• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 25 ishize Abanyarwanda bagerageje kubaka igihugu aho abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batibona nk’abatawe ahubwo bisanga mu muryango.

Ni amagambo yagarutseho ku wa 14 Mata 2019 ubwo yifatanyaga n’abakirisitu b’Itorero rya Saddleback riherereye muri Leta ya California mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Saddleback Church iyoborwa na Pasiteri Rick Warren, uri mu nshuti zikomeye z’u Rwanda kuva mu myaka irenga 15 ishize.

Perezida Kagame mu kiganiro yahuriyemo na Pasiteri Rick Warren cyagarutse ku nsanganyamatsiko ivuga ku “Guhangana n’ingaruka z’ihungabana- Recovering From Traumatic Experiences.’’

Pasiteri Rick yavuze ko “Twifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ngo ibyabaye bitazigera byibagirana. Bigomba guhora byibukwa.’’

Uyu muvugabutumwa yavuze uko u Rwanda rwashoboye kwiyubaka ruvuye mu bihe bikomeye by’ihungabana.

Yifashishije ibyiciro uhangana n’ihungabana anyuramo nko kwemera gufashwa n’abandi, Pasiteri Rick yabajije Perezida Kagame ibanga ry’u Rwanda muri urwo rugendo.

Umukuru w’Igihugu yamusubije ko “Twagize ibyago bikomeye aho abantu barenga miliyoni bishwe. Buri muntu yari afite umutwaro n’ibibazo agomba guhangana na byo. Icyo twatangiriyeho kwari uguhanga uburyo bufasha abantu kumva ko batari bonyine.’’

Yakomeje avuga ko “Twubatse uburyo butuma abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biyumva nk’abatakaje byinshi ariko byose ntibyatakaye. Hari abandi bakeneye kubana na bo no gusangira umubabaro. Ni ho twatangiriye.’’

Umugambi wo gutegura Jenoside yashegeshe u Rwanda wacuzwe by’igihe kirekire wasize igihugu cyaracitsemo ibice, aho politiki yigishije abantu ko bagomba kwangana.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu kwiyubaka, u Rwanda rwashatse uburyo bwo kwihuza nk’umuryango uhuriyemo abantu batandukanye ariko bahuje intego.

Ati “Twagerageje kubwira abarokotse ko bashobora guhitamo umuryango bagerageje kubaka mu gihugu ndetse bakarema ahazaza hafite ubuzima bwiza kuruta ubwo babagamo mu myaka yashize.’’

Rick Warren yavuze ko ihungabana ridakwiye kuba ikosa ry’umuntu, ngo rimurange cyangwa rigene ahazaza he.

Abajijwe ku miyoborere y’igihugu cyahungabanye, Perezida Kagame yavuze ko “Turabizi ko udashobora gutegeka amarangamutima. Uburyo bwiza bwo kubikora, ni ugushyira imbaraga mu bikorwa ku buryo umuntu abona ibintu byabaye, ukuri kugatangira kwigaragaza.’’

Perezida Kagame yavuze ko iyo igihugu gishora imari mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuzima, inyubako no kwita ku muryango wari wahungabanye bigaragaza ko witaweho ndetse hari icyizere cyo kubaho.

Nyuma y’inyandiko ya Pasiteri Warren ifite umutwe ugira uti “The Purpose Driven Life” u Rwanda rwasabye itorero rya Saddleback kohereza abayoboke baryo mu Rwanda nk’igihugu kiyobowe n’intego. Hahise hanatangizwa “Peace Plan” igamije kubiba amahoro mu Rwanda no mu basenga Imana.

Peace Plan iri ku Isi hose igamije guteza imbere ubwiyunge, gufasha abayobozi, abakene, abarwayi no kwigisha urubyiruko rw’ahazaza.

Kuva yatangizwa ku butumire bwa Perezida Kagame mu 2003, Itorero rya Saddleback ryohereje abakirisitu baryo barenga 26 000 mu bihugu 197; barimo abasaga 2800 banyuze mu Rwanda.

Mu bikorwa byabo, bakoze gahunda zirenga 400 zirimo guhugura abaganga, gukorana n’abahinzi, abacamanza n’abapasiteri ndetse n’abandi.

Amafoto: Village Urugwiro

Inkuru ya IGIHE

2019-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019
Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Editorial 07 Feb 2018
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 15 Feb 2023
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire
Mu Rwanda

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Editorial 11 Oct 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru