, kuri ubu akaba yarakatiwe n’inkiko za gisilikare mu Rwanda.

2019-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Editorial 04 Oct 2017
Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Editorial 08 Jun 2018
Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Editorial 27 Aug 2024
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Editorial 07 Sep 2022

4 Ibitekerezo

  1. Hadassah
    January 28, 20194:42 pm -

    Biteye ubwoba se?

    Subiza
  2. Btwenge
    January 28, 20197:31 pm -

    ABAKURI BA FDLR BARAFASHWE
    INGABO ZA NYAMWASA (Kayumba)
    ZACITSEMO IBICE ZIRIBA IBIRYO
    MUNKONO ZABA NYEKONGO
    IBYO NIBYO MWATUBWIYE EJOBUNDI
    NAJYE NDABABWIRA NTI. TUBYÎE
    INTSINZI
    NONE NYAMWASA ARACYARI
    NYAMWASA AGARUTSATE
    NONEHO HAJEMO AMAZIMWE
    NKAYABAGORE
    UWANYEREKA UWO KAYUMBA
    UBAVUGISHA AMANGAMBURE
    NAHUBUNDI M7 YABANYE NABANYARWANDA BESHI KANDI NUBU
    MBONA TWASHAKA UBURYO
    TWAVUGURURA UMUBANO
    AHO KWIRIRWA MUMAZIMWE
    NKABANA

    Subiza
    • Sunday
      January 28, 20198:51 pm -

      Mwese guhera kuri kagome ndabona ntabwenge

      Subiza
  3. Sacyega
    January 30, 20193:36 pm -

    Aya makuru ntawayemera kuko umunyamakuru ntiyerekana aho yayakuye, ntabwo ibi ari umwuga , ikindi aba basirikare bari munkotanyi kera bakwiye kumvikana, aho kwiha rubanda baryana, kuko gufata Igihugu byarabaruhije, bakabana mu mahoro, kuko hari n’abatakivugwa abandi bari mu magereza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
Mu Rwanda

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 30 Aug 2017
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid
Amakuru

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Editorial 18 Mar 2022
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu
ITOHOZA

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Editorial 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru