• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019 HIRYA NO HINO, ITOHOZA

Itsinda ry’abanyamategeko bo muri Uganda, ryagaragaje urutonde rw’abanyarwanda basaga 10 rimaze kumenya neza ku bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bagakorerwa iyicarubozo, bitandukanye n’ibyo icyo gihugu giheruka gutangaza binyuze muri Minsiitiri w’Ubutabera, Maj Gen Kahinda Otafiire.

Ni urutonde rwatangajwe kuri uyu wa Mbere mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Kampala, nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Ni mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Uganda utifashe neza, aho u Rwanda rukomeje gushinja Uganda gutoteza abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, ndetse ruheruka gusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda kugeza igihe ikibazo kizakemukira.

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, bavuze ko ibi birego Uganda ihakana byatangiye kujya ahabona ku wa 6 Kanama 2017 ubwo Rene Rutagungira yatabwaga muri yombi, akabanza gufungirwa ahantu hatazwi mu gihe kirenga amezi abiri mbere yo kugezwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare.

Bagarutse ku rutonde rw’Abanyarwanda bafunzwe mu buryo bubi hakarenga amasaha 48 batarashyikirizwa Ubushinjacyaha, abandi bagafungirwa muri kasho zidateganywa n’amategeko nko mu kigo cy’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare ahitwa Mbuya.

Aba banyamategeko banagarutse ku mazina y’abagiye bafungwa barimo Rutagungira, Claude Iyakaremye, Emmanuel Rwamucyo, Augustin Rutayisire, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza.

Banakomoje ku rindi tsinda ry’abanyarwanda batawe muri yombi mu minsi ishize, bamazwa ibyumweru muri kasho mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yo kubapakira imodoka bakajugunywa ku mupaka w’uRwanda, batagejejwe imbere y’urukiko.

Abo ni Fidel Gatsinzi, Dianne Kamikazi, Jessica Muhongerwa, Dianne Kamashazi, Freddy Turatsinze, Emmanuel Cyemayire na Herbert Munyangaju.

Aba banyamategeko banavuze ko uwitwa Emmanuel Rwamucyo, we ubwo yafatwaga abasirikare bamwambuye miliyoni 500 z’amashilingi yari afite.

Moses Ishimwe Rutare

Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda aho usanga akenshi bahita bashyirwaho ibirego by’uko bafatanywe intwaro, kugira ngo inzego z’umutekano zikunde zibatoteze.

Mu gihe Uganda yavugaga ko nta banyarwanda ifunze binyuranyije n’amategeko, kuri uyu wa Mbere nibwo Moses Ishimwe Rutare yagejejwe imbere y’urukiko rwa Nakawa, ashinjwa ibyaha birimo kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yaje kurekurwa by’agateganyo amaze gutanga ingwate ya miliyoni 2 z’amashillingi ya Uganda.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gutera inkunga abagamije kuruhungabanyiriza umutekano barimo FDLR n’umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Mu ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje ku bayobozi mu mwiherero wari umaze iminsi i Gabiro, yavuze ko yagerageje kuganira na Perezida Museveni kuri ibi bibazo, ariko undi ntabishyiremo imbaraga.

2019-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Himbara  ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Apr 2019
Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Hitezwe iki ku nama hagati ya Perezida Kagame na Museveni ibera I Gatuna kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Ubwanditsi 13 May 2019
Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Ubwanditsi 12 May 2018
RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi
HIRYA NO HINO

RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

Ubwanditsi 27 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru