• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ubwanditsi 04 Mar 2019 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda,Dr Richard Sezibera yatangaje impamvu eshatu zikomeje gutuma umubano n’igihugu cya Uganda uzamba.

Min. Sezibera avuga ko umubano hagati y’ibihugu byombi wazambye ku kigero cy’aho nta cyizere ku mutekano w’Abanyarwanda bajya cyangwa baba muri Uganda.

Aganira n’ikinyamakuru The New Times, Sezibera yongeye gushimangira ko Abanyarwanda yise abadafite ibyo bajya gukora muri Uganda byihuse baba bahinnye akarenge ko kujya muri iki gihugu.

Mu mpamvu eshatu yatangaje, Sezibera yavuze ko umubano w’ibihugu byombi wazahajwe ahanini n’ibyo yise ihutazwa ry’uburenganzira bwa muntu muri Uganda, umutekano w’u Rwanda n’imikorere idahwitse mu bijyanye n’Ubucuruzi.

Ati “ Kuri ubu ibibazo Abanyarwanda bari guhurira nabyo muri Uganda ni bitatu. Icya mbere kandi cy’ingenzi ni uko batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo no gutotezwa. Abadakorewe ibi, barirukanwa ku mpamvu tutumva. Iki ni ikibazo twamenyesheje kenshi Uganda mu nzego zayo zitandukanye.  Iyo ni imbogamizi imwe.”

Min. Sezibera yagarutse ku mitwe irwanya Leta avuga ko ikorera muri Uganda.

“ Imbogamizi ya kabiri, ni ikibazo nanone twamenyesheje Leta ya Uganda, ni imitwe yitwaje intwaro irwanya Leta y’u Rwanda ifite imigambi yo kugirira nabi u Rwanda ikorera muri Uganda.Abantu bayihagarariye; RNC, bamwe mu bagize umutwe wa FDLR n’abandi. Iyi ni imitwe yakoze ibyaha hano mu Rwanda ikaba iri muri Uganda.”

Muri iki kiganiro kandi Sezibera yavuze ko hari ikibazo mu bijyanye no kwambutsa ibicuruzwa by’u Rwanda hifashishijwe Uganda.

Ati “  Icya gatatu ni ikijyanye no kwambutsa ibicuruzwa by’u Rwanda binyuze ku butaka bwa Uganda. U Rwanda ni igihugu kidakora ku nyanja. Dukoresha icyambu cya Mombasa. Higeze kubaho ikibazo, ibicuruzwa bivuye mu Rwanda bimara amezi [nta vuga umubare wayo] ku butaka bwa Uganda, nta mpamvu yumvikana ihari. Nyuma byaje kurekurwa ariko hari imbogamizi.”

Uyu muyobozi yemeza ko kugeza ubu izi mbogamizi eshatu ari zo bahanganye nazo.

Avuga ko ibihugu byombi byaganiriye kuri ibi bibazo ariko u Rwanda rukaba rubona ntacyo byatanze.

Ku ruhande rwa Uganda, Ingingo y’Abanyarwanda batabwa muri yombi, bagakorerwa iyicarubozo no gutotezwa, yigeze gutangaza ko nta we utabwa muri yombi ntacyo ashinjwa.

Kugeza ubu ntacyo iratangaza niba koko itera inkunga imitwe yitwaje intwaro igambiriye gutera u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda watangiye kuzamo urunturuntu mu Kwakira 2017. Icyo gihe hari hatangiye ifatwa n’ifungwa ry’Abanyarwanda bashinjwaga gushimuta impunzi zikomoka mu Rwanda zahahungiye.

Kuri ubu, nk’uko Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda aherutse kubitangaza yifashishije twitter, hari Abanyarwanda basaga 40 muri gereza zo muri Uganda naho abasaga 800 bamaze kwirukanwa ku butaka bw’iki gihugu mu gihe cy’imyaka ibiri ishize.

2019-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Ubwanditsi 02 Apr 2020
Tumenye  bamwe mu barwanya  Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda n’uko bakora ( Igice 15 )

Ubwanditsi 09 May 2016
Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel
ITOHOZA

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yatangaje ko yongereye amasezerano Muhire Kevin inasinyisha rutahizamu w’umunya-Brazil Chrismar Malta Soares

Ubwanditsi 17 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru