• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Editorial 15 Mar 2019 IMIKINO

Arsenal ni imwe mu makipe umunani yaraye abonye itike yo gukina imikino ya ¼ cya Europa League ubwo yasezereraga Stade Rennais iyitsinze ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura, ni nyuma y’uko basabwaga nibura itsinzi ya 2-0.

Mbere uyu mukino, abenshi bibazaga niba koko Arsenal ishobora gusezerera iyi kipe yo mu Bufaransa yari yayitsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza. Kongera kwakira rutahizamu Alexandre Lacazette wagabanyirijwe ibihano kubera ikarita itukura yabonye, agasiba imikino ibiri gusa, na byo byahaye imbaraga iyi kipe yo mu Bwongereza yari imbere y’abafana bayo.

Arsenal yatangiye umukino iri hejuru, isatira bikomeye ikipe ya Rennes. Ntabwo ibirori kuri Emirates Stadium byatinze kuko ku munota wa kane gusa, Pierre-Emerick Aubameyang yafunguye amazamu ku mupira wari uturutse mu ruhande rw’iburyo uhinduwe na Mesut Özil, usanga Aaron Ramsey wawukozeho gato, maze Aubameyang akozaho ikirenge ujya mu izamu.

Mu minota 15 gusa, Arsenal yari imaze gukora ibyo isabwa kugira ngo ikomeze muri ¼ cya Europa League dore ko Maitland-Niles yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wahinduwe na Aubameyang, ashyiraho umutwe, umunyezamu wa Rennes Tomas Koubek ntiyagira icyo abasha kubikora.

Stade Rennes yagerageje gusatira Arsenal mu gice cya kabiri, bateye umupira mu izamu ugarurwa n’ipoto mu gihe ubundi buryo bwinshi babonye bwagiye busubizwa inyuma n’umusifuzi wo ku ruhande wavugaga ko baraririye.

Kwinjiza mu kibuga abakinnyi barimo Henrikh Mkhitaryan na Alex Iwobi, byongereye imbaraga Arsenal yari mu rugo, iza no kubona igitego cya gatatu ku munota wa 72 gitsinzwe na Aubameyang ku mupira wahinduwe na Sead Kolasinac.

Mu minota ya nyuma, Aubameyang yahawe imipira ibiri yashoboraga gutsinda na none, ariko agerageje kuroba umunyezamu Koubek, yombi ijya hanze. Umukino warangiye Arsenal ikomeje ku bitego 4-3.

Mu yindi mikio yabaye, Olivier Giroud yafashije Chelsea gukomeza muri ¼ cy’iri rushanwa rya Europa League, banyagira Dynamo Kyiv bayisanze iwayo ibitego 5-0. Giroud yatsinzemo ibitego bitatu, Callum Hudson-Odoi na Marcos Alonso batsinda ibindi. Chelsea yari yatsinze ibitego 3-0 mu mukino ubanza.

Uko imikino ya 1/8 cya Europa League yarangiye

Arsenal 3-0 Rennes (agg: 4-3)

Benfica 3-0 Dinamo Zagreb (aet, agg: 3-1)

Dynamo Kyiv 0-5 Chelsea (agg: 0-8)

Internazionale 0-1 Frankfurt (agg: 0-1)

Krasnodar 1-1 Valencia (agg: 2-3)

Salzburg 3-1 Napoli (agg: 3-4)

Slavia Praha 4-3 Sevilla (aet, agg: 6-5)

Villarreal 2-1 Zenit (agg: 5-2)

Amakipe yakomeje ari yo: Arsenal na Chelsea (mu Bwongereza) , Napoli (mu Butaliyani), Villarreal (Espagne), Benfica (Portugal), Valencia (Espagne), Slavia Praha (Repubulika ya Tcheque) na Frankfurt (mu Budage) ziramenya uko zizahura muri ¼ nyuma ya tombora iba kuri uyu wa Gatanu i Nyon mu Busuwisi guhera saa 14:00.

 

Arsenal yizeye ko ishobora gukomeza hakiri kare

 

Aubameyang ukomoka muri Gabon, akimara gutsinda igitego cya gatatu yambaye masike anishimira igitego mu buryo bwa Wakanda Forever

 

Aubameyang wishimiye igitego mu buryo bwa Wakanda muri filimi ya Black Panther, yahise aza gushimirwa na bagenzi

 

Aubameyanga yafunguye amazamu ku munota wa kane w’umukino

 

Giroud na Willian bishimira igitego cya gatatu

 

Hatem Ben Arfa wakiniye Newcastle yari yagarutse mu Bwongereza ari kumwe n’ikpe ya Rennes

 

Igitego cya kabiri cyashegeshe abakinnyi ba Rennes kuko ku munota wa 15 bari bamaze gusezererwa n’ubwo umukino wari ugikomeza

 

Julien Stephan utoza Rennes na Unai Emery wa Arsenal basuhuzanya

 

Maitland-Niles atsinda igitego cya kabiri cya Arsenal n’umutwe

 

Mesut Ozil aserebeka kugira ngo atware umupira Clement Grenier wa Rennes

 

Olivier Giroud yatsinze igitego cya gatatu mu mukino ku mupira wari utewe na Willian ahana ikosa

Src : IGIHE

2019-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Editorial 08 Jan 2016
CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Editorial 20 Jan 2018
Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Editorial 08 Jan 2016
CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Editorial 20 Jan 2018
Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Editorial 08 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru