• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Ubwanditsi 08 Jul 2019 IMIKINO

Madagascar iri gukina Igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere, yaraye igeze muri ¼ isezereye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iyitsinze kuri penaliti 4-2 ubwo amakipe yombi yari amaze kunganya ibitego 2-2 mu mukino wa 1/8 wabaye kuri iki Cyumweru. Algérie na yo yakomeje imaze gutsinda Guinée ibitego 3-0.

Marcel Tisserand na Yannick Bolasie bahushije penaliti ebyiri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izindi zinjizwa na Cédric Bakambu na Paul José Mpoku mu gihe Madagascar yatsindiwe na Ibrahim Samuel Amada, Romain Metanire, Thomas Fontaine na Jérôme Mombris.

Amakipe yombi yagiye muri za penaliti nyuma y’uko kapiteni wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Chancel Mbemba yishyuye igitego cya kabiri igihugu cye cyari cyatsinzwe, ku mupira yateresheje umutwe habura umunota umwe ngo umukino urangire, maze hongerwaho indi minota 30 itagize icyo itanga.

Madagascar irimo abakinnyi nka Anicet Andrianantenaina, yatangiye umukino isatira ndetse ifite icyizere nyuma yo kuzamuka iyoboye itsinda B ryarimo amakipe nka Nigeria n’u Burundi mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yazamutse iri mu makipe ane yabaye aya gatatu yitwaye neza.

Ku munota wa munani gusa, Madagascar yahise ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ibrahim Amada ku mupira yahawe na Lalaina Nomenjanahary ndetse iyi kipe yari imaze kubona ubundi buryo bw’igitego ku mupira w’umuterekano watewe na Carolus Andriamahitsinoro, ukurwamo n’umunyezamu Ley Matampi.

Nyuma y’iminota 12, RDC yungukiye ku gutakaza imipira kw’abakinnyi ba Madagascar, Ngonda Muzinga azamukira mu ruhande rw’ibumoso, ageze imbere ahindura umupira wasanze Cédric Bakambu maze yishyurira Les Léopards.

RDC yashoboraga kuyobora umukino ahagana ku munota wa 30, ariko uburyo bwabonywe na Chancel Mbemba wari uherejwe na Jacques Magoma, ntibwagira icyo butanga.

Madagascar yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77 biturutse kuri Faneva Andriatsima wahawe umupira na Romain Metanire, ariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishyura mu minota y’inyongera ku mupira watewe na Meschack Elia, ushyirwaho umutwe na Chancel Mbemba ku munota wa nyuma w’inyongera, maze hitabazwa indi minota 30 itagize icyo itanga, haterwa penaliti.

Ubwo yari amaze gusezererwa, umutoza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Florent Ibenge, yashimiye Madagascar, avuga ko abakinnyi be bakinnye neza, ariko bitari bihagije.

Ati” Ndashimira Madagascar ikomeje. Ni ikipe nziza kandi yarabigaragaje muri iri rushanwa. Uyu munsi twakoze iyo bwabaga ariko ntabwo byagenze neza. Dutsinzwe n’ikipe nziza kandi bose ndabifuriza amahirwe.”

Undi mukino wabaye, Algérie yatsinze Guinée ibitego 3-0, ikomeza muri ¼. Igice cya mbere cyarangiye Algérie ifite igitego kimwe cyatsinzwe na Mohamed Youcef Belaili. Riyad Mahrez yatsinze icya kabiri ku munota wa 57 naho Adam Ounas atsinda icy’agashinguracumu ku munota wa 82.

Kuri uyu wa Mbere hateganyijwe imikino ibiri isoza 1/8, aho Côte d’Ivoire yisobanura na Mali guhera saa 18:00 mu gihe undi mukino uza guhuza Ghana na Tunisie guhera saa 21:00.

Jacques Magoma wa RDC atakaza umupira kuri Ibrahim Amada wa Madagascar

Umutoza wa RDC Florent Ibenge asuhuzanya na Nicolas Dupuis wa Madagascar mbere y’umukino

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad, Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina na Minisitiri wa Siporo mu Misiri, Ashraf Sobhy barebye uyu mukino

Rayan Raveloson ahanganiye umupira na Youssouf Mulumbu wa RDC

Abakinnyi ba Madagascar bishimira igitego cya Ibrahim Amada.
Source IGIHE

2019-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru

Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru

Ubwanditsi 25 Jan 2016
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje
Amakuru

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024
RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020
U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru