• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 25 ishize Abanyarwanda bagerageje kubaka igihugu aho abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batibona nk’abatawe ahubwo bisanga mu muryango.

Ni amagambo yagarutseho ku wa 14 Mata 2019 ubwo yifatanyaga n’abakirisitu b’Itorero rya Saddleback riherereye muri Leta ya California mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Saddleback Church iyoborwa na Pasiteri Rick Warren, uri mu nshuti zikomeye z’u Rwanda kuva mu myaka irenga 15 ishize.

Perezida Kagame mu kiganiro yahuriyemo na Pasiteri Rick Warren cyagarutse ku nsanganyamatsiko ivuga ku “Guhangana n’ingaruka z’ihungabana- Recovering From Traumatic Experiences.’’

Pasiteri Rick yavuze ko “Twifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ngo ibyabaye bitazigera byibagirana. Bigomba guhora byibukwa.’’

Uyu muvugabutumwa yavuze uko u Rwanda rwashoboye kwiyubaka ruvuye mu bihe bikomeye by’ihungabana.

Yifashishije ibyiciro uhangana n’ihungabana anyuramo nko kwemera gufashwa n’abandi, Pasiteri Rick yabajije Perezida Kagame ibanga ry’u Rwanda muri urwo rugendo.

Umukuru w’Igihugu yamusubije ko “Twagize ibyago bikomeye aho abantu barenga miliyoni bishwe. Buri muntu yari afite umutwaro n’ibibazo agomba guhangana na byo. Icyo twatangiriyeho kwari uguhanga uburyo bufasha abantu kumva ko batari bonyine.’’

Yakomeje avuga ko “Twubatse uburyo butuma abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biyumva nk’abatakaje byinshi ariko byose ntibyatakaye. Hari abandi bakeneye kubana na bo no gusangira umubabaro. Ni ho twatangiriye.’’

Umugambi wo gutegura Jenoside yashegeshe u Rwanda wacuzwe by’igihe kirekire wasize igihugu cyaracitsemo ibice, aho politiki yigishije abantu ko bagomba kwangana.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu kwiyubaka, u Rwanda rwashatse uburyo bwo kwihuza nk’umuryango uhuriyemo abantu batandukanye ariko bahuje intego.

Ati “Twagerageje kubwira abarokotse ko bashobora guhitamo umuryango bagerageje kubaka mu gihugu ndetse bakarema ahazaza hafite ubuzima bwiza kuruta ubwo babagamo mu myaka yashize.’’

Rick Warren yavuze ko ihungabana ridakwiye kuba ikosa ry’umuntu, ngo rimurange cyangwa rigene ahazaza he.

Abajijwe ku miyoborere y’igihugu cyahungabanye, Perezida Kagame yavuze ko “Turabizi ko udashobora gutegeka amarangamutima. Uburyo bwiza bwo kubikora, ni ugushyira imbaraga mu bikorwa ku buryo umuntu abona ibintu byabaye, ukuri kugatangira kwigaragaza.’’

Perezida Kagame yavuze ko iyo igihugu gishora imari mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuzima, inyubako no kwita ku muryango wari wahungabanye bigaragaza ko witaweho ndetse hari icyizere cyo kubaho.

Nyuma y’inyandiko ya Pasiteri Warren ifite umutwe ugira uti “The Purpose Driven Life” u Rwanda rwasabye itorero rya Saddleback kohereza abayoboke baryo mu Rwanda nk’igihugu kiyobowe n’intego. Hahise hanatangizwa “Peace Plan” igamije kubiba amahoro mu Rwanda no mu basenga Imana.

Peace Plan iri ku Isi hose igamije guteza imbere ubwiyunge, gufasha abayobozi, abakene, abarwayi no kwigisha urubyiruko rw’ahazaza.

Kuva yatangizwa ku butumire bwa Perezida Kagame mu 2003, Itorero rya Saddleback ryohereje abakirisitu baryo barenga 26 000 mu bihugu 197; barimo abasaga 2800 banyuze mu Rwanda.

Mu bikorwa byabo, bakoze gahunda zirenga 400 zirimo guhugura abaganga, gukorana n’abahinzi, abacamanza n’abapasiteri ndetse n’abandi.

Amafoto: Village Urugwiro

Inkuru ya IGIHE

2019-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019
Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Ubwanditsi 04 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sinigeze nkora imibonano mpuzabitsina na Radio-ZOENA
SHOWBIZ

Sinigeze nkora imibonano mpuzabitsina na Radio-ZOENA

Ubwanditsi 30 Jul 2018
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Mu Rwanda

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru