• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019 POLITIKI

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019, ubwo u Rwanda ruzaba rwunamira ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron aramutse asuye u Rwanda, yaba ari indi ntambwe mu mubano w’ibihugu byombi wagiye ugaragaza ibimenyetso byo gutera imbere cyane cyane ku buyobozi bwa perezida Macron.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru kivuga ko gifite amakuru avugako mu ntangiriro z’iki cyumweru ari bwo u Rwanda rwagejeje ubutumire kuri perezida w’u Bufaransa, bumusaba kuzifatanya n’abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uruzinduko rwa Perezida Macron ruramutse rubaye, rwaba ari urw’amateka kuko yaba abaye perezida wa kabiri w’u Bufaransa nyuma ya Jenoside usuye u Rwanda, akaba yaba akurikira Francois Sarkozy wasuye u Rwanda mu 2010.

Perezida Kagame aheruka mu Bufaransa mu Gushyingo 2018, ubwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mahoro (Forum International de la Paix), inama yanarangiye bikavugwa ko Perezida w’u Rwanda yanatumiye mugenzi we w’u Bufaransa mu Rwanda mu ntangiriro za 2019.

Mu 2017, ubwo perezida Macron yari amaze igihe gito atowe, Perezida Kagame yabajijwe na Jeune Afrique icyo atekereza kuri perezida mushya w’u Bufaransa abasubira muri aya magambo.

“Turizera ko hari imikorere mishya izabaho ku buyobozi bwa Perezida Macron, nko gushyira akadomo ku myaka ishize y’urujijo.”

Ubwo u Rwanda rwasabaga u Bufaransa ijwi mu matora y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, Perezida Macron yarushyigikiye atajuyaje.

Yavuze ko umutima wa Francophonie uri muri Afurika bityo, kandidatire iyo ariyo yose yaturuka kuri uyu mugabane ari yo yaba ifite agaciro kanini.

Yagize ati “Mushikiwabo avuga neza ururimi rw’Igifaransa mu gihugu kiyoborwa na Perezida ukunze gukoresha Icyongereza. Ikindi, kimwe cya kabiri muri iki gihugu kugeza magingo aya baracyakoresha Igifaransa, bitandukanye n’ibyo benshi bajya kuvuga. Iki gihugu ni kimwe mu bigize Francophonie mu buryo bweruye… ni yo mpamvu nzamushyigikira.”

Src : KT

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?
INKURU NYAMUKURU

Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?

Ubwanditsi 17 Apr 2019
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda
Amakuru

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru