• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Ubwanditsi 08 Jul 2019 IMIKINO

Madagascar iri gukina Igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere, yaraye igeze muri ¼ isezereye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iyitsinze kuri penaliti 4-2 ubwo amakipe yombi yari amaze kunganya ibitego 2-2 mu mukino wa 1/8 wabaye kuri iki Cyumweru. Algérie na yo yakomeje imaze gutsinda Guinée ibitego 3-0.

Marcel Tisserand na Yannick Bolasie bahushije penaliti ebyiri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izindi zinjizwa na Cédric Bakambu na Paul José Mpoku mu gihe Madagascar yatsindiwe na Ibrahim Samuel Amada, Romain Metanire, Thomas Fontaine na Jérôme Mombris.

Amakipe yombi yagiye muri za penaliti nyuma y’uko kapiteni wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Chancel Mbemba yishyuye igitego cya kabiri igihugu cye cyari cyatsinzwe, ku mupira yateresheje umutwe habura umunota umwe ngo umukino urangire, maze hongerwaho indi minota 30 itagize icyo itanga.

Madagascar irimo abakinnyi nka Anicet Andrianantenaina, yatangiye umukino isatira ndetse ifite icyizere nyuma yo kuzamuka iyoboye itsinda B ryarimo amakipe nka Nigeria n’u Burundi mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yazamutse iri mu makipe ane yabaye aya gatatu yitwaye neza.

Ku munota wa munani gusa, Madagascar yahise ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ibrahim Amada ku mupira yahawe na Lalaina Nomenjanahary ndetse iyi kipe yari imaze kubona ubundi buryo bw’igitego ku mupira w’umuterekano watewe na Carolus Andriamahitsinoro, ukurwamo n’umunyezamu Ley Matampi.

Nyuma y’iminota 12, RDC yungukiye ku gutakaza imipira kw’abakinnyi ba Madagascar, Ngonda Muzinga azamukira mu ruhande rw’ibumoso, ageze imbere ahindura umupira wasanze Cédric Bakambu maze yishyurira Les Léopards.

RDC yashoboraga kuyobora umukino ahagana ku munota wa 30, ariko uburyo bwabonywe na Chancel Mbemba wari uherejwe na Jacques Magoma, ntibwagira icyo butanga.

Madagascar yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77 biturutse kuri Faneva Andriatsima wahawe umupira na Romain Metanire, ariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishyura mu minota y’inyongera ku mupira watewe na Meschack Elia, ushyirwaho umutwe na Chancel Mbemba ku munota wa nyuma w’inyongera, maze hitabazwa indi minota 30 itagize icyo itanga, haterwa penaliti.

Ubwo yari amaze gusezererwa, umutoza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Florent Ibenge, yashimiye Madagascar, avuga ko abakinnyi be bakinnye neza, ariko bitari bihagije.

Ati” Ndashimira Madagascar ikomeje. Ni ikipe nziza kandi yarabigaragaje muri iri rushanwa. Uyu munsi twakoze iyo bwabaga ariko ntabwo byagenze neza. Dutsinzwe n’ikipe nziza kandi bose ndabifuriza amahirwe.”

Undi mukino wabaye, Algérie yatsinze Guinée ibitego 3-0, ikomeza muri ¼. Igice cya mbere cyarangiye Algérie ifite igitego kimwe cyatsinzwe na Mohamed Youcef Belaili. Riyad Mahrez yatsinze icya kabiri ku munota wa 57 naho Adam Ounas atsinda icy’agashinguracumu ku munota wa 82.

Kuri uyu wa Mbere hateganyijwe imikino ibiri isoza 1/8, aho Côte d’Ivoire yisobanura na Mali guhera saa 18:00 mu gihe undi mukino uza guhuza Ghana na Tunisie guhera saa 21:00.

Jacques Magoma wa RDC atakaza umupira kuri Ibrahim Amada wa Madagascar

Umutoza wa RDC Florent Ibenge asuhuzanya na Nicolas Dupuis wa Madagascar mbere y’umukino

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad, Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina na Minisitiri wa Siporo mu Misiri, Ashraf Sobhy barebye uyu mukino

Rayan Raveloson ahanganiye umupira na Youssouf Mulumbu wa RDC

Abakinnyi ba Madagascar bishimira igitego cya Ibrahim Amada.
Source IGIHE

2019-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB

Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB

Ubwanditsi 27 Sep 2022
Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025
Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo
Mu Rwanda

Abanyarwanda benshi ntabwo bazi ko hari Ibihugu bemerewe kujyamo badasabwe Viza Dore urutonde rwabyo

Ubwanditsi 25 Aug 2017
U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano
Mu Mahanga

Suzuma amafaranga uhawe ko atari amahimbano

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru